Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino wo kurwana hagati y’abaherwe bari mu batunze agatubutse ku Isi, basanzwe banafite imbuga nkoranyambaga ziyoboye izindi, Mark Zuckerberg na Elon Musk, wavugishihe benshi, umwe muri aba bakire, yagaragaje ko mugenzi we asa nk’uwatangiye gusuna.

Uyu mukino wavugishihe benshi muri Kamena uyu mwaka, ubwo umuherwe Elon Musk yavugaga ko yiteguye gufatana mu mashatsi na mugenzi we Mark Zuckerberg usanzwe we akora iyi mikino mu buryo bwo kwishimisha ndetse nka siporo

Elon Musk, umwe mu baherwe bakomeye, ni we uherutse kugura Urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter, ubu akaba yararuhinduye X, mu gihe Mark Zuckerberg ari nyiri Meta irimo imbuga nkoranyamba nka Facebook.

Gusa uyu mukino wabo wo gukirana, watangiye kunugwanugwa ko uwawutangije atari akomeje, nk’uko byavuzwe na Zuckerberg.

Zuckerberg yavuze ko yatangiye gucika intege kuri uyu mukino wo guhurira mu ruzitiro (cage), nyuma y’uko mugenzi we atabashije kuvuga itariki yifuza ko bazarwaniraho, ahubwo akavuga ko yifuza kubagwa kwa muganga.

Zuckerberg mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Threads rushya ati “Ndakeka twabyemeranyaho ko Elon adakomeje, akaba ari cyo gihe cyo kubihagarika.”

Uyu muherwe akomeza avuga ati “Njyewe ubwanjye namwihereye itariki. Ndetse na Dana White [umuyobozi UFC] yari yemeye ko uyu mukino wemerwa mu nyungu z’ibikorwa byo gufasha.”

Akomeza ati “Elon yanze kwemeza itariki, ahubwo avuga ko akeneye kubagwa, ubu arasaba ko yaza kwitoreza mu gikari cyanjye.”

Ati “Igihe Elon azumva ko akomeje ku itariki ya nyayo ndetse n’igihe umukino uzabera, azi uburyo yangeraho. Naho ubundi njye ndabona igihe kigeze ngo tubihagarike. Ubu nshyize imbaraga mu guhangana n’abantu baha agaciro siporo.”

Ni mu gihe Musk yari aherutse gutanga icyifuzo ko uyu mukino wari kuzabera mu Butaliyani, ndetse ko hari yabivuganyeho na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana

Next Post

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.