Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino wo kurwana hagati y’abaherwe bari mu batunze agatubutse ku Isi, basanzwe banafite imbuga nkoranyambaga ziyoboye izindi, Mark Zuckerberg na Elon Musk, wavugishihe benshi, umwe muri aba bakire, yagaragaje ko mugenzi we asa nk’uwatangiye gusuna.

Uyu mukino wavugishihe benshi muri Kamena uyu mwaka, ubwo umuherwe Elon Musk yavugaga ko yiteguye gufatana mu mashatsi na mugenzi we Mark Zuckerberg usanzwe we akora iyi mikino mu buryo bwo kwishimisha ndetse nka siporo

Elon Musk, umwe mu baherwe bakomeye, ni we uherutse kugura Urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter, ubu akaba yararuhinduye X, mu gihe Mark Zuckerberg ari nyiri Meta irimo imbuga nkoranyamba nka Facebook.

Gusa uyu mukino wabo wo gukirana, watangiye kunugwanugwa ko uwawutangije atari akomeje, nk’uko byavuzwe na Zuckerberg.

Zuckerberg yavuze ko yatangiye gucika intege kuri uyu mukino wo guhurira mu ruzitiro (cage), nyuma y’uko mugenzi we atabashije kuvuga itariki yifuza ko bazarwaniraho, ahubwo akavuga ko yifuza kubagwa kwa muganga.

Zuckerberg mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Threads rushya ati “Ndakeka twabyemeranyaho ko Elon adakomeje, akaba ari cyo gihe cyo kubihagarika.”

Uyu muherwe akomeza avuga ati “Njyewe ubwanjye namwihereye itariki. Ndetse na Dana White [umuyobozi UFC] yari yemeye ko uyu mukino wemerwa mu nyungu z’ibikorwa byo gufasha.”

Akomeza ati “Elon yanze kwemeza itariki, ahubwo avuga ko akeneye kubagwa, ubu arasaba ko yaza kwitoreza mu gikari cyanjye.”

Ati “Igihe Elon azumva ko akomeje ku itariki ya nyayo ndetse n’igihe umukino uzabera, azi uburyo yangeraho. Naho ubundi njye ndabona igihe kigeze ngo tubihagarike. Ubu nshyize imbaraga mu guhangana n’abantu baha agaciro siporo.”

Ni mu gihe Musk yari aherutse gutanga icyifuzo ko uyu mukino wari kuzabera mu Butaliyani, ndetse ko hari yabivuganyeho na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 19 =

Previous Post

Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana

Next Post

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.