Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino wo kurwana hagati y’abaherwe bari mu batunze agatubutse ku Isi, basanzwe banafite imbuga nkoranyambaga ziyoboye izindi, Mark Zuckerberg na Elon Musk, wavugishihe benshi, umwe muri aba bakire, yagaragaje ko mugenzi we asa nk’uwatangiye gusuna.

Uyu mukino wavugishihe benshi muri Kamena uyu mwaka, ubwo umuherwe Elon Musk yavugaga ko yiteguye gufatana mu mashatsi na mugenzi we Mark Zuckerberg usanzwe we akora iyi mikino mu buryo bwo kwishimisha ndetse nka siporo

Elon Musk, umwe mu baherwe bakomeye, ni we uherutse kugura Urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter, ubu akaba yararuhinduye X, mu gihe Mark Zuckerberg ari nyiri Meta irimo imbuga nkoranyamba nka Facebook.

Gusa uyu mukino wabo wo gukirana, watangiye kunugwanugwa ko uwawutangije atari akomeje, nk’uko byavuzwe na Zuckerberg.

Zuckerberg yavuze ko yatangiye gucika intege kuri uyu mukino wo guhurira mu ruzitiro (cage), nyuma y’uko mugenzi we atabashije kuvuga itariki yifuza ko bazarwaniraho, ahubwo akavuga ko yifuza kubagwa kwa muganga.

Zuckerberg mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Threads rushya ati “Ndakeka twabyemeranyaho ko Elon adakomeje, akaba ari cyo gihe cyo kubihagarika.”

Uyu muherwe akomeza avuga ati “Njyewe ubwanjye namwihereye itariki. Ndetse na Dana White [umuyobozi UFC] yari yemeye ko uyu mukino wemerwa mu nyungu z’ibikorwa byo gufasha.”

Akomeza ati “Elon yanze kwemeza itariki, ahubwo avuga ko akeneye kubagwa, ubu arasaba ko yaza kwitoreza mu gikari cyanjye.”

Ati “Igihe Elon azumva ko akomeje ku itariki ya nyayo ndetse n’igihe umukino uzabera, azi uburyo yangeraho. Naho ubundi njye ndabona igihe kigeze ngo tubihagarike. Ubu nshyize imbaraga mu guhangana n’abantu baha agaciro siporo.”

Ni mu gihe Musk yari aherutse gutanga icyifuzo ko uyu mukino wari kuzabera mu Butaliyani, ndetse ko hari yabivuganyeho na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana

Next Post

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Perezida wahiritswe ku butegetsi ibye byageze ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.