Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa akurikiranyweho amanyanga yo kwigabanyisha imyaka ashaka gufungisha umusore babyaranye

radiotv10by radiotv10
09/11/2022
in MU RWANDA
1
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Rulindo, akurikiranyweho inyandiko mpimbano yakoze ashaka kwerekana ko umuhungu babyaranye yamuteye inda ataruzuza imyaka y’ubukure kugira ngo azahabwe ibihano biremereye.

Uyu mukobwa wo mu Mudugudu wa Rugando mu Kagari ka Nyirabirori mu Murenge wa Tumba, yamaze kuregerwa Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi rwashyikirije ikirego uru Rukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi ku ya 07 Ugushyingo 2022.

Akurikiranyweho icyaha cyo guhabwa ku bw’uburiganya cyangwa gukora no gukoresha inyandiko n’impapuro bitangwa n’inzego zabigenewe, gihanwa n’ingingo ya 277 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko uhamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo cy’imyaka irindwi (7) no gutanga ihazabu ya Miliyoni imwe (1 000 000 Frw).

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaha cyakozwe n’uyu mukobwa ubwo yajyaga gushaka ibyangombwa by’ibicurano, akiyita amazina ya murumuna we, akanashaka icyemezo cy’igihimbano cy’umwana yabyaye.

Ngo ibi byose yabikoze agamije gushaka kugaragaza ko yabyaye ataruzuza imyaka y’ubukure kugira ngo umusore babyaranye azahabwe ibihano biremereye.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubu buriganya bukekwa kuri uyu mukobwa bwatahuwe ubwo yajyaga gutanga ikirego, bikaza gutahurwa ko yareze mu mazina atari aye.

Buvuga ko ibi byamenyekanye biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bamuzi neza kandi bazi ko yujuje imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha buvuga ko mu ibazwa ry’uyu mukobwa, yemeye icyaha, akavuga ko yakoze buriya buriganya abitewe n’umujinya wo kuba umusore babyaranye yaranze kumufasha, bigatuma akora biriya byose agamije kwihimura.

Mu kirego cyabwo, Ubushinjacyaha buvuga ko ibitangazwa n’uregwa ari urwitwazo, ahubwo ko yakoze biriya bikorwa abigambiriye ndetse abizi neza ko bigize icyaha gihanwa n’amategeko.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Peter says:
    3 years ago

    Ngewe nyja ncyenka ko abakobwa bataye umutwe nibeshi nabikora ahubwo ikibazo nge nfite kugira kiti iyo bamaze kwiyandarika bagatwita nyuma bagafungisha uwo nahaye babishaka ngo afungwe harya basigara bafashwa nande ko bitwaza ngo nuko baikorehwa no kudafashwa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Next Post

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

Related Posts

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.