Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

radiotv10by radiotv10
26/01/2026
in MU RWANDA
0
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Ukoresha izina rya Atanya [Phionah] ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n’impaka, yavuze ko ariya mashusho yayifashe ubwo yari ahagaze nabi ku mufuka ndetse amaze gutekerwa umutwe n’uwari wamwizeje akazi, bikamutera agahinda, akakivura atanga buriya butumwa.

Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hari impaka zazamuwe n’ubutumwa bw’amashusho bw’uyu mukobwa wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rufite ubukene, aho yanitanzeho urugero ko na we yugarijwe n’ubukene, ariko ko uwamubona atabimukekeraho.

Mu butumwa bwe aherutse gutangaza bukanyura kuri TikTok, hari aho agira ati “Mundebe ndasa neza…ndamutse ngiye mu mujyi, abana bo mu mujyi batangira ngo ‘wanteje imbere’. Ariko urabizi se? Kuri MoMo mfiteho 300 Frw…uzi telefone nkoresha, ariko ndakennye.”

Muri ubwo butumwa, uyu mukobwa yasabaga inzego za Leta kugira icyo zikora kuri iki kibazo, aho yagize ati “Ibi ni byo Guverinoma ikwiriye kwitaho kuko turakennye. Ariko ntibabibona. Turakennye, Turakennye ntimukatubone dusa neza turakennye.”

Ni ubutumwa bwazamuye impaka ndende, byumwihariko zazamuwe na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bibasiye uyu mukobwa, bavuga ko yasebeje urubyiruko rw’u Rwanda, bavuga ko rudakennye ahubwo ko hari bamwe banze gukura amaboko mu mifuka ngo bajye gushakisha imibereho.

Impaka zaje kuba ndende, aho uwitwa Ignatius Kabagambe usanzwe ari Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, uzwiho gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga, yanditse ubutumwa kuri X, anenga ibyatangajwe n’uyu mukobwa, agera n’aho amushyira mu gatebo kamwe n’abatifuriza ineza u Rwanda, mu mafoto yashyize kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragarije uyu mugabo ko yarengereye, kuko kuba uriya mukobwa yavuze buriya butumwa bitari bikwiye gutuma amugereranya n’abagambirira inabi ku Gihugu cy’u Rwanda.

Byagenze gute ngo uyu mukobwa avuge kuriya

Mu kiganiro yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok cyatambukaga imbonankubone (Live), uyu mukobwa yagarutse ku cyamuteye kuvuga buriya butumwa ko “Urubyiruko rw’u Rwanda rukennye.”

Yavuze ko hari umuntu wari wamuhuje n’undi wagombaga kumuha akazi ariko ngo ‘kabi’ [ntiyavuze ako ari ko] ariko akakemera, akajya no gukora ikizamini cyo kubazwa imbonankubone (Interview).

Avuga ko nyuma yo gutsinda icyo kizamini cya Interview, bwacyeye akitegura nk’ugiye gutangira akazi, ahamagara uwo wari wakamuhaye, akamubwira ko kugira ngo agatangire hari amafaranga agomba kubanza kwishyura.

Uwo munsi ibi byabayeho ni nabwo yafashe ariya mashusho yazamuye impaka, ati “Ndamubwira nti ‘none se kugira ngo nze mu kazi ndabanza nkishyura?’ arambwira ngo ‘yego’.”

Avuga ko uwo muntu yari yabanje kumubwira ko azishyura ibihumbi 30 Frw, akamusaba ko yaba akora akazi akazayishyura nyuma, ariko akamuhakanira.

Ati “Arambwira ati ‘icyakora ikintu cyashoboka’ ngo ni uko nabanza nkamwishyura. Bucyeye ndamubwira nti ‘amafaranga ntayo mfite’.”

Ngo muri uko kuganira, uwo wari wamwizeje akazi yaje guhinduka ngo amubwira ko yishyura ibihumbi 15 Frw, ari na ho yahise abona ko ari ubutekamitwe.

Avuga ko ibitekerezo byamubaye byinshi mu mutwe, akagira n’agahinda, kandi ko kugira ngo akivure, ajya kuri TikTok ubundi agatanga ubutyumwa, ari na bwo yahitaga atanga buriya bwarikoroje.

Ati “Ubwo mba nkoze iriya video. Nari mbabaye ariko, ibaze gushaka akazi nta mafaranga ufite […] barakanyima, ndababara, mba depressed, mama wanjye arabibona,…”

Avuga ko ubwo yafataga ariya mashusho, ari bwo ibyo byose byari bimaze kuba, agasigara mu rugo wenyine. Ati “Ndavuga nti se iyi myenda ngiye kuyikuramo, ndavuga nti ‘reka nge kwikorera content’ mba ndaje ndavuga nti ‘turakennye’.”

Uyu mukobwa avuga ko yatunguwe n’uburyo abantu bakiriye buriya butumwa bwe, bakabujyana mu murongo mubi kandi atari cyo yari agamije, ahubwo ko yashakaga kugaragaza ikibazo.

Avuga kandi ko nyuma yuko atangaje buriya butumwa hari inshuti ye yahise imurangira akandi kazi, ndetse ubu akaba ari kugakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.