Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

Photo/The New Times

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabugeni Uwukunda Jean de Dieu ufite ubumuga bwo kutabona, wakoze ifoto ya Perezida Paul Kagame, avuga ko ari wo mutungo w’agaciro atunze kandi ko afite icyizere ko bazahura akayimushyikiriza.

Uwukunda Jean de Dieu wagize ubumuga bwo kutabona muri 2018, mu kiganiro yagiranye YouTube Channel yitwa Hobe, yavuze ko icyamufashije kwiyakira ari impanuro z’umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ati “Mu gushaka kwiyakira ntawundi muntu natekereje nakorera ishusho kugira ngo ngaragaze ko nubwo tuba dufite ubumuga hari icyo tuba dushoboye.”

Avuga ko iyi foto yakoze yumva ko izamufasha kwiyakira, yamukoreye ibitangaza kuko yakiriwe neza na benshi.

Ati “Ni yo mpamvu ari yo foto y’agaciro ngira mu buzima bwanjye yatumye niyakira, yatumye menya Gashumba Diane [yari Minisitiri w’Ubuzima], yatumye njya mu bitangazamakuru, yatumye menyekana, ituma menyana n’abantu benshi bafite agaciro.”

Uwukunda Jean de Dieu avuga ko iyi foto yamubereye urumuri rumumurikiran ibyo akora byose, gusa ngo inzozi ze ntiziraba impamo atarahura na nyirayo ngo ayimushyikirize.

Ati “Mu isengesho ryanjye, mu bitekerezo byanjye, mu bintu byose mba nkora…mpora mfite icyizere n’ibyiringiro byinshi ko nzahura na we, kandi nzahura na we ndabyizeye kuko mpuye na we nkamushyikiriza iyi mpano ikava mu nzu yanjye ntabwo nazabyibagirwa.”

Uyu munyabugeni ukora n’ibindi bihangano, avuga ko igihe azaba yashyikirije Perezida Kagame iyi foto, azumva yishimye kandi bikamutera imbaraga zo gukomeza uyu mwuga we.

Uwukunda akora ibindi bihangano (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Next Post

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.