Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
0
Umunyabugeni utabona wakoze ifoto ya Perezida Kagame ngo nibahura akayimushyikiriza azumva aruhutse

Photo/The New Times

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabugeni Uwukunda Jean de Dieu ufite ubumuga bwo kutabona, wakoze ifoto ya Perezida Paul Kagame, avuga ko ari wo mutungo w’agaciro atunze kandi ko afite icyizere ko bazahura akayimushyikiriza.

Uwukunda Jean de Dieu wagize ubumuga bwo kutabona muri 2018, mu kiganiro yagiranye YouTube Channel yitwa Hobe, yavuze ko icyamufashije kwiyakira ari impanuro z’umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ati “Mu gushaka kwiyakira ntawundi muntu natekereje nakorera ishusho kugira ngo ngaragaze ko nubwo tuba dufite ubumuga hari icyo tuba dushoboye.”

Avuga ko iyi foto yakoze yumva ko izamufasha kwiyakira, yamukoreye ibitangaza kuko yakiriwe neza na benshi.

Ati “Ni yo mpamvu ari yo foto y’agaciro ngira mu buzima bwanjye yatumye niyakira, yatumye menya Gashumba Diane [yari Minisitiri w’Ubuzima], yatumye njya mu bitangazamakuru, yatumye menyekana, ituma menyana n’abantu benshi bafite agaciro.”

Uwukunda Jean de Dieu avuga ko iyi foto yamubereye urumuri rumumurikiran ibyo akora byose, gusa ngo inzozi ze ntiziraba impamo atarahura na nyirayo ngo ayimushyikirize.

Ati “Mu isengesho ryanjye, mu bitekerezo byanjye, mu bintu byose mba nkora…mpora mfite icyizere n’ibyiringiro byinshi ko nzahura na we, kandi nzahura na we ndabyizeye kuko mpuye na we nkamushyikiriza iyi mpano ikava mu nzu yanjye ntabwo nazabyibagirwa.”

Uyu munyabugeni ukora n’ibindi bihangano, avuga ko igihe azaba yashyikirije Perezida Kagame iyi foto, azumva yishimye kandi bikamutera imbaraga zo gukomeza uyu mwuga we.

Uwukunda akora ibindi bihangano (Photo/The New Times)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + two =

Previous Post

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Next Post

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Related Posts

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo
AMAHANGA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Dj Briane akomeje kumwenyura kubera impano y’imodoka y’akataraboneka yahawe n’umufana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.