Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ubifatanya n’urwenya yimukiye kuri radio imaze gusezeraho abanyamakuru batatu

radiotv10by radiotv10
03/10/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakuru ubifatanya n’urwenya yimukiye kuri radio imaze gusezeraho abanyamakuru batatu
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Rukundo Patrick uzwi nka Rusine mu ruganda rw’urwenya, yavuye kuri radiyo yakoreraga, yimukira ku yindi imaze gusezeraho abanyamakuru batatu mu gihe kitageze ku mwaka.

Rusine ubu yamaze kuba Umunyamakuru wa Kiss FM nkuko byatangajwe n’iyi radiyo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, avuga ko Rusine agiye gusimbura Kayigi Andy Dick Fred uzwi nka Andy Bumuntu, bivugwa ko ashobora kuba agiye kwerecyeza hanze y’u Rwanda.

Rusine yatangajwe nk’umunyamakuru mushya kuri Kiss FM, nyuma yuko kuri uyu wa Mbere yitabiriye ikiganiro Kiss Breakfast aho yari yaje mu gace kazwi nka Breakfast with the Stars.

Amakuru avuga ko Rusine azaba akorana na Sandrine Isheja ndetse na Andy Bumuntu mu gihe akiri mu Rwanda ariko akazaba ari we uzamusimbura.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Rusine wakoraga kuri Power FM, yagize ati“Kiss FM ni ho mu rugo hashya. Kiss Breakfast ni cyo kiganiro cyanjye gishya hamwe na Sandrine Isheja ndetse na Andy Bumuntu bakaba umuryango wanjye mushya.”

Iki kiganiro Kiss Breakfast gisanzwe gifite abakunzi batari bacye biganjemo urubyiruko, kimaze kugeramo abanyamakuru batatu bashya mu gihe kitageze ku mwaka, nyuma yuko Nkusi Arthur wagikoranaga na Sandrine Isheja asezereye mu mpera z’umwaka ushize.

Nyuma yuko asezeye, haje umunyamakuru Gentil Gedeon Ntirenganya na we waje gusimburwa na Andy Bumuntu, ubu hakaba hajemo Rusine.

Iyi radiyo isanzwe izwiho kuzamura umuziki nyarwanda kandi, imaze gusezeraho abanyamakuru batatu mu gihe kitageze ku mwaka kuko nyuma ya Rutura, hanasezeye uyu wamusimbuye Gentil ndetse na Uncle Austin wari wimukiye kuri Power FM ariko na we akaba amaze iminsi atangaje ko agiye mu kiruhuko.

Rusine ubu ni umunyamakuru wa Kiss FM
Rusine mu gitondo cy’uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − two =

Previous Post

Muhoozi ngo mu mezi 10 UPDF imaze kwivugana ibyihebe 7.000 bya ADF

Next Post

BurkinaFaso: Uwahiritswe ku butegetsi n’uwo arusha amapeti yakuyemo akarenge ahunga Igihugu

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rumaze guta muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’umuhanzi Uworizagwira Florien n’umukunzi we bari...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BurkinaFaso: Uwahiritswe ku butegetsi n’uwo arusha amapeti yakuyemo akarenge ahunga Igihugu

BurkinaFaso: Uwahiritswe ku butegetsi n’uwo arusha amapeti yakuyemo akarenge ahunga Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.