Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerikakazi w’umunyemari usanzwe ari umunyarwenya ubikora mu buryo bw’Itangazamakuru, Ellen Lee DeGeneres ufite ikigo gikora ibijyanye no kubungabunga Ingagi, yazanye mu Rwanda n’umukunzi we Banasura ibikorwa byo muri iki kigo kiri mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ellen Lee DeGeneres usanzwe afite ibikorwa yatangije mu Rwanda ubwo yaherukaga muri 2018, yagarutse mu Rwanda azanye nubundi n’umukunzi we Portia de Rossi.

Uretse kuba baje mu biruhuko no mu bikorwa by’ubukerarugendo, Ellen DeGeneres n’umukunzi we baje no gutangiza ikigo cyabo kiswe Ellen DeGeneres Campus cyaje cyunganira umuryango uzwi nka Dian Fossey Gorilla Fund ukora ibikorwa byo kubungabunga Ingagi zo mu Birunga.

Ellen DeGeneres yavuze ko kuva cyera akiri umwana afite imyaka 12 y’amavuko, yakurikiranaga Dian Fossey washinze uyu muryango.

Yavuze ko mu cyumweru gishize yasuye ikigo cye cya Ellen DeGeneres Campus gishamikiye ku muryango wa Dian Fossey Gorilla Fund.

Yagize ati “Byari ibyishimo bisendereye ndetse bikaba n’agatangaza kubona umusaruro byatangiye gutanga.”

Muri ubu butumwa yatambukije kuri Twitter ye, buherekejwe n’amafoto amugaragaza ari kumwe n’abagore bakora ubukorikori mu Rwanda.

Yavuze ko

Ellen DeGeneres yavuze ko yishimiye gukorana urugendoshuri n’urubyiruko rwo mu Rwanda muri iki kigo cye.

Ati “Kandi twahuye n’abakora ubukorikori bakoresheje imigwegwe babohera uduseke mu kigo bakanatugurishirizayo.”

Ellen DeGeneres ni umwe mu byimamare byo muri Amerika bikomeye kubera ikiganiro cye kizwi nka Ellen Show yagiye atumiramo ibirangirire n’abantu bakomeye ku Isi barimo Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba yaranamutumiye inshuro zirenze imwe.

Basuye ikigo cyabo
Banahuye n’abagore bakoreramo ibikorwa by’ubukorikori
Banateye igiti

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Next Post

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.