Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakurukazi w’Ikirangirire ku Isi wakiriye ba Obama yazanye mu Rwanda n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerikakazi w’umunyemari usanzwe ari umunyarwenya ubikora mu buryo bw’Itangazamakuru, Ellen Lee DeGeneres ufite ikigo gikora ibijyanye no kubungabunga Ingagi, yazanye mu Rwanda n’umukunzi we Banasura ibikorwa byo muri iki kigo kiri mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ellen Lee DeGeneres usanzwe afite ibikorwa yatangije mu Rwanda ubwo yaherukaga muri 2018, yagarutse mu Rwanda azanye nubundi n’umukunzi we Portia de Rossi.

Uretse kuba baje mu biruhuko no mu bikorwa by’ubukerarugendo, Ellen DeGeneres n’umukunzi we baje no gutangiza ikigo cyabo kiswe Ellen DeGeneres Campus cyaje cyunganira umuryango uzwi nka Dian Fossey Gorilla Fund ukora ibikorwa byo kubungabunga Ingagi zo mu Birunga.

Ellen DeGeneres yavuze ko kuva cyera akiri umwana afite imyaka 12 y’amavuko, yakurikiranaga Dian Fossey washinze uyu muryango.

Yavuze ko mu cyumweru gishize yasuye ikigo cye cya Ellen DeGeneres Campus gishamikiye ku muryango wa Dian Fossey Gorilla Fund.

Yagize ati “Byari ibyishimo bisendereye ndetse bikaba n’agatangaza kubona umusaruro byatangiye gutanga.”

Muri ubu butumwa yatambukije kuri Twitter ye, buherekejwe n’amafoto amugaragaza ari kumwe n’abagore bakora ubukorikori mu Rwanda.

Yavuze ko

Ellen DeGeneres yavuze ko yishimiye gukorana urugendoshuri n’urubyiruko rwo mu Rwanda muri iki kigo cye.

Ati “Kandi twahuye n’abakora ubukorikori bakoresheje imigwegwe babohera uduseke mu kigo bakanatugurishirizayo.”

Ellen DeGeneres ni umwe mu byimamare byo muri Amerika bikomeye kubera ikiganiro cye kizwi nka Ellen Show yagiye atumiramo ibirangirire n’abantu bakomeye ku Isi barimo Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba yaranamutumiye inshuro zirenze imwe.

Basuye ikigo cyabo
Banahuye n’abagore bakoreramo ibikorwa by’ubukorikori
Banateye igiti

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Umunyamakurukazi ukomeye mu Rwanda yambitswe impeta n’umusore w’ibogari basanzwe bafitanye umwana

Next Post

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Rubavu: Abataramenyekana biraye mu nsina z’umuturage batemagura izifite ibitoki barabisiga barigendera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.