Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamideli usanzwe ari n’umushoramari, Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model, n’umugabo we Shaul Hatzir; bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye, n’uburyo umwe yabonye undi akamubenguka, kuva ubwo bakinjira mu rukundo rwaje kubabanisha bakaba bamaranye imyaka itandatu babana nk’umugore n’umugabo.

Isimbi Model n’umugabo we Shaul Hatzir ukomoka muri Israel, bamaze imyaka itatu basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo, dore ko basezeranye imbere y’amategeko muri 2021, bagasezerana mu itorere muri Gashyantare 2022.

Ubukwe bwa Isimbi Model n’umugabo we Shaul Hatzir bwabereye mu Rwanda nyuma y’imyaka ine bari bamaze bamenyanye, ndetse bakinjira mu munyenga w’urukundo.

Mu kiganiro batanze kuri YouTube Channel ya Isimbi ubwo basubizaga ibibazo babajijwe n’ababakurikira, bagarutse ku rugendo rw’urukundo rwabo rwatangiye muri 2018, ubwo bamenyaniraga muri Hoteli ya Radisson Blu ari na ho habereye ubukwe bwabo.

Shaul Hatzir wavugaga akubita agatwenge k’uburyo bamenyanye, yagize ati “Hari muri 2018 tariki 15 Mutarama, nari nagiriye inama muri Radisson Blu muri Convention Center, ndangije inama nza kukubona wicaye na we uri mu nama, aho uyisoreje, ndavuga nti ko mbona uyu muntu ari mwiza kandi nari numvise uvuga icyongereza, kuko nari ntarabona umukobwa mwiza by’agatangaza nkawe, ndavuga nti ‘kuki nakwitesha aya mahirwe, uwajya kumuvugisha.”

Akomeza agira ati “Naraje nkubaza izina, nakekaga ko uri Umunya-Ethiopia kubera uruhu rwawe rwari rwiza, aho ni ho twatangiriye kujya tuvugana.”

Umugabo wa Isimbi Model avuga ko yahise amusaba ko umunsi ukurikiyeho basangira ifunguro ry’umugoroba, akamwemerera, bagatangirira aho kwagura ubucuti.

Isimbi Model avuga ko urukundo rwabo rwaje gutera intambwe ishimishije ndetse tariki 04 Kanama 2018 bakaza gutangira kubana mu nzu imwe, ndetse bagatangira guteganyiriza umuryango wabo.

Muri Kamena 2019, basabanye ko bazashyingiranwa nk’umugore n’umugabo, mu mpera z’uwo mwaka, baza kujya gusura umuryango wa Shaul Hatzir muri Israel.

Ati “Muri 2020, Covid yahise iza, hanyuma muri 2021 tugura inzu yacu, ndetse turanasezerana, tujya mu Murenge, hanyuma muri 2022 dukora ubukwe bwo mu rusengero, tubukorera muri Radisson.”

Mu gusubiza ibi bibazo by’abantu, bavuze ko nubwo batarabasha kubyarana umwana, babyifuza, ariko ko bizagenwa n’Imana, ndetse ko bifuza kuzabyara abana babiri.

Basezeranye imbere y’amategeko muri 2021
Babanje gukora imihango yo gusaba no gukwa
Baririmbiwe na Masamba Intore
Nyuma basezeranye mu Itorero

Isimbi n’umugabo we bakunze kugaragara bagiye kurya ubuzima mu bice binyuranye ku Isi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Next Post

Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

IZIHERUKA

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports
FOOTBALL

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Niger: Biraye mu mihanda n'umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.