Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Amb. Peter Fahrenholtz wahagarariye Igihugu cy’u Budage mu Bihugu birimo u Rwanda, na Bangladesh, yatangaje ko yasuye ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru imaze igihe igenzurwa na AFC/M23, agasobanurirwa impamvu zumvikana zituma M23 irwana.

Amb. Peter Fahrenholtz nk’uko bigaragara ku byamuranze, yabaye Ambasaderi w’Igihugu cye cy’u Budage muri Bangladesh n’u Rwanda, ndetse akaba yarabaye HoM (Head of Mission- aba akora inshingano nk’iz’Ambasaderi) muri Eritrea, Guinea, Qatar ndetse n’i Toronto.

Nanone kandi yakoze nk’umudipomate mu Bihugu birimo nko muri Ethiopia, u Buyapani mu Buhindi, no muri Iran.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Nasuye i Goma kandi ngirana ibiganiro byiza na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy n’abandi.”

Yavuze ko muri ibi biganiro yagiranye na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, yamusobanuriye iby’ibikorwa bya Jenoside byibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikorwa n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Ati “Ibyo kandi byanatanzwemo raporo n’Umujyanama Wihariye wa UN ku gukumira Jenoside. Yashimangiye (Manzi Willy) intego z’ingenzi za M23 ari ugushyira iherezo kuri ibyo bikorwa, kurinda uburengaznira bwa muntu bw’abaturage b’abasivile no kugarura amahoro n’umutekano.”

Amb. Peter Fahrenholtz yakomeje avuga ko Guverineri wa Kivu ya Ruguru, yanamusobanuriye ko M23 igizwe n’abanyekongo bo mu ngeri zose, idashingiye ku bwoko, kuko irimo n’abo mu bwoko bw’Abahutu.

Uyu wabaye muri Dipolomasi y’u Budage asuye ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru, bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23 nyuma yuko rifashe Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’iyi Ntara, ugiye kuzuza amezi atatu uri mu maboko yaryo.

Mu kwezi gushize, Amb. Peter Fahrenholtz yagaragaje ko atemeranya n’ibyatangazwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wasabaga umutwe wa M23 kurekura ibice wafashe.

Mu butumwa yari yanyujije kuri X asubiza Visi Perezida wa Komisiyo ya EU ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Umutekano, Kaja Kallas wari wavuze ko uyu mutwe wa M23 uva mu bice wafashe, Peter Fahrenholtz yari yagize “None se M23 si Abanyekongo? Ese muri DRC ntihabaga abacancuro b’Abanyaburayi babarwanya? Ni nde uzaharanira uburenganzira bw’ubwoko bw’abantu nyamucye mu Burasirazuba bwa DRC?”

Peter Fahrenholtz wabaye umudipolamate w’u Budage mu Bihugu binyuranye, yabaye Ambasaderi w’iki Gihugu mu Rwanda kuva muri 2012 kugeza muri 2016.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + ten =

Previous Post

Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Next Post

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Related Posts

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

IZIHERUKA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.