Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Amb. Peter Fahrenholtz wahagarariye Igihugu cy’u Budage mu Bihugu birimo u Rwanda, na Bangladesh, yatangaje ko yasuye ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru imaze igihe igenzurwa na AFC/M23, agasobanurirwa impamvu zumvikana zituma M23 irwana.

Amb. Peter Fahrenholtz nk’uko bigaragara ku byamuranze, yabaye Ambasaderi w’Igihugu cye cy’u Budage muri Bangladesh n’u Rwanda, ndetse akaba yarabaye HoM (Head of Mission- aba akora inshingano nk’iz’Ambasaderi) muri Eritrea, Guinea, Qatar ndetse n’i Toronto.

Nanone kandi yakoze nk’umudipomate mu Bihugu birimo nko muri Ethiopia, u Buyapani mu Buhindi, no muri Iran.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Nasuye i Goma kandi ngirana ibiganiro byiza na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy n’abandi.”

Yavuze ko muri ibi biganiro yagiranye na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, yamusobanuriye iby’ibikorwa bya Jenoside byibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikorwa n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Ati “Ibyo kandi byanatanzwemo raporo n’Umujyanama Wihariye wa UN ku gukumira Jenoside. Yashimangiye (Manzi Willy) intego z’ingenzi za M23 ari ugushyira iherezo kuri ibyo bikorwa, kurinda uburengaznira bwa muntu bw’abaturage b’abasivile no kugarura amahoro n’umutekano.”

Amb. Peter Fahrenholtz yakomeje avuga ko Guverineri wa Kivu ya Ruguru, yanamusobanuriye ko M23 igizwe n’abanyekongo bo mu ngeri zose, idashingiye ku bwoko, kuko irimo n’abo mu bwoko bw’Abahutu.

Uyu wabaye muri Dipolomasi y’u Budage asuye ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru, bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23 nyuma yuko rifashe Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’iyi Ntara, ugiye kuzuza amezi atatu uri mu maboko yaryo.

Mu kwezi gushize, Amb. Peter Fahrenholtz yagaragaje ko atemeranya n’ibyatangazwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wasabaga umutwe wa M23 kurekura ibice wafashe.

Mu butumwa yari yanyujije kuri X asubiza Visi Perezida wa Komisiyo ya EU ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Umutekano, Kaja Kallas wari wavuze ko uyu mutwe wa M23 uva mu bice wafashe, Peter Fahrenholtz yari yagize “None se M23 si Abanyekongo? Ese muri DRC ntihabaga abacancuro b’Abanyaburayi babarwanya? Ni nde uzaharanira uburenganzira bw’ubwoko bw’abantu nyamucye mu Burasirazuba bwa DRC?”

Peter Fahrenholtz wabaye umudipolamate w’u Budage mu Bihugu binyuranye, yabaye Ambasaderi w’iki Gihugu mu Rwanda kuva muri 2012 kugeza muri 2016.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Next Post

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.