Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Amb. Peter Fahrenholtz wahagarariye Igihugu cy’u Budage mu Bihugu birimo u Rwanda, na Bangladesh, yatangaje ko yasuye ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru imaze igihe igenzurwa na AFC/M23, agasobanurirwa impamvu zumvikana zituma M23 irwana.

Amb. Peter Fahrenholtz nk’uko bigaragara ku byamuranze, yabaye Ambasaderi w’Igihugu cye cy’u Budage muri Bangladesh n’u Rwanda, ndetse akaba yarabaye HoM (Head of Mission- aba akora inshingano nk’iz’Ambasaderi) muri Eritrea, Guinea, Qatar ndetse n’i Toronto.

Nanone kandi yakoze nk’umudipomate mu Bihugu birimo nko muri Ethiopia, u Buyapani mu Buhindi, no muri Iran.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Nasuye i Goma kandi ngirana ibiganiro byiza na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy n’abandi.”

Yavuze ko muri ibi biganiro yagiranye na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, yamusobanuriye iby’ibikorwa bya Jenoside byibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikorwa n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Ati “Ibyo kandi byanatanzwemo raporo n’Umujyanama Wihariye wa UN ku gukumira Jenoside. Yashimangiye (Manzi Willy) intego z’ingenzi za M23 ari ugushyira iherezo kuri ibyo bikorwa, kurinda uburengaznira bwa muntu bw’abaturage b’abasivile no kugarura amahoro n’umutekano.”

Amb. Peter Fahrenholtz yakomeje avuga ko Guverineri wa Kivu ya Ruguru, yanamusobanuriye ko M23 igizwe n’abanyekongo bo mu ngeri zose, idashingiye ku bwoko, kuko irimo n’abo mu bwoko bw’Abahutu.

Uyu wabaye muri Dipolomasi y’u Budage asuye ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru, bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23 nyuma yuko rifashe Umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’iyi Ntara, ugiye kuzuza amezi atatu uri mu maboko yaryo.

Mu kwezi gushize, Amb. Peter Fahrenholtz yagaragaje ko atemeranya n’ibyatangazwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wasabaga umutwe wa M23 kurekura ibice wafashe.

Mu butumwa yari yanyujije kuri X asubiza Visi Perezida wa Komisiyo ya EU ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Umutekano, Kaja Kallas wari wavuze ko uyu mutwe wa M23 uva mu bice wafashe, Peter Fahrenholtz yari yagize “None se M23 si Abanyekongo? Ese muri DRC ntihabaga abacancuro b’Abanyaburayi babarwanya? Ni nde uzaharanira uburenganzira bw’ubwoko bw’abantu nyamucye mu Burasirazuba bwa DRC?”

Peter Fahrenholtz wabaye umudipolamate w’u Budage mu Bihugu binyuranye, yabaye Ambasaderi w’iki Gihugu mu Rwanda kuva muri 2012 kugeza muri 2016.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + sixteen =

Previous Post

Iby’ingenzi ku ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia usuye u Rwanda nyuma y’ukwezi yakiriye uwa RDF

Next Post

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.