Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye
Share on FacebookShare on Twitter

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe, yakatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo nsimburagifungo y’agahato.

Iki gihano gikubiye mu cyemezo cyafashwe n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri DRC, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gicurasi 2025, kinateganya ko azamara imyaka itanu atemerewe kugira uburenganzira mu bya polituki no kwidegembya uko yishakiye.

Nanone kandi Urukiko Rukuru rwo rwahise rutegeka ko atabwa muri yombi byihuse kandi hagafatirwa imitungo ye yaba iyimukanwa n’itimukanwa kugira ngo hazaboneke ubwishyu bw’amafaranga aregwa kunyereza.

Uyu munyapolitiki wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC hagati ya 2012 na 2016 ndetse akaba ari n’Umudepite ku rwego rw’Igihugu, ashinjwa kunyereza miliyoni 156,8 USD yagombaga gushyirwa mu kigega kigamije iterambere ry’icyanya cy’ubuhinzi cya Bukanga-Lonzo, mu Burasirazuba bwa Kinshasa, ndetse na miliyoni 89 USD aregwa kunyereza akoranye n’Umunya-Afurika y’Epfo, Globler.

Ni mu gihe bagenzi be baregwa hamwe, ari bo Deogratias Mutombo na Christo Grobler, bo bakatiwe imyaka itanu yo gukora na bo iyo mirimo y’agahato, ndetse no kwamburwa uburenganzira, mu gihe uyu Munya-Afurika y’Epfo we azanirukanwa burundu ku butaka bwa Congo Kinshasa.

Ubwo hasomwaga iki cyemezo cy’Urukiko Rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga, abaregwa bose, nta n’umwe wari uri mu Rukiko rwasomewemo iki cyemezo kuri uyu wa Kabiri.

Urukiko ruvuga ko abaregwa bigwijeho imitungo irimo iyimukanwa n’itimukanwa bayikuye mu mari ya Leta banyereje, ndetse rutegeka ko yose ihita ifatirwa kugira ngo izatezwe cyamunara haboneke ubwishyu bw’amafaranga banyereje.

Ni mu gihe uru rubanza rwateje impagarara mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo Kinshasa, byumwihariko ahagarutswe ku budahangarwa bugombwa Depite Matata Ponyo.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, Vital Kamerhe, yavuze ko ibi bihabanye n’Itegeko Nshinga, aho yavuze ko Matata Ponyo atari akwiye gucirwa urubanza atabanje kwamburwa ubudahangarwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 14 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Next Post

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Related Posts

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye,...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

by radiotv10
19/09/2025
0

Ingingo yo guhererekanya imfungwa hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni imwe mu zabaye ingorabahizi, ndetse...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratabaza amahanga ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR n’Ingabo z’u Burundi, rwabyutse rurasa ibisasu bakoresheje...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

IZIHERUKA

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga
IBYAMAMARE

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

by radiotv10
19/09/2025
0

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

19/09/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.