Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Marine Le Pen uyobora ishyaka Rassemblement National ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa, wanakunze kwiyamamariza kuba Perezida agatsindwa wanifuzaga kuzongera ubutaha ariko akaba yarakatiwe igihano kitabimwemerera, yanenze ubutegetsi, avuga ko ibi yakorewe ari n’igisasu kimbu cya politiki.

Marine Le Pen kandi yagaragaje ko atiteguye gushyira ubuyobozi bw’ishyaka ayobora mu maboko y’umwungirije, nyuma yuko we akatiwe n’urukiko imyaka ibiri y’igifungo, n’imyaka itanu atemerwa kugira umwanya muri Leta.

Ni ibihano yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ibintu byateje ihungabana rikomeye muri politiki y’uyu munyapolitiki uzwiho gukoresha imvugo zikarishye, kuko icyo cyemezo gishobora kumubuza kwiyamamaza mu matora ya Perezida ataha mu Bufaransa ateganyijwe mu 2027.

Mu kiganiro n’itangazamakuru i Paris, Marine Le Pen yagize ati “Ubu buryo Leta ikoresha bumeze nk’igisasu kirimbuzi cya politiki. Impamvu bari gufata ingamba nk’izi zikarishye ni uko bigaragara ko turi hafi gutsinda amatora.”

Yakomeje agira ati “Tuzajuririra icyemezo cy’Urukiko. Tuzaharanira uburenganzira bwacu mu mahoro no muri demokarasi, kimwe n’ubw’abaturage bangiriye icyizere.”

Nubwo ariko azafungirwa mu rugo iwe kugeza igihe imanza zose zizaburanishirizwa, Le Pen yahise yamburwa uburenganzira bwo  kwiyamamaza hatabayeho gutegereza ubujurire bwe.

Mu gihe byakomeza bityo, Jordan Bardella wari umwungurije ku buyobozi bw’ishyaka, ni we wahita amusimbura ku kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Marine Le Pen, umukobwa wa nyakwigendera Jean-Marie Le Pen, wari icyamamare muri banyapolitiki bo ku ruhande rw’abahezanguni, amaze kwiyamamariza kuyobora u Bufaransa inshuro ebyiri, zose akaba yaratsinzwe na perezida Emmanuel Macron, ndetse yari yatangaje ko amatora yo mu 2027 ari bwo bwa nyuma azaba agiye kwiyamamariza  kwicara ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Umuhanzikazi Vestine yagaragaye mu isura nshya atigeze abonwaho mbere bitungura benshi

Next Post

Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.