Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki wifuzaga kuyobora u Bufaransa wakatiwe gufungwa yakoresheje imvugo iremereye anenga ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Marine Le Pen uyobora ishyaka Rassemblement National ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa, wanakunze kwiyamamariza kuba Perezida agatsindwa wanifuzaga kuzongera ubutaha ariko akaba yarakatiwe igihano kitabimwemerera, yanenze ubutegetsi, avuga ko ibi yakorewe ari n’igisasu kimbu cya politiki.

Marine Le Pen kandi yagaragaje ko atiteguye gushyira ubuyobozi bw’ishyaka ayobora mu maboko y’umwungirije, nyuma yuko we akatiwe n’urukiko imyaka ibiri y’igifungo, n’imyaka itanu atemerwa kugira umwanya muri Leta.

Ni ibihano yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ibintu byateje ihungabana rikomeye muri politiki y’uyu munyapolitiki uzwiho gukoresha imvugo zikarishye, kuko icyo cyemezo gishobora kumubuza kwiyamamaza mu matora ya Perezida ataha mu Bufaransa ateganyijwe mu 2027.

Mu kiganiro n’itangazamakuru i Paris, Marine Le Pen yagize ati “Ubu buryo Leta ikoresha bumeze nk’igisasu kirimbuzi cya politiki. Impamvu bari gufata ingamba nk’izi zikarishye ni uko bigaragara ko turi hafi gutsinda amatora.”

Yakomeje agira ati “Tuzajuririra icyemezo cy’Urukiko. Tuzaharanira uburenganzira bwacu mu mahoro no muri demokarasi, kimwe n’ubw’abaturage bangiriye icyizere.”

Nubwo ariko azafungirwa mu rugo iwe kugeza igihe imanza zose zizaburanishirizwa, Le Pen yahise yamburwa uburenganzira bwo  kwiyamamaza hatabayeho gutegereza ubujurire bwe.

Mu gihe byakomeza bityo, Jordan Bardella wari umwungurije ku buyobozi bw’ishyaka, ni we wahita amusimbura ku kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Marine Le Pen, umukobwa wa nyakwigendera Jean-Marie Le Pen, wari icyamamare muri banyapolitiki bo ku ruhande rw’abahezanguni, amaze kwiyamamariza kuyobora u Bufaransa inshuro ebyiri, zose akaba yaratsinzwe na perezida Emmanuel Macron, ndetse yari yatangaje ko amatora yo mu 2027 ari bwo bwa nyuma azaba agiye kwiyamamariza  kwicara ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Umuhanzikazi Vestine yagaragaye mu isura nshya atigeze abonwaho mbere bitungura benshi

Next Post

Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.