Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ukwezi hatangiye kumvwa abatangabuhamya mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi mu rubanza ruregwamo Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko ushinjwa uruhare muri Jenoside, Ubushinjacyaha bwihariye iburanisha busobanura imikorere y’ibyaha bishinjwa uyu Munyarwanda.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, aho Ubushinjacyaha bwihariye iburanisha bagaruka ku byaha Bomboko ashinjwa hagendewe ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya.

Nkunduwimye arashinjwa ibyaha bya jenoside, iby’intambara no gufata ku ngufu, yakoze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha buvuga ko hari yakoze wenyine ndetse n’ibyo yakoze afatanyije n’abandi, ndetse arashinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu yakoreye umutangabuhamya wakimushinje mu rukiko ubwe nyuma akamukomeretsa agamije kumwica.

Umushinjacyaha Arnaud D’Oultremont yavuze ko Nkunduwimye yakunze kugaragara mu bihe bya Jenoside afite intwaro ndetse yambaye impuzankano za gisirikare kandi yari umusivile.

Ubushinjacyaha bukavuga ibyo bisobanuye ko yari yiteguye kwica Abatutsi, bukabishingira ku kuba indege y’uwari Perezida Habyarimana Juvenal ikimara guhanurwa hatanzwe itegeko ko abantu baguma mu ngo zabi, Interahamwe zitangira ibikorwa byo guhiga no kwica Abatutsi.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yari umwe mu bakomeye mu Nterahamwe bikanashimangirwa n’ubushuti yari afitanye n’uwari Perezida wazo Robert Kajuga, Visi Perezida Georges Rutaganda ndetse na Zouzou wari Interahamwe ikomeye.

Umushinjacyaha avuga ko hari inama z’interahamwe zaberaga mu igaraje Bomboko yari afitemo imiganane muri AMGAR ndetse hari za bariyeri zari zaramwitiriwe.

Ikindi cyagarutsweho mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, ni ugushaka gucecekesha abatangabuhamya aho, aho Ubushinjacyaha buvuga ko hari abo umuvandimwe wa Bomboko yemereye amafaranga ngo bamushinjure ariko ntayabahe.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari n’aho yasabaga amafaranga Abatutsi ngo abahungishe, ibyo byose bukabishingira ku bamushinja ibyo byaha.

Ni urubanza rwatangiye tariki 08 Mata 2024 ndetse biteganyijwe ko iburanisha rikomeza kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru

Next Post

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.