Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ukwezi hatangiye kumvwa abatangabuhamya mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi mu rubanza ruregwamo Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko ushinjwa uruhare muri Jenoside, Ubushinjacyaha bwihariye iburanisha busobanura imikorere y’ibyaha bishinjwa uyu Munyarwanda.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, aho Ubushinjacyaha bwihariye iburanisha bagaruka ku byaha Bomboko ashinjwa hagendewe ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya.

Nkunduwimye arashinjwa ibyaha bya jenoside, iby’intambara no gufata ku ngufu, yakoze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha buvuga ko hari yakoze wenyine ndetse n’ibyo yakoze afatanyije n’abandi, ndetse arashinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu yakoreye umutangabuhamya wakimushinje mu rukiko ubwe nyuma akamukomeretsa agamije kumwica.

Umushinjacyaha Arnaud D’Oultremont yavuze ko Nkunduwimye yakunze kugaragara mu bihe bya Jenoside afite intwaro ndetse yambaye impuzankano za gisirikare kandi yari umusivile.

Ubushinjacyaha bukavuga ibyo bisobanuye ko yari yiteguye kwica Abatutsi, bukabishingira ku kuba indege y’uwari Perezida Habyarimana Juvenal ikimara guhanurwa hatanzwe itegeko ko abantu baguma mu ngo zabi, Interahamwe zitangira ibikorwa byo guhiga no kwica Abatutsi.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yari umwe mu bakomeye mu Nterahamwe bikanashimangirwa n’ubushuti yari afitanye n’uwari Perezida wazo Robert Kajuga, Visi Perezida Georges Rutaganda ndetse na Zouzou wari Interahamwe ikomeye.

Umushinjacyaha avuga ko hari inama z’interahamwe zaberaga mu igaraje Bomboko yari afitemo imiganane muri AMGAR ndetse hari za bariyeri zari zaramwitiriwe.

Ikindi cyagarutsweho mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, ni ugushaka gucecekesha abatangabuhamya aho, aho Ubushinjacyaha buvuga ko hari abo umuvandimwe wa Bomboko yemereye amafaranga ngo bamushinjure ariko ntayabahe.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari n’aho yasabaga amafaranga Abatutsi ngo abahungishe, ibyo byose bukabishingira ku bamushinja ibyo byaha.

Ni urubanza rwatangiye tariki 08 Mata 2024 ndetse biteganyijwe ko iburanisha rikomeza kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 17 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru

Next Post

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.