Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda uburanishirizwa mu Bubiligi hagaragajwe ibyamuranze muri Jenoside nka gihamya y’ibyo ashinjwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ukwezi hatangiye kumvwa abatangabuhamya mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi mu rubanza ruregwamo Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko ushinjwa uruhare muri Jenoside, Ubushinjacyaha bwihariye iburanisha busobanura imikorere y’ibyaha bishinjwa uyu Munyarwanda.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, aho Ubushinjacyaha bwihariye iburanisha bagaruka ku byaha Bomboko ashinjwa hagendewe ku buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya.

Nkunduwimye arashinjwa ibyaha bya jenoside, iby’intambara no gufata ku ngufu, yakoze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubushinjacyaha buvuga ko hari yakoze wenyine ndetse n’ibyo yakoze afatanyije n’abandi, ndetse arashinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu yakoreye umutangabuhamya wakimushinje mu rukiko ubwe nyuma akamukomeretsa agamije kumwica.

Umushinjacyaha Arnaud D’Oultremont yavuze ko Nkunduwimye yakunze kugaragara mu bihe bya Jenoside afite intwaro ndetse yambaye impuzankano za gisirikare kandi yari umusivile.

Ubushinjacyaha bukavuga ibyo bisobanuye ko yari yiteguye kwica Abatutsi, bukabishingira ku kuba indege y’uwari Perezida Habyarimana Juvenal ikimara guhanurwa hatanzwe itegeko ko abantu baguma mu ngo zabi, Interahamwe zitangira ibikorwa byo guhiga no kwica Abatutsi.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yari umwe mu bakomeye mu Nterahamwe bikanashimangirwa n’ubushuti yari afitanye n’uwari Perezida wazo Robert Kajuga, Visi Perezida Georges Rutaganda ndetse na Zouzou wari Interahamwe ikomeye.

Umushinjacyaha avuga ko hari inama z’interahamwe zaberaga mu igaraje Bomboko yari afitemo imiganane muri AMGAR ndetse hari za bariyeri zari zaramwitiriwe.

Ikindi cyagarutsweho mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, ni ugushaka gucecekesha abatangabuhamya aho, aho Ubushinjacyaha buvuga ko hari abo umuvandimwe wa Bomboko yemereye amafaranga ngo bamushinjure ariko ntayabahe.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari n’aho yasabaga amafaranga Abatutsi ngo abahungishe, ibyo byose bukabishingira ku bamushinja ibyo byaha.

Ni urubanza rwatangiye tariki 08 Mata 2024 ndetse biteganyijwe ko iburanisha rikomeza kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma y’ibikorwa byadutse birwibasira binyuzwa mu itangazamakuru

Next Post

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Umuyobozi wo hejuru yishyurije umuturage 200.000Frw amaze imyaka 4 yarambuwe na rwiyemezamirimo arayatahana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.