Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Semuhungu wamamaye ku mbuga nkoranyambaga, wari umaze umwaka atagaragara, nyuma yo kugera mu Rwanda yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagize icyo avuga.

Uyu musore wakunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga mu mibyinire itaravugwagaho rumwe ndetse n’ibiganiro yatangagaho na byo byazamuraga impaka, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu, aho bivugwa ko yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America yari amaze igihe atuye.

Muri Nyakanga 2023, Ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, cyatangaje ko uyu musore ukomoka mu Rwanda yari akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu uwo bivugwa ko bahuje igitsina.

Eric Semuhungu yari yafatiwe mu majyaruguru ya Las Vegas aho yari asanzwe atuye, byavugwaga ko hari urujijo rw’aho agomba kuzoherezwa, kuko yari yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America akoresheje ibyangombwa byo muri Afurika y’Epfo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gicurasi 2024, hamenyekanye amakuru ko uyu musore w’Umunyarwanda yamaze kugera mu Rwanda, nyuma yo kwirukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni amakuru yari yagizwe ibanga, ariko uyu musore waherukaga gushyira amafoto ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram mu byumweru 52 bishize, ubwe yongeye gushyiraho amashusho agaragaza ko yageze mu Rwanda.

Muri aya mashusho, Eric Semuhungu agaragara ari muri Hoteli yagiye gucumbikamo, avuga ko yari akumbuye abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, ndetse abizeza ko ameze neza.

Yagize ati “Mu rugo heza, ndabakumbuye mwese, kandi ndabakunda, ndishimye kuba nagarutse mu rugo, nari nkumbuye mu rugo kabisa.”

Uyu musore yizeje abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ko azabaganiriza akababwira amakuru ye, ati “Erega ndi Umunyarwanda kandi baca umugani mu Kinyarwanda ngo ‘amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho’.”

Eric Semuhungu wakunze kwiyemerera ko ari umwe mu baryamana n’abo bahuje igitsina, yigeze gusezerana n’umugabo mugenzi we w’Umunyamerika bari barahuriye muri Afurika y’Epfo, aza kwitaba Imana.

Eric Semuhungu ubwo yari akiri muri Leta Zunze Ubumwe za America
Eric Semuhungu akimara kugera mu Rwanda aha yari muri hoteli

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 18 =

Previous Post

Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Next Post

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.