Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Semuhungu wamamaye ku mbuga nkoranyambaga, wari umaze umwaka atagaragara, nyuma yo kugera mu Rwanda yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagize icyo avuga.

Uyu musore wakunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga mu mibyinire itaravugwagaho rumwe ndetse n’ibiganiro yatangagaho na byo byazamuraga impaka, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu, aho bivugwa ko yirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America yari amaze igihe atuye.

Muri Nyakanga 2023, Ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, cyatangaje ko uyu musore ukomoka mu Rwanda yari akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu uwo bivugwa ko bahuje igitsina.

Eric Semuhungu yari yafatiwe mu majyaruguru ya Las Vegas aho yari asanzwe atuye, byavugwaga ko hari urujijo rw’aho agomba kuzoherezwa, kuko yari yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America akoresheje ibyangombwa byo muri Afurika y’Epfo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gicurasi 2024, hamenyekanye amakuru ko uyu musore w’Umunyarwanda yamaze kugera mu Rwanda, nyuma yo kwirukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni amakuru yari yagizwe ibanga, ariko uyu musore waherukaga gushyira amafoto ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram mu byumweru 52 bishize, ubwe yongeye gushyiraho amashusho agaragaza ko yageze mu Rwanda.

Muri aya mashusho, Eric Semuhungu agaragara ari muri Hoteli yagiye gucumbikamo, avuga ko yari akumbuye abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, ndetse abizeza ko ameze neza.

Yagize ati “Mu rugo heza, ndabakumbuye mwese, kandi ndabakunda, ndishimye kuba nagarutse mu rugo, nari nkumbuye mu rugo kabisa.”

Uyu musore yizeje abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ko azabaganiriza akababwira amakuru ye, ati “Erega ndi Umunyarwanda kandi baca umugani mu Kinyarwanda ngo ‘amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho’.”

Eric Semuhungu wakunze kwiyemerera ko ari umwe mu baryamana n’abo bahuje igitsina, yigeze gusezerana n’umugabo mugenzi we w’Umunyamerika bari barahuriye muri Afurika y’Epfo, aza kwitaba Imana.

Eric Semuhungu ubwo yari akiri muri Leta Zunze Ubumwe za America
Eric Semuhungu akimara kugera mu Rwanda aha yari muri hoteli

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Next Post

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Related Posts

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.