Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umunyarwanda w’imyaka 41 wasubiye kwiga akigana n’umwana we amenyereye intebe y’ishuri

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umunyarwanda w’imyaka 41 wasubiye kwiga akigana n’umwana we amenyereye intebe y’ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 41 y’amavuko wo mu Murenge wa Rusarabuye mu Karere ka Burera wari umaze imyaka 25 acikirije ishuri, akaba yararisubiyemo akabanza no kwigana n’umuhungu we, avuga ko ubu amaze kumenyera atakita ku magambo y’abamutwama, ndetse akaba yaratangije kudidibuza icyongereza.

Gildas Niyitegeka wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Ndago, asanzwe ari umubyeyi w’abana batandatu, barimo uwo biganye mu mwaka wa mbere ubwo uyu mugabo yasubiraga mu ishuri mu ntangiro z’uyu mwaka.

Umwaka wa mbere w’amashuri yawitwayemo neza, abona amanota amwimura, ubu ariga mu wa kabiri, ndetse n’icyongereza arakididibuza adategwa.

Gusa ngo ubwo yagarukaga ku ishuri, hari benshi bamuciye intege, bamubwira ko umuntu ufite imyaka nk’iye adakwiye kujya kwigana n’abana abyaye, ariko kuri we nta pfunwe byamuteye kuko yagiye azi icyo ashaka.

Ati “Nta pfunwe byanteye kuko ari umugambi natekereje mfatanyije n’urugo, abandi baturage bamfashe nk’umusatsi, na n’iyi saaha bamwe ntibarabyumva neza, ariko njyewe ikindimo ni icyo nakurikiye nititaye ku magambo yo hanze.”

Umuhungu wa Gildas witwa Niyiringirwa Valentin wabanje kwigana n’umubyeyi we ubwo yasubiraga mu ishuri, avuga ko amagambo y’urucantege yabaye menshi, ndetse bikamugiraho ingaruka ku myigire ye.

Ati “Baransererezaga bati ‘ubwo ugiye kwigana na papa wawe?’, bakavuga ibintu byinshi cyane, nanjye nkumva biri kunca intege, noneho niga nabi, mba ndasibiye.”

Niyiringirwa avuga ko ubu isoni zashize, ndetse ubu iyo bageze mu rugo, bafashanya gusubiramo amasomo nk’abiga ku kigo kimwe, ku buryo uko umubyeyi we amufasha, yizeye ko ubu azimuka agakomeza kumukurikira mu myaka y’amashuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 16 =

Previous Post

Muhanga: Nyuma y’ukwezi kumwe harashwe undi muntu we ukekwaho ubujura budasanzwe

Next Post

Menya igifungo cyakatiwe uwari Gitifu wanyereje Miliyoni zari zakusanyijwe n’abaturage ngo bigurire imodoka

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya igifungo cyakatiwe uwari Gitifu wanyereje Miliyoni zari zakusanyijwe n’abaturage ngo bigurire imodoka

Menya igifungo cyakatiwe uwari Gitifu wanyereje Miliyoni zari zakusanyijwe n’abaturage ngo bigurire imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.