Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Umunyarwandakazi ukina umukino utaramenyerwa cyane mu Rwanda yanditse amateka ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in SIPORO
0
Umunyarwandakazi ukina umukino utaramenyerwa cyane mu Rwanda yanditse amateka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Henriette Ishimwe ukina umukino wa Cricket akaba asanzwe anakinira Ikipe y’Igihugu, yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza ku Isi mu kwezi kwa Gatatu.

Henriette Ishimwe yanditse aya mateka adasanzwe mu gihe asanzwe ari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore muri uyu mukino wa Cricket.

Iki gihembo yacyegukanye ahigitse abandi bakinnyi b’ibirangirire ku Isi bo mu Birwa bya Papouasie-Nouvelle-Guinée, bari bahataniye iki gihembo cy’umukinnyi w’ukwezi wa Werurwe 2023.

Ishimwe Henriette w’imyaka 19, yagaragaje ko yishimiye bidasubirwaho aka gahigo aciye, avuga ko byose abikesha gukora cyane byumwihariko ibikorwa yakoze mu kwezi gushize kwa Werurwe ari na ko yaherewe igihembo.

Ku bw’ibyo yizeza ko agiye gukora ibirenze kugira ngo akomeze guhesha ishema u Rwanda rwamwibarutse kandi na we agakomeza kwagura impano ye.

Yagize ati “Ntegereje gukomeza gutanga umusanzu ku isi ya Cricket no gutsindira Igihugu cyanjye imikino myinshi.”

Iki gihembo acyegukanye nyuma yuko ikipe y’u Rwanda ya Cricket y’abagore yigaragaje mu marushanwa iherutsemo muri Nigeria, aho Ishimwe yanigaragajemo, ndete akaba yarabaye umukinnyi mwiza w’imikino inshuro ebyiri zose kubera uburyo yafashije ikipe y’u Rwanda.

Yabaye umukinnyi w’ukwezi ku Isi

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eighteen =

Previous Post

Kigali: Uko hatahuwe inzoga zigezweho za Miliyoni 5Frw zinjijwe mu buriganya

Next Post

Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye

Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.