Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Yvonne Manzi Makolo usanzwe ari Umuyobozi wa Sosiyete y’u Rwanda y’ingedo z’Indege (RwandAir) yatangiye inshingano ze nk’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamamahanga ry’ingendo zo mu Kirere (IATA) ahita aba n’umugore wa mbere ugize izi nshingano zimaze kunyuramo abantu 80.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bw’Iri shyirahamwe IATA (International Air Transport Association), Yvonne Makolo yatangiye izi nshingano kuri uyu wa Mbere, aho agiye kuba Umuyobozi Mukuru wa ba Guverineri b’Inama yaryo mu gihe cy’umwaka.

Ni umwanzuro wafatiwe mu Nteko Rusange ngarukamwaka ya IATA ya 79 yabereye muri Türkiye kuri uyu wa 05 Kamena 2023.

Makolo agiye kuri uyu mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru ya ba Guverinero ba IATA, ari uwa 81, akaba ari na we mugore wa mbere ufashe izi nshingano, nk’uko byatangajwe n’iri shyirahamwe ku rubuga rwaryo.

Yanakoze mu Nama nkuru ya Guverineri b’iri shyirahamwe kuva mu kwezi k’Ugushyingo 2020. Kuri izi nshingano nshya, asimbuye Umuyobozi mukuru w’Inama nkuru ya Pegasus Airlines Mehmet Tevfik Nane, na we uzakomeza kuba umwe muri ba Guverineri bagize Inama Nkuru y’iri shyirahamwe rya IATA.

Yvonne Manzi Makolo wishimiye gutangira izi nshingano, yavuze ko iri Shyirahamwe agiye kuyobora rigira uruhare mu bikorwa byose by’ingendo z’ikirere, yaba mu bikorwa byoroheje ndetse n’ibyo ku rwego rwo hejuru, ndetse no mu bice byose by’Isi.

Ati “Kuyobora Sosiyete y’indege isanzwe muri Afurika, birampa umwihariko mu gushakira umuti ibibazo bihuriweho bicyugarije urwego rw’ubwikorezo bw’indege.”

Yavuze ko mu bibazo by’ibanze agiye kwibandaho, harimo gahunda yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere izwi nka decarbonisation, ndetse no kurushaho kuzamura umutekano mu ndege no gutuma urwego rw’ingendo zo mu kirere rurushaho kugera ku rwego rugezweho, no kuzamura ibikorwa remezo.

Ati “Nishimiye by’umwihariko gufata izi nshingano mu gihe IATA iri gutangiza gahunda ya ‘Focus Africa’ igamije guhuriza hamwe abafaranyabikorwa b’Umugabane, bityo dushyize hamwe tukarushaho kuzamura uruhare rw’ubwikorezi bwo mu kirere mu guteza imbere imibereho n’ubukungu bya Afurika.”

Yovonne Manzi Makolo yatangiye imirimo mu bwikorezi bw’Indege kuva muri 2017, aho muri uwo mwaka yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe imikoranire, akaza kugirwa Umuyobozi Mukuru muri Mata 2018.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza

Next Post

Kizigenza wa Gospel Nyarwanda uyu munsi ntarara ku butaka bw’u Rwanda

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kizigenza wa Gospel Nyarwanda uyu munsi ntarara ku butaka bw’u Rwanda

Kizigenza wa Gospel Nyarwanda uyu munsi ntarara ku butaka bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.