• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Umunyarwandakazi uyobora RwandAir yanditse amateka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Yvonne Manzi Makolo usanzwe ari Umuyobozi wa Sosiyete y’u Rwanda y’ingedo z’Indege (RwandAir) yatangiye inshingano ze nk’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi y’Ishyirahamwe Mpuzamamahanga ry’ingendo zo mu Kirere (IATA) ahita aba n’umugore wa mbere ugize izi nshingano zimaze kunyuramo abantu 80.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bw’Iri shyirahamwe IATA (International Air Transport Association), Yvonne Makolo yatangiye izi nshingano kuri uyu wa Mbere, aho agiye kuba Umuyobozi Mukuru wa ba Guverineri b’Inama yaryo mu gihe cy’umwaka.

Ni umwanzuro wafatiwe mu Nteko Rusange ngarukamwaka ya IATA ya 79 yabereye muri Türkiye kuri uyu wa 05 Kamena 2023.

Makolo agiye kuri uyu mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru ya ba Guverinero ba IATA, ari uwa 81, akaba ari na we mugore wa mbere ufashe izi nshingano, nk’uko byatangajwe n’iri shyirahamwe ku rubuga rwaryo.

Yanakoze mu Nama nkuru ya Guverineri b’iri shyirahamwe kuva mu kwezi k’Ugushyingo 2020. Kuri izi nshingano nshya, asimbuye Umuyobozi mukuru w’Inama nkuru ya Pegasus Airlines Mehmet Tevfik Nane, na we uzakomeza kuba umwe muri ba Guverineri bagize Inama Nkuru y’iri shyirahamwe rya IATA.

Yvonne Manzi Makolo wishimiye gutangira izi nshingano, yavuze ko iri Shyirahamwe agiye kuyobora rigira uruhare mu bikorwa byose by’ingendo z’ikirere, yaba mu bikorwa byoroheje ndetse n’ibyo ku rwego rwo hejuru, ndetse no mu bice byose by’Isi.

Ati “Kuyobora Sosiyete y’indege isanzwe muri Afurika, birampa umwihariko mu gushakira umuti ibibazo bihuriweho bicyugarije urwego rw’ubwikorezo bw’indege.”

Yavuze ko mu bibazo by’ibanze agiye kwibandaho, harimo gahunda yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere izwi nka decarbonisation, ndetse no kurushaho kuzamura umutekano mu ndege no gutuma urwego rw’ingendo zo mu kirere rurushaho kugera ku rwego rugezweho, no kuzamura ibikorwa remezo.

Ati “Nishimiye by’umwihariko gufata izi nshingano mu gihe IATA iri gutangiza gahunda ya ‘Focus Africa’ igamije guhuriza hamwe abafaranyabikorwa b’Umugabane, bityo dushyize hamwe tukarushaho kuzamura uruhare rw’ubwikorezi bwo mu kirere mu guteza imbere imibereho n’ubukungu bya Afurika.”

Yovonne Manzi Makolo yatangiye imirimo mu bwikorezi bw’Indege kuva muri 2017, aho muri uwo mwaka yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe imikoranire, akaza kugirwa Umuyobozi Mukuru muri Mata 2018.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake ntashidikanywaho ko rwifuriza DRCongo ibyiza

Next Post

Kizigenza wa Gospel Nyarwanda uyu munsi ntarara ku butaka bw’u Rwanda

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kizigenza wa Gospel Nyarwanda uyu munsi ntarara ku butaka bw’u Rwanda

Kizigenza wa Gospel Nyarwanda uyu munsi ntarara ku butaka bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.