Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA
0
Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Lisa Umutoni w’imyaka 28 y’amavuko, wahawe igihembo na Sosiyete y’Ubwubatsi ikomeye yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko byamushimije ariko ko byanamuteye umwete wo gukomeza kubera urugero abakiri bato.

Iki gihembo cya ‘Young Civil Engineer’ cyahawe Lisa Umutoni mu cyumweru gishize tariki 13 Nzeri 2024, gitangwa na Sosiyete y’ubwubatsi ya ASCE (American Society of Civil Engineers), kubera uruhare yagize mu guteza imbere ibijyanye n’ubwubatsi n’imikoreshereze y’ubutaka muri Carolina y’Epfo ndetse no mu Bihugu byo muri Afurika.

Umutoni usanzwe afite impamyabumenyi y’ikirenga PhD , yanize muri Kaminuza y’u Rwanda mbere yo kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Avuga ko iki gihembo yahawe atari icyo kwishimira gusa ku bw’akazi gakomeye yakoze, ahubwo ko kimugaragariza uruhare afite mu kubera urugero abakiri bato bari mu mwuga nk’uwe.

Yagize ati “Nishimiye bidasanzwe kuba nahawe iki gihembo ASCE Young Civil Engineer Award cya 2024. Ndashimira cyane ASCE South Carolina ku bwo kunzirikana. Biranyongerera imbaraga zo gukomeza kurenga imbogamizi no kuzibyazamo umusaruro.”

Umutoni ashimira abamufashije mu rugendo rwe barimo abamuhaye ubumenyi ndetse n’umugabo we Jules Iradukunda wakunze kumutera akanyabugabo.

Urugendo rwe mu mwuga we yarutangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda, aho yarangije muri 2018 mu bijyanye n’amazi n’ibidukikije, aza no kwimenyereza umwuga mu kigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’Amashyamba aho yakoraga mu bijyanye n’amazi.

Ubumenyi bwe no kwitwara neza, byatumye ajya kwiga muri Kaminuza ya IHE Delft Institute mu Buholandi aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bumenyi bw’amazi n’imikoreshereze y’ubutaka muri 2021.

Nyuma yagarutse mu Rwanda akora mu bijyanye n’imishinga yo guhangana n’ibiza by’inkangu n’imyuzure yibanda cyane mu kugaragaza uburyo bwo kwirinda ibi bibaza ndetse n’ingaruka zabyo, no guha amakuru inzego zifata ibyemezo.

Yakoze mu mishinga yakorewe mu bice binyuranye nko mu Karere ka Nyaruguru ndetse n’i Gisozi mu Mujyi wa Kigali.

Umutoni yishimiye igihembo yahawe

Muri Gashyantare 2022 yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America gukomerezayo amasomo y’icyiciro gihanitse PhD mu bijyanye no gukurikirana uburyo bw’ubuhinzi muri Clemson University.

Ubushakashatsi bwe muri PhD bwibanze mu gushaka uburyo hakoreshwa imashini mu kumenya igihe hakenerewe kuhira imyaka bitewe n’ikirere ndetse n’ubusharire bw’ubutaka.

Ati “Akazi kanjye katurutse ku gushaka umuti w’imihindagurikire y’ikirere, byumwihariko ku ngaruka z’imyuzure n’amapfa biba mu buhinzi. Dukeneye ibisubizo byihariye, intego yanjye yose iba igamije gushaka icyatanga umusanzu mu buhinzi ndetse no gufasha abafata ibyemezo bagendeye ku bushakashatsi.”

Kuba yarisanze muri ibi bikorwa bisanzwe bikorwa n’abiganjemo igitsinagabo, Umutoni avuga ko kuri we yabibyaje umusaruro.

Ati “Ushobora kwisanga uri umugore umwe mu bagabo benshi bari mu cyumba, ariko ibyo ni byo bimpa imbaraga zo gukora cyane. Ni imbogamizi ariko nanone ni byo byatumye mbasha gukora cyane.”

Umutoni avuga ko ubu intego afite muri iki gihe ari ukomeza kuvoma ubumenyi buzafasha mu iterambere ry’u Rwanda.

Ati “Ndashaka gutaha iwacu ariko nanone ndacyakeneye kugunguka ubunararibonye n’ubumenyi hano. Intego yanjye y’ibanze ni ukuzabira uruhare rukomeye mu Rwanda nkoresha ibyo nungutse byumwihariko mu bijyanye n’imicungire y’amazi.”

Yagiriye inama abakobwa bakiri bato bari muri uyu mwuga kwitinyuka, bagakora cyane kuko nubwo harimo imbogamizi ariko harimo n’umusaruro ushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

Next Post

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n'icyo yakoraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.