Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA
0
Umunyarwandakazi waherewe igihembo muri America yavuze akamuri ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Lisa Umutoni w’imyaka 28 y’amavuko, wahawe igihembo na Sosiyete y’Ubwubatsi ikomeye yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko byamushimije ariko ko byanamuteye umwete wo gukomeza kubera urugero abakiri bato.

Iki gihembo cya ‘Young Civil Engineer’ cyahawe Lisa Umutoni mu cyumweru gishize tariki 13 Nzeri 2024, gitangwa na Sosiyete y’ubwubatsi ya ASCE (American Society of Civil Engineers), kubera uruhare yagize mu guteza imbere ibijyanye n’ubwubatsi n’imikoreshereze y’ubutaka muri Carolina y’Epfo ndetse no mu Bihugu byo muri Afurika.

Umutoni usanzwe afite impamyabumenyi y’ikirenga PhD , yanize muri Kaminuza y’u Rwanda mbere yo kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Avuga ko iki gihembo yahawe atari icyo kwishimira gusa ku bw’akazi gakomeye yakoze, ahubwo ko kimugaragariza uruhare afite mu kubera urugero abakiri bato bari mu mwuga nk’uwe.

Yagize ati “Nishimiye bidasanzwe kuba nahawe iki gihembo ASCE Young Civil Engineer Award cya 2024. Ndashimira cyane ASCE South Carolina ku bwo kunzirikana. Biranyongerera imbaraga zo gukomeza kurenga imbogamizi no kuzibyazamo umusaruro.”

Umutoni ashimira abamufashije mu rugendo rwe barimo abamuhaye ubumenyi ndetse n’umugabo we Jules Iradukunda wakunze kumutera akanyabugabo.

Urugendo rwe mu mwuga we yarutangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda, aho yarangije muri 2018 mu bijyanye n’amazi n’ibidukikije, aza no kwimenyereza umwuga mu kigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’Amashyamba aho yakoraga mu bijyanye n’amazi.

Ubumenyi bwe no kwitwara neza, byatumye ajya kwiga muri Kaminuza ya IHE Delft Institute mu Buholandi aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bumenyi bw’amazi n’imikoreshereze y’ubutaka muri 2021.

Nyuma yagarutse mu Rwanda akora mu bijyanye n’imishinga yo guhangana n’ibiza by’inkangu n’imyuzure yibanda cyane mu kugaragaza uburyo bwo kwirinda ibi bibaza ndetse n’ingaruka zabyo, no guha amakuru inzego zifata ibyemezo.

Yakoze mu mishinga yakorewe mu bice binyuranye nko mu Karere ka Nyaruguru ndetse n’i Gisozi mu Mujyi wa Kigali.

Umutoni yishimiye igihembo yahawe

Muri Gashyantare 2022 yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America gukomerezayo amasomo y’icyiciro gihanitse PhD mu bijyanye no gukurikirana uburyo bw’ubuhinzi muri Clemson University.

Ubushakashatsi bwe muri PhD bwibanze mu gushaka uburyo hakoreshwa imashini mu kumenya igihe hakenerewe kuhira imyaka bitewe n’ikirere ndetse n’ubusharire bw’ubutaka.

Ati “Akazi kanjye katurutse ku gushaka umuti w’imihindagurikire y’ikirere, byumwihariko ku ngaruka z’imyuzure n’amapfa biba mu buhinzi. Dukeneye ibisubizo byihariye, intego yanjye yose iba igamije gushaka icyatanga umusanzu mu buhinzi ndetse no gufasha abafata ibyemezo bagendeye ku bushakashatsi.”

Kuba yarisanze muri ibi bikorwa bisanzwe bikorwa n’abiganjemo igitsinagabo, Umutoni avuga ko kuri we yabibyaje umusaruro.

Ati “Ushobora kwisanga uri umugore umwe mu bagabo benshi bari mu cyumba, ariko ibyo ni byo bimpa imbaraga zo gukora cyane. Ni imbogamizi ariko nanone ni byo byatumye mbasha gukora cyane.”

Umutoni avuga ko ubu intego afite muri iki gihe ari ukomeza kuvoma ubumenyi buzafasha mu iterambere ry’u Rwanda.

Ati “Ndashaka gutaha iwacu ariko nanone ndacyakeneye kugunguka ubunararibonye n’ubumenyi hano. Intego yanjye y’ibanze ni ukuzabira uruhare rukomeye mu Rwanda nkoresha ibyo nungutse byumwihariko mu bijyanye n’imicungire y’amazi.”

Yagiriye inama abakobwa bakiri bato bari muri uyu mwuga kwitinyuka, bagakora cyane kuko nubwo harimo imbogamizi ariko harimo n’umusaruro ushimishije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 7 =

Previous Post

Menya abatangiriweho gukingirwa Ubushita bw’Inkende-Mpox mu Rwanda

Next Post

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n’icyo yakoraga

Menya ahafatiwe ukekwaho kwiba sebuja amadolari y’agaciro ka Miliyoni 22Frw n'icyo yakoraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.