Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 35 ukekwaho kwinjiza mu Rwanda amavuta yangiza uruhu azwi nka ‘mukorogo’ yari yakuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo kubanza gukoresha amayeri kugira ngo acike, ariko atahurwa na Polisi.

Uyu mugore witwa Petronille w’imyaka 35 yafatiwe mu muhanda Rusizi-Kigali, hafi y’Ibiro by’Akarere ka Nyamasheje ubwo yari mu modoka itwara abagenzi.

Umwe mu bakurikiranye ifatwa ry’uyu mugore, yavuze ko muri iyi modoka yagendaga acunga aho Polisi iri, ariko ubwo yari agiye kugera hafi y’Ibiro by’Akarere ka Nyamasheke, aza guhabwa amakuru n’abamufashaga, ko hari Abapolisi.

Ibi byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, aho uyu mugore amaze guhabwa aya makuru, yahise ava muri iyi modoka, ndetse iyo mari ye y’amavuta ayisiga aho, ahita ajya mu ngo z’abaturage kugira ngo ajijishe.

Uyu wakurikiranye iby’ifatwa ry’uyu mugore, avuga ko Polisi yari yamaze guhabwa amakuru, na yo ikihutira kugera aho yari yataye ayo mavuta.

Agira ati “Abapolisi bahageze bamucungira hafi y’aho yayataye, agarutse kuyafata baba baramucakiye bamujyanana n’ayo mavuta kuri sitasiyo ya RIB ya Kagano.”

Uyu mugore, nyuma yo gufatwa, yemereye Polisi ko iyi magendu y’amavuta yangiza uruhu, yari ayakuye  i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndets eko yari  ayajyanye mu Mujyi wa Kigali kugira ngo azagurishirizweyo.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugore, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, wavuze ko ifatwa rye ryanagizwemo uruhare n’abaturage bakoranye na Polisi.

Yagize ati “Yari mu modoka y’imwe muri Ajanse zitwara abagenzi Rusizi-Kigali, ajyanye ayo mavuta i Kigali. Yaje kumenya ko imbere hari Polisi, ava mu modoka ashaka guhisha iyo magendu mu baturage. Ntibyamuhiriye kuko abaturage batanze amakuru arafatwa.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yaboneyeho gushimira abaturage bakomeje kwanga ikibi, bagatungira agatoki uru rwego ahari ibikorwa nk’ibi bigize ibyaha, ndetse aboneraho gusaba abishora mu bikorwa nk’ibi bitemewe kubihagarika kuko inzego ziri maso.

Petronille yafatanywe magendu ya mukorogo
Amavuta atemewe yari akuye muri Congo na yo yahise afatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − seven =

Previous Post

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Next Post

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

IZIHERUKA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw
MU RWANDA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.