Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwandakazi wakuye muri Congo ibitemewe mu Rwanda yakoresheje amayeri ashaka gucika ariko ntibyamuhira
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 35 ukekwaho kwinjiza mu Rwanda amavuta yangiza uruhu azwi nka ‘mukorogo’ yari yakuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo kubanza gukoresha amayeri kugira ngo acike, ariko atahurwa na Polisi.

Uyu mugore witwa Petronille w’imyaka 35 yafatiwe mu muhanda Rusizi-Kigali, hafi y’Ibiro by’Akarere ka Nyamasheje ubwo yari mu modoka itwara abagenzi.

Umwe mu bakurikiranye ifatwa ry’uyu mugore, yavuze ko muri iyi modoka yagendaga acunga aho Polisi iri, ariko ubwo yari agiye kugera hafi y’Ibiro by’Akarere ka Nyamasheke, aza guhabwa amakuru n’abamufashaga, ko hari Abapolisi.

Ibi byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, aho uyu mugore amaze guhabwa aya makuru, yahise ava muri iyi modoka, ndetse iyo mari ye y’amavuta ayisiga aho, ahita ajya mu ngo z’abaturage kugira ngo ajijishe.

Uyu wakurikiranye iby’ifatwa ry’uyu mugore, avuga ko Polisi yari yamaze guhabwa amakuru, na yo ikihutira kugera aho yari yataye ayo mavuta.

Agira ati “Abapolisi bahageze bamucungira hafi y’aho yayataye, agarutse kuyafata baba baramucakiye bamujyanana n’ayo mavuta kuri sitasiyo ya RIB ya Kagano.”

Uyu mugore, nyuma yo gufatwa, yemereye Polisi ko iyi magendu y’amavuta yangiza uruhu, yari ayakuye  i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndets eko yari  ayajyanye mu Mujyi wa Kigali kugira ngo azagurishirizweyo.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugore, yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, wavuze ko ifatwa rye ryanagizwemo uruhare n’abaturage bakoranye na Polisi.

Yagize ati “Yari mu modoka y’imwe muri Ajanse zitwara abagenzi Rusizi-Kigali, ajyanye ayo mavuta i Kigali. Yaje kumenya ko imbere hari Polisi, ava mu modoka ashaka guhisha iyo magendu mu baturage. Ntibyamuhiriye kuko abaturage batanze amakuru arafatwa.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yaboneyeho gushimira abaturage bakomeje kwanga ikibi, bagatungira agatoki uru rwego ahari ibikorwa nk’ibi bigize ibyaha, ndetse aboneraho gusaba abishora mu bikorwa nk’ibi bitemewe kubihagarika kuko inzego ziri maso.

Petronille yafatanywe magendu ya mukorogo
Amavuta atemewe yari akuye muri Congo na yo yahise afatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Next Post

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Perezida Kagame yagiriye inama Abanyarwanda ku mahitamo hagati ye n’abo bazahatana mu Matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.