Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyemari wavuzwe mu batunze agatubutse mu Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in MU RWANDA
0
Umunyemari wavuzwe mu batunze agatubutse mu Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert wabaye umushoramari mu bikorwa bitandukanye mu Rwanda no hanze yarwo, yitabye Imana ku myaka 82 y’amavuko.

Inkuru y’urupfu rwa Rujugiro yamenyekanye mu masaha akuze yo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mata 2024 rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata.

Aba hafi ya nyakwigendera Rujugiro Ayabatwa Tribert, bemeje amakuru y’urupfu rwe; ariko birinda kugira byinshi barutangazaho.

Rujugiro ukomoka mu Karere ka Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda, yari amaze igihe aba hanze y’u Rwanda, ari na ho yitabiye Imana nyuma y’uko yari yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2010.

Azwi cyane mu ishoramari ry’itabi, aho ari mu Banyarwanda bacye batunze uruganda rwaryo, akaba yaranakoze ibindi bikorwa by’ishoramari mu bucuruzi bujyanye n’imitungo itimukanwa nk’ubutaka n’inzu, yakoreye mu Bihugu binyuranye birimo u Rwanda, u Burundi, Uganda na Kenya.

Uyu munyemari wari warahungiye mu Burundi mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umwe mu bavugwagaho kuba bafite agatubutse mu Rwanda.

Ishoramari rye ryaje guhura n’ibibazo nyuma y’uko bigaragaye ko yanyerezaga imisoro, ndetse umwe mu mitungo ye, inyubako iherereye mu Mujyi yakunze no kumwitirirwa [Kwa Rujugiro] iza gutezwa cyamunara.

Nyuma yo kuva mu Rwanda bikavugwa ko yaje kujya mu Bihugu binyuranye birimo Afurika y’Epfo, yavuzweho gukorana n’umutwe wa RNC uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse akaba ari umwe mu bawuteye inkunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 7 =

Previous Post

Zimbabwe: Abagore bazomereye Madamu wa Perezida yabakoreye icyakoze benshi ku mutima

Next Post

Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania

Hatangajwe ibyumvikanamo urujijo ku cyataye itumbagira ry’igiciro cy’umuceri w’umu-Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.