Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in MU RWANDA
0
Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’ibizamini bya Leta, bamwe mu banyeshuri, bagisohoka mu kizamini cya mbere, bavuze ko basanze ari ibisanzwe, ndetse ku buryo bizeye ko bazabitsinda.

Saa 8h30 za mu gitoondo, hatangijwe ibizamini bya Leta byakozwe n’abarimo abasoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye ndetse n’abasoje iki cyiciro.

Ku rwego rw’Igihugu, ibi bizamini byatangirijwe ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kigali, n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Charles Karakye.

Charles Karakye, avuga ko inzego z’uburezi zakoze ibishoboka byose zigategura abana neza, ku buryo hari icyizere ko bazitwara neza muri ibi bizamini.

Yagize ati “Abanyeshuri n’abarezi twarabateguye neza, ku buryo dusanga imitsindire y’uyu mwaka izaba ishimishije cyane, bitewe n’impinduka twagiye tubona.”

Ku isaha ya saa 11:30’, abanyeshuri bari basohotse mu kizamini cya mbere, bamwe basohokana akanyamuneza, bigaragara ko byabagendekeye neza.

Umwe muri bo aganira na RADIOTV10, yavuze ko uko bari bategereje iki kizamini atari ko bakibonye kuko bari bagifitiye ubwoba ariko bakaba basanze ari ibisanzwe.

Ati “Kubera ukuntu twari dusanzwe dukora ibizamini bya NESA, rwose byaradutinyuye kandi bidufasha kwitegura.”

Ministeri y’Uburezi iravuga ko kuba inyuzamo igatanga ikizamini kimwe mu Gihugu hose, byaratumye ibasha kumenya uko abanyeshuri bahagaze n’ahari icyuho ku buryo biteze umusaruro udasanzwe uzabiturukaho ubwo amanota y’ibizamini bya Leta by’uyu mwaka azaba yasohotse.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri NESA, kivuga mu Gihugu hose habarurwa abanyeshuri basaga ibihumbi 179 bakoze ikizamini gisoza icyiciro rusange n’icya kabiri by’amashuri yisumbuye.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 4 =

Previous Post

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Next Post

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.