Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in MU RWANDA
0
Umunyeshuri urangije ikizamini cya mbere mu bya Leta asohokanye inkuru ishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’ibizamini bya Leta, bamwe mu banyeshuri, bagisohoka mu kizamini cya mbere, bavuze ko basanze ari ibisanzwe, ndetse ku buryo bizeye ko bazabitsinda.

Saa 8h30 za mu gitoondo, hatangijwe ibizamini bya Leta byakozwe n’abarimo abasoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye ndetse n’abasoje iki cyiciro.

Ku rwego rw’Igihugu, ibi bizamini byatangirijwe ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kigali, n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Charles Karakye.

Charles Karakye, avuga ko inzego z’uburezi zakoze ibishoboka byose zigategura abana neza, ku buryo hari icyizere ko bazitwara neza muri ibi bizamini.

Yagize ati “Abanyeshuri n’abarezi twarabateguye neza, ku buryo dusanga imitsindire y’uyu mwaka izaba ishimishije cyane, bitewe n’impinduka twagiye tubona.”

Ku isaha ya saa 11:30’, abanyeshuri bari basohotse mu kizamini cya mbere, bamwe basohokana akanyamuneza, bigaragara ko byabagendekeye neza.

Umwe muri bo aganira na RADIOTV10, yavuze ko uko bari bategereje iki kizamini atari ko bakibonye kuko bari bagifitiye ubwoba ariko bakaba basanze ari ibisanzwe.

Ati “Kubera ukuntu twari dusanzwe dukora ibizamini bya NESA, rwose byaradutinyuye kandi bidufasha kwitegura.”

Ministeri y’Uburezi iravuga ko kuba inyuzamo igatanga ikizamini kimwe mu Gihugu hose, byaratumye ibasha kumenya uko abanyeshuri bahagaze n’ahari icyuho ku buryo biteze umusaruro udasanzwe uzabiturukaho ubwo amanota y’ibizamini bya Leta by’uyu mwaka azaba yasohotse.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri NESA, kivuga mu Gihugu hose habarurwa abanyeshuri basaga ibihumbi 179 bakoze ikizamini gisoza icyiciro rusange n’icya kabiri by’amashuri yisumbuye.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Nigeria: Cyera kabaye Guverinoma yemeye amahano yakozwe n’inzego z’umutekano nyuma y’imyaka 3

Next Post

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.