Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyonzi wagonzwe n’ikamyo ibyamubayeho ni nk’igitangaza ariko uwo yari ahetse byabaye inkuru mbi

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA
0
Umunyonzi wagonzwe n’ikamyo ibyamubayeho ni nk’igitangaza ariko uwo yari ahetse byabaye inkuru mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka nini yo mu bwoko bwa Scania yagongeye umunyonzi ahitwa i Nyamirama mu Karere ka Kayonza, ararokoka ariko uwo yari atwaye ku igare yahise ahasiga ubuzima n’ihene yari afite.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gicurasi 2023, mu Mudugudu wa Bwiza mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama, aho bakunze kwita ku Banyonzi.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Scania, isanzwe ari iy’uruganda rwa AZAM, ikimara kugonga iri gare saa sita zirengaho iminota micye, yahise ikomeza iragenda.

Uyu munyonzi wagonzwe n’iyi modoka nini, akayirukoka, yerecyezaga mu Kabuga ahazwi nko kuri Sitasiyo, aho yari ajyanye umuntu wari ukikiye ihene yari avanye ahitwa i Rusera.

Umunyonzi witwa Habumugisha Jean de Dieu wari imbere y’igare ryari ritwaye nyakwigendera, yabwiye RADIOTV10 ko yashatse kumunyuraho, ariko iyo kamyo igahita imwahuranya ibanje kumuvugiriza ihoni ikimugeraho.

Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka, banenze imyitwarire y’uyu mushoferi utaramenyekana, kuko nyuma yo kugonga aba bantu, yahise akomeza urugendo aho guhagarara ngo arebe ibibaye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Jean Bosco Kabera yihanganishije umuryango wa nyakwigendera waburiye ubuzima muri iyi mpanuka, aboneraho gusaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda ndetse no kwirinda gutoroka igihe umushoferi akoze impanuka kuko iyo abikoze aba yishyira mu cyaha.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 6 =

Previous Post

Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Next Post

Icyemezo cya mbere cy’Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cya mbere cy’Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Icyemezo cya mbere cy'Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.