• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyonzi wagonzwe n’ikamyo ibyamubayeho ni nk’igitangaza ariko uwo yari ahetse byabaye inkuru mbi

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA
0
Umunyonzi wagonzwe n’ikamyo ibyamubayeho ni nk’igitangaza ariko uwo yari ahetse byabaye inkuru mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka nini yo mu bwoko bwa Scania yagongeye umunyonzi ahitwa i Nyamirama mu Karere ka Kayonza, ararokoka ariko uwo yari atwaye ku igare yahise ahasiga ubuzima n’ihene yari afite.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gicurasi 2023, mu Mudugudu wa Bwiza mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama, aho bakunze kwita ku Banyonzi.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Scania, isanzwe ari iy’uruganda rwa AZAM, ikimara kugonga iri gare saa sita zirengaho iminota micye, yahise ikomeza iragenda.

Uyu munyonzi wagonzwe n’iyi modoka nini, akayirukoka, yerecyezaga mu Kabuga ahazwi nko kuri Sitasiyo, aho yari ajyanye umuntu wari ukikiye ihene yari avanye ahitwa i Rusera.

Umunyonzi witwa Habumugisha Jean de Dieu wari imbere y’igare ryari ritwaye nyakwigendera, yabwiye RADIOTV10 ko yashatse kumunyuraho, ariko iyo kamyo igahita imwahuranya ibanje kumuvugiriza ihoni ikimugeraho.

Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka, banenze imyitwarire y’uyu mushoferi utaramenyekana, kuko nyuma yo kugonga aba bantu, yahise akomeza urugendo aho guhagarara ngo arebe ibibaye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Jean Bosco Kabera yihanganishije umuryango wa nyakwigendera waburiye ubuzima muri iyi mpanuka, aboneraho gusaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda ndetse no kwirinda gutoroka igihe umushoferi akoze impanuka kuko iyo abikoze aba yishyira mu cyaha.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Next Post

Icyemezo cya mbere cy’Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Icyemezo cya mbere cy’Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Icyemezo cya mbere cy'Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.