Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umupfumu wiyita Imandwa y’u Rwanda agiye gukora ikintu kidasanzwe kubera ibya Moses Turahirwa

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umupfumu wiyita Imandwa y’u Rwanda agiye gukora ikintu kidasanzwe kubera ibya Moses Turahirwa
Share on FacebookShare on Twitter

“Ntituzigera na rimwe twemera ko Kwaanda bihindurwa umwanda w’inda yasumbye indagu”. Ni ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko wiyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, wavuze kuri Moses Turahirwa wagaragaye mu mashusho adasanzwe, avuga ko agiye gutura igitambo cyo gutsinda akabi.

Amashusho agaragaramo Moses Turahirwa washinze inzu ikomeye y’imideri, ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugabo, akomeje guteza impaka, aho benshi bari kwamagana ibi binyuranyije n’umuco nyarwanda.

Umupfumu Rutangarwamaboko ukunze kugaragaza ko aharanira gusigasira umuco nyarwanda, yinjiye mu bamagana ibyakozwe n’uyu musore w’Umunyarwanda wamaze kwiyemerera ko ariya mashusho ari we ugararamo.

Uyu Moses Turahirwa mu butumwa busaba imbabazi, yavuze ko ariya mashusho yagiye hanze mu buryo bw’impanuka, avuga ko ari agace ka film y’uruhererekane yiswe Kwanda iri gukorerwa mu Butaliyani.

Mu mvugo zirimo Ikinyarwanda kiremereye twifashishije twandika iyi nkuru nka RADIOTV10, Umupfumu Rutangarwamaboko yamaganye iby’ariya mashusho agaragaramo Moses Turahirwa.

Yagize ati “Guhenera Igihugu ni amahano matindi yatera ubuvukasi, amahano agomba kamaramahano i Rwanda, utitambiriye ntanagire gitambirirwa yatera amatega mu nzira ngo aha ni uburenganzira kandi ayirenze nyine? None ni akadogo. Nyagasani Imandwa Nkuru y’u Rwanda aratura igitambo cyo gutsinda akabi.”

Rutangarwamaboko yakomeje asaba inzego nkuru za Leta n’izishinzwe kurengera umuco guhaguruka zikamagana ibi yise amahano.

Ati “Abari mu mujishi w’umuco ntituzigera na rimwe twemerera ko Kwaanda bihindurwa umwana n’inda yasumbye indagu. Turongera gusaba hakiri none ko Guverinoma y’u Rwanda igomba kurinda ubusugire bw’umuco. Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco n’Inteko y’Umuco bahagarike ikiswe Kwaanda cyanduza u Rwanda n’umuco warwo.”

Rutangarwamaboko yatanze ubu butumwa bwamagana iby’ariya mashusho agaragaramo Moses Turahirwa, nyuma yuko ananenzwe n’umunyemari KNC wavuze ko agiye gutwika ishati yari yaraguze mu nzu ya Moshions yatangijwe n’uyu musore.

Rutangarwamaboko yavuze ko agiye gutura igitambo cyo gutsinda akabi
Rutangarwamaboko yagaragaje akababaro yatewe n’ibyakozwe na Moses Turahirwa
Moses Turahirwa yiyemereye ko ugaragara muri ariya mashusho ari we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda agiye guhagarika umuziki

Next Post

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika
AMAHANGA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze 'guterwa gapapu' yasezeranye mu Murenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.