Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umupfumu wiyita Imandwa y’u Rwanda agiye gukora ikintu kidasanzwe kubera ibya Moses Turahirwa

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umupfumu wiyita Imandwa y’u Rwanda agiye gukora ikintu kidasanzwe kubera ibya Moses Turahirwa
Share on FacebookShare on Twitter

“Ntituzigera na rimwe twemera ko Kwaanda bihindurwa umwanda w’inda yasumbye indagu”. Ni ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko wiyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, wavuze kuri Moses Turahirwa wagaragaye mu mashusho adasanzwe, avuga ko agiye gutura igitambo cyo gutsinda akabi.

Amashusho agaragaramo Moses Turahirwa washinze inzu ikomeye y’imideri, ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugabo, akomeje guteza impaka, aho benshi bari kwamagana ibi binyuranyije n’umuco nyarwanda.

Umupfumu Rutangarwamaboko ukunze kugaragaza ko aharanira gusigasira umuco nyarwanda, yinjiye mu bamagana ibyakozwe n’uyu musore w’Umunyarwanda wamaze kwiyemerera ko ariya mashusho ari we ugararamo.

Uyu Moses Turahirwa mu butumwa busaba imbabazi, yavuze ko ariya mashusho yagiye hanze mu buryo bw’impanuka, avuga ko ari agace ka film y’uruhererekane yiswe Kwanda iri gukorerwa mu Butaliyani.

Mu mvugo zirimo Ikinyarwanda kiremereye twifashishije twandika iyi nkuru nka RADIOTV10, Umupfumu Rutangarwamaboko yamaganye iby’ariya mashusho agaragaramo Moses Turahirwa.

Yagize ati “Guhenera Igihugu ni amahano matindi yatera ubuvukasi, amahano agomba kamaramahano i Rwanda, utitambiriye ntanagire gitambirirwa yatera amatega mu nzira ngo aha ni uburenganzira kandi ayirenze nyine? None ni akadogo. Nyagasani Imandwa Nkuru y’u Rwanda aratura igitambo cyo gutsinda akabi.”

Rutangarwamaboko yakomeje asaba inzego nkuru za Leta n’izishinzwe kurengera umuco guhaguruka zikamagana ibi yise amahano.

Ati “Abari mu mujishi w’umuco ntituzigera na rimwe twemerera ko Kwaanda bihindurwa umwana n’inda yasumbye indagu. Turongera gusaba hakiri none ko Guverinoma y’u Rwanda igomba kurinda ubusugire bw’umuco. Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco n’Inteko y’Umuco bahagarike ikiswe Kwaanda cyanduza u Rwanda n’umuco warwo.”

Rutangarwamaboko yatanze ubu butumwa bwamagana iby’ariya mashusho agaragaramo Moses Turahirwa, nyuma yuko ananenzwe n’umunyemari KNC wavuze ko agiye gutwika ishati yari yaraguze mu nzu ya Moshions yatangijwe n’uyu musore.

Rutangarwamaboko yavuze ko agiye gutura igitambo cyo gutsinda akabi
Rutangarwamaboko yagaragaje akababaro yatewe n’ibyakozwe na Moses Turahirwa
Moses Turahirwa yiyemereye ko ugaragara muri ariya mashusho ari we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda agiye guhagarika umuziki

Next Post

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze 'guterwa gapapu' yasezeranye mu Murenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.