Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umupfumu wiyita Imandwa y’u Rwanda agiye gukora ikintu kidasanzwe kubera ibya Moses Turahirwa

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umupfumu wiyita Imandwa y’u Rwanda agiye gukora ikintu kidasanzwe kubera ibya Moses Turahirwa
Share on FacebookShare on Twitter

“Ntituzigera na rimwe twemera ko Kwaanda bihindurwa umwanda w’inda yasumbye indagu”. Ni ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko wiyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, wavuze kuri Moses Turahirwa wagaragaye mu mashusho adasanzwe, avuga ko agiye gutura igitambo cyo gutsinda akabi.

Amashusho agaragaramo Moses Turahirwa washinze inzu ikomeye y’imideri, ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugabo, akomeje guteza impaka, aho benshi bari kwamagana ibi binyuranyije n’umuco nyarwanda.

Umupfumu Rutangarwamaboko ukunze kugaragaza ko aharanira gusigasira umuco nyarwanda, yinjiye mu bamagana ibyakozwe n’uyu musore w’Umunyarwanda wamaze kwiyemerera ko ariya mashusho ari we ugararamo.

Uyu Moses Turahirwa mu butumwa busaba imbabazi, yavuze ko ariya mashusho yagiye hanze mu buryo bw’impanuka, avuga ko ari agace ka film y’uruhererekane yiswe Kwanda iri gukorerwa mu Butaliyani.

Mu mvugo zirimo Ikinyarwanda kiremereye twifashishije twandika iyi nkuru nka RADIOTV10, Umupfumu Rutangarwamaboko yamaganye iby’ariya mashusho agaragaramo Moses Turahirwa.

Yagize ati “Guhenera Igihugu ni amahano matindi yatera ubuvukasi, amahano agomba kamaramahano i Rwanda, utitambiriye ntanagire gitambirirwa yatera amatega mu nzira ngo aha ni uburenganzira kandi ayirenze nyine? None ni akadogo. Nyagasani Imandwa Nkuru y’u Rwanda aratura igitambo cyo gutsinda akabi.”

Rutangarwamaboko yakomeje asaba inzego nkuru za Leta n’izishinzwe kurengera umuco guhaguruka zikamagana ibi yise amahano.

Ati “Abari mu mujishi w’umuco ntituzigera na rimwe twemerera ko Kwaanda bihindurwa umwana n’inda yasumbye indagu. Turongera gusaba hakiri none ko Guverinoma y’u Rwanda igomba kurinda ubusugire bw’umuco. Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco n’Inteko y’Umuco bahagarike ikiswe Kwaanda cyanduza u Rwanda n’umuco warwo.”

Rutangarwamaboko yatanze ubu butumwa bwamagana iby’ariya mashusho agaragaramo Moses Turahirwa, nyuma yuko ananenzwe n’umunyemari KNC wavuze ko agiye gutwika ishati yari yaraguze mu nzu ya Moshions yatangijwe n’uyu musore.

Rutangarwamaboko yavuze ko agiye gutura igitambo cyo gutsinda akabi
Rutangarwamaboko yagaragaje akababaro yatewe n’ibyakozwe na Moses Turahirwa
Moses Turahirwa yiyemereye ko ugaragara muri ariya mashusho ari we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda agiye guhagarika umuziki

Next Post

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze 'guterwa gapapu' yasezeranye mu Murenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.