Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuriri w’imirwano muri Congo watumye hatekerezwa ikindi cyakorwa

radiotv10by radiotv10
01/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umuriri w’imirwano muri Congo watumye hatekerezwa ikindi cyakorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko imirwano ihanganishije FARDC na M23, yuburanye ubukana, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangiye gutekereza icyo wakora mu guhosha iyi mirwano.

Uyu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe usanzwe warashyizeho umurongo wo kwambura abarwnayi intwaro muri 2011 mu rwego rwo kwirinda imirwano nk’iyi yongeye kubura.

Muri iki cyumweru, uyu muryango watangaje ko icyiciro cya kane cya gahunda yo kwambura intwaro abarwanyi mu bice birimo imirwano, izaza igendera ku mibare y’ibimaze kugerwa mu gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe igamije gushaka amahoro.

Iyi gahunda kandi izaterwa inkunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibikorwa by’amahoro ndetse na Banki y’Isi.

Muri iyi gahunda, hazagendera kandi ku bufasha buri gutangwa n’Ibihugu byo mu karere, ndetse inayoborwe na byo, aho byitezwe ko bizatuma ingamba zo gukumira imvururu zitanga umusaruro.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, utangaza kandi ko iyi gahunda nshya izibanda ku kubahiriza uburenganzira bwa muntu ndetse n’ubutabera ndetse no kumvisha imitwe yitwaje intwaro kwitabira ibiganiro.

Itangazo ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, rije nyuma y’uko hagabwe ibitero byibasira ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) bunashyigikiwe n’uyu Muryango (AU), byatumye hatekerezwa uburyo hongerwa ubwirinzi no guhangana n’abazigabaho ibitero.

Umusirikare wa Kenya wari mu butumwa bwa EACRF, byatangajwe ko yishwe nyuma yo kuraswa n’igisirikare cya Congo (FARDC) ubwo cyarwanaga na M23, bikaba kandi byari bibaye ku nshuro ya kabiri.

EACRF kandi iherutse gutangaza ko yabashije gusubiza inyuma igitero yari igabweho n’umutwe witwaje intwaro utaramenyekanye.

Urupfu rw’umusirikare wa Kenya rwanemejewe n’igisirikare cya Congo, FARDC, mu itangazo cyashinjagamo ko yishwe na M23, kivuga ko “Ugamije guteza ubwumvikane bucye hagati yacyo na EACRF.”

Ni mu gihe amakuru yatangajwe na EACRF avuga ko uyu musirikare witabye Imana, yarashweho n’umutwe wa Wazalendo uri mu ikomeje gufatanya na FARDC.

EACRF kandi na yo ishinja impande zombi (FARDC na M23) kurenga kurenga ku myanzuro yafashwe yo guhagarika imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 15 =

Previous Post

Kenya: Hatangiye urubanza rushinjwamo Polisi kwica umunyamakuru w’umunyamahanga

Next Post

Igisubizo cya Polisi ku bifuza ko hakurwaho kimwe mu bizamini bya ‘Permis’ giteza impaka

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Polisi ku bifuza ko hakurwaho kimwe mu bizamini bya ‘Permis’ giteza impaka

Igisubizo cya Polisi ku bifuza ko hakurwaho kimwe mu bizamini bya 'Permis' giteza impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.