Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umurundikazi muto wabaye impunzi ubu akaba ari Umudepite muri Canada aravuga imyato u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2022
in MU RWANDA
0
Umurundikazi muto wabaye impunzi ubu akaba ari Umudepite muri Canada aravuga imyato u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Arielle Kayabaga w’imyaka 31 wavukiye mu Burundi, wabaye impunzi, ubu akaba ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, avuga ko u Rwanda ari Igihugu cyiza kubera iterambeye gikomeje kugeraho nyuma yo kuva muri Jenoside.

Arielle Kayabaga wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’akazi kuva tariki 30 Kanama 2022, yabonanye n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Usta Kaitesi.

Uyu mudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yanasuye ibikorwa ndangamateka y’u Rwanda nk’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Arielle Kayabaga wavukiye mu Gihugu cy’u Burundi giherereye mu majyepfo y’u Rwanda, avuga ko atari ubwa mbere yari ageze mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, yagize ati “Nagiye nza hano izindi nshuro. Ntabwo byabaga ari uruzinduko rw’akazi. Navukiye mu Burundi kandi u Burundi si kure y’u Rwanda. Ndakeka kuhagera ari amasaha macye, nk’Umurundikazi, nagiye nsura u Rwanda mu bihe byatambutse.”

Yakomeje agira ati “Hari byinshi duhuriyeho kuko tugiye dufite inshuti n’abo mu miryango yacu bagiye batuye mu Bihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi) iyi ni yo mpamvu nagiye nza hano na mbere.”

Avuga ko kuri iyi nshuro ubwo yasuraga u Rwanda yabonye impinduka nyinshi zirimo kuba iki Gihugu cyarabaye cyiza kurushaho.

Ati “Hari byinshi byahindutse; iterambere, u Rwanda ni rwiza kandi ugendeye ku mateka y’iki Gihugu, nashimangira ko ibyagezweho mu Rwanda n’iterambere ryarwo bikomeje kwerera imbuto Isi.”

Agaruka kuri uru ruzinduko rw’akazi yarimo mu Rwanda, Arielle Kayabaga yavuze ko intego nyamukuru yarwo yari ugutsimbataza umubano hagati ya Canada n’u Rwanda, akavuga ko kubana n’iki Gihugu bifite byinshi bisobanuye.

Ati “Bifite impamvu nyinshi nanone kandi no kugaragaza ibiri kugerwaho hano, amateka ashimishije turi kubona mu Rwanda no gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati ya Canada n’u Rwanda.”

Uyu murundikazi w’imyaka 31 y’amavuko ubu uri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, wanabaye impunzi, yaboneyeho kugira inama urubyiruko rw’u Rwanda, avuga ko Igihugu cyabo ari cyiza, bityo ko bakwiye guharanira ko ibyakibayemo bitazongera kubaho ukundi.

Kuba ari umwe mu Badepite bato b’Igihugu gikomeye ku Isi kandi yaranyuze mu buzima bugoye bw’ubuhunzi, bikwiye kubera isomo abandi.

Yagize ati “Ntabwo nfuza gutanga isomo ariko imyaka 31 ntabwo ari micye. Icyo navuga ni uko abantu bakwiyizera, bakagira umuhamagaro w’icyo biguza gukora kandi bakagiharanira.”

Akomeza agira ati “Nahunze nkiri umwana muto kandi ni kimwe mu byangize uwo ndiwe ni na kimwe mu byampaye imbaraga zo gukora ibyo nkora …Ntuzigere wigaya, ukwiye kwiyumvamo ko ushoboye kandi iyi ni intero nasanze muri iki Gihugu.”

Avuga ko abantu bakwiye kwiyizera bya nyabyo, ubundi bakiha agaciro bakirinda gucibwa intege n’ibyagiye bibabaho mu bihe byatambutse.

Arielle Kayabaga wabaye impunzi ubu ni Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Canada (Photo/The New Times)
Yakiriwe na Minisitiri Biruta
Yanabonanye na Perezida w’Inteko Ishinga Amatageko umutwe w’Abadepite

Yanabonanye n’Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi
Anasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yanagiye mu Ngoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Njye w’i Cyangugu nsifura Icy’Isi, wowe habura iki?- Salima agufitiye ubutumwa

Next Post

Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.