Tuesday, August 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umurundikazi muto wabaye impunzi ubu akaba ari Umudepite muri Canada aravuga imyato u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2022
in MU RWANDA
0
Umurundikazi muto wabaye impunzi ubu akaba ari Umudepite muri Canada aravuga imyato u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Arielle Kayabaga w’imyaka 31 wavukiye mu Burundi, wabaye impunzi, ubu akaba ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, avuga ko u Rwanda ari Igihugu cyiza kubera iterambeye gikomeje kugeraho nyuma yo kuva muri Jenoside.

Arielle Kayabaga wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’akazi kuva tariki 30 Kanama 2022, yabonanye n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Usta Kaitesi.

Uyu mudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yanasuye ibikorwa ndangamateka y’u Rwanda nk’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Arielle Kayabaga wavukiye mu Gihugu cy’u Burundi giherereye mu majyepfo y’u Rwanda, avuga ko atari ubwa mbere yari ageze mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, yagize ati “Nagiye nza hano izindi nshuro. Ntabwo byabaga ari uruzinduko rw’akazi. Navukiye mu Burundi kandi u Burundi si kure y’u Rwanda. Ndakeka kuhagera ari amasaha macye, nk’Umurundikazi, nagiye nsura u Rwanda mu bihe byatambutse.”

Yakomeje agira ati “Hari byinshi duhuriyeho kuko tugiye dufite inshuti n’abo mu miryango yacu bagiye batuye mu Bihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi) iyi ni yo mpamvu nagiye nza hano na mbere.”

Avuga ko kuri iyi nshuro ubwo yasuraga u Rwanda yabonye impinduka nyinshi zirimo kuba iki Gihugu cyarabaye cyiza kurushaho.

Ati “Hari byinshi byahindutse; iterambere, u Rwanda ni rwiza kandi ugendeye ku mateka y’iki Gihugu, nashimangira ko ibyagezweho mu Rwanda n’iterambere ryarwo bikomeje kwerera imbuto Isi.”

Agaruka kuri uru ruzinduko rw’akazi yarimo mu Rwanda, Arielle Kayabaga yavuze ko intego nyamukuru yarwo yari ugutsimbataza umubano hagati ya Canada n’u Rwanda, akavuga ko kubana n’iki Gihugu bifite byinshi bisobanuye.

Ati “Bifite impamvu nyinshi nanone kandi no kugaragaza ibiri kugerwaho hano, amateka ashimishije turi kubona mu Rwanda no gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati ya Canada n’u Rwanda.”

Uyu murundikazi w’imyaka 31 y’amavuko ubu uri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, wanabaye impunzi, yaboneyeho kugira inama urubyiruko rw’u Rwanda, avuga ko Igihugu cyabo ari cyiza, bityo ko bakwiye guharanira ko ibyakibayemo bitazongera kubaho ukundi.

Kuba ari umwe mu Badepite bato b’Igihugu gikomeye ku Isi kandi yaranyuze mu buzima bugoye bw’ubuhunzi, bikwiye kubera isomo abandi.

Yagize ati “Ntabwo nfuza gutanga isomo ariko imyaka 31 ntabwo ari micye. Icyo navuga ni uko abantu bakwiyizera, bakagira umuhamagaro w’icyo biguza gukora kandi bakagiharanira.”

Akomeza agira ati “Nahunze nkiri umwana muto kandi ni kimwe mu byangize uwo ndiwe ni na kimwe mu byampaye imbaraga zo gukora ibyo nkora …Ntuzigere wigaya, ukwiye kwiyumvamo ko ushoboye kandi iyi ni intero nasanze muri iki Gihugu.”

Avuga ko abantu bakwiye kwiyizera bya nyabyo, ubundi bakiha agaciro bakirinda gucibwa intege n’ibyagiye bibabaho mu bihe byatambutse.

Arielle Kayabaga wabaye impunzi ubu ni Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Canada (Photo/The New Times)
Yakiriwe na Minisitiri Biruta
Yanabonanye na Perezida w’Inteko Ishinga Amatageko umutwe w’Abadepite

Yanabonanye n’Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi
Anasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yanagiye mu Ngoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 19 =

Previous Post

Njye w’i Cyangugu nsifura Icy’Isi, wowe habura iki?- Salima agufitiye ubutumwa

Next Post

Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Related Posts

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje itariki izatangirizwaho ku mugaragaro gahunda yo gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho, ireba...

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

by radiotv10
19/08/2025
0

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare...

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

by radiotv10
19/08/2025
0

The Ministry of Emergency Management has announced that disasters caused by the heavy rainfall that poured throughout the night of...

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro ryo ku ya 17 rishyira ku ya 18...

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

by radiotv10
19/08/2025
0

In many cultures around the world, virginity has long been viewed as a symbol of purity, honor, and family values...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23
AMAHANGA

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
19/08/2025
0

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

19/08/2025
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

19/08/2025
Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

19/08/2025
Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

19/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.