Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umurundikazi muto wabaye impunzi ubu akaba ari Umudepite muri Canada aravuga imyato u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2022
in MU RWANDA
0
Umurundikazi muto wabaye impunzi ubu akaba ari Umudepite muri Canada aravuga imyato u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Arielle Kayabaga w’imyaka 31 wavukiye mu Burundi, wabaye impunzi, ubu akaba ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, avuga ko u Rwanda ari Igihugu cyiza kubera iterambeye gikomeje kugeraho nyuma yo kuva muri Jenoside.

Arielle Kayabaga wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’akazi kuva tariki 30 Kanama 2022, yabonanye n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr Usta Kaitesi.

Uyu mudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yanasuye ibikorwa ndangamateka y’u Rwanda nk’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Arielle Kayabaga wavukiye mu Gihugu cy’u Burundi giherereye mu majyepfo y’u Rwanda, avuga ko atari ubwa mbere yari ageze mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times, yagize ati “Nagiye nza hano izindi nshuro. Ntabwo byabaga ari uruzinduko rw’akazi. Navukiye mu Burundi kandi u Burundi si kure y’u Rwanda. Ndakeka kuhagera ari amasaha macye, nk’Umurundikazi, nagiye nsura u Rwanda mu bihe byatambutse.”

Yakomeje agira ati “Hari byinshi duhuriyeho kuko tugiye dufite inshuti n’abo mu miryango yacu bagiye batuye mu Bihugu byombi (u Rwanda n’u Burundi) iyi ni yo mpamvu nagiye nza hano na mbere.”

Avuga ko kuri iyi nshuro ubwo yasuraga u Rwanda yabonye impinduka nyinshi zirimo kuba iki Gihugu cyarabaye cyiza kurushaho.

Ati “Hari byinshi byahindutse; iterambere, u Rwanda ni rwiza kandi ugendeye ku mateka y’iki Gihugu, nashimangira ko ibyagezweho mu Rwanda n’iterambere ryarwo bikomeje kwerera imbuto Isi.”

Agaruka kuri uru ruzinduko rw’akazi yarimo mu Rwanda, Arielle Kayabaga yavuze ko intego nyamukuru yarwo yari ugutsimbataza umubano hagati ya Canada n’u Rwanda, akavuga ko kubana n’iki Gihugu bifite byinshi bisobanuye.

Ati “Bifite impamvu nyinshi nanone kandi no kugaragaza ibiri kugerwaho hano, amateka ashimishije turi kubona mu Rwanda no gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati ya Canada n’u Rwanda.”

Uyu murundikazi w’imyaka 31 y’amavuko ubu uri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, wanabaye impunzi, yaboneyeho kugira inama urubyiruko rw’u Rwanda, avuga ko Igihugu cyabo ari cyiza, bityo ko bakwiye guharanira ko ibyakibayemo bitazongera kubaho ukundi.

Kuba ari umwe mu Badepite bato b’Igihugu gikomeye ku Isi kandi yaranyuze mu buzima bugoye bw’ubuhunzi, bikwiye kubera isomo abandi.

Yagize ati “Ntabwo nfuza gutanga isomo ariko imyaka 31 ntabwo ari micye. Icyo navuga ni uko abantu bakwiyizera, bakagira umuhamagaro w’icyo biguza gukora kandi bakagiharanira.”

Akomeza agira ati “Nahunze nkiri umwana muto kandi ni kimwe mu byangize uwo ndiwe ni na kimwe mu byampaye imbaraga zo gukora ibyo nkora …Ntuzigere wigaya, ukwiye kwiyumvamo ko ushoboye kandi iyi ni intero nasanze muri iki Gihugu.”

Avuga ko abantu bakwiye kwiyizera bya nyabyo, ubundi bakiha agaciro bakirinda gucibwa intege n’ibyagiye bibabaho mu bihe byatambutse.

Arielle Kayabaga wabaye impunzi ubu ni Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Canada (Photo/The New Times)
Yakiriwe na Minisitiri Biruta
Yanabonanye na Perezida w’Inteko Ishinga Amatageko umutwe w’Abadepite

Yanabonanye n’Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi
Anasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Yanagiye mu Ngoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Njye w’i Cyangugu nsifura Icy’Isi, wowe habura iki?- Salima agufitiye ubutumwa

Next Post

Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Muri Village Urugwiro hatangijwe irerero ririmo abarimo umwuzukuru wa Perezida (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.