Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utuye mu Kagari ka Nzove mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Gasabo, umaze umwaka n’igice wibarutse impanga z’abana batatu, urasaba ubufasha abagiraneza kugira ngo ubashe kubarera, kuko batangiye kurwara indwara z’imirire mibi nka Bwaki.

Uyu muryango wa Mbonigaba Celestin na Mukasimugomwa Console utuye mu Mudugudu wa Ruyenzi, Akagari ka Nzove, uvuga ko izi mpanga z’abana batatu, zaje zisanga abandi bana batatu wari usanganywe.

Ni abana baje n’ubundi uyu muryango usanzwe uriho mu buzima bwo gupfundikanya, dore ko umubyeyi umwe muri bo yari asanzwe akora akazi k’ubuzunguzayi.

Mukasimugomwa Console yagize ati “Ubuzima bumeze nabi cyane nabyaye aba bana batatu nari umuzunguzayi, ubuzima bwaje kuba bubi mbura icyo kubaha. Mfitemo umwe uri mu mirire mibi n’abandi bari konka ibere rimwe kuko irindi rirwaye.”

Muri aba bana harimo n’abarwaye indwara zituruka ku mirire mibi ku buryo hari n’abagaragaza umusatsi wacuramye.

Ise ubabyara avuga ko imibereho yabo ntaho ishingiye kuko usibye kugobokwa n’abagiraneza ntahandi bakura ikibatunga.

Ati “Ndasaba ubufasha kuko abana barimo barandwarana Bwaki, ntaho ngira ndambika umusaya dore aho mba ni ahangaha ni habi. Turasaba ubufasha abana babone icyo bashyira mu nda.”

Abaturanyi b’uyu muryango, na bo babona Leta ikwiye gufasha uyu muryango kugira ngo babashe kureba abana babo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya buravuga ko bwamusabye ko ashaka ikiraro cyo kororeramo inka kugira ngo bayimuhe ariko kugeza n’ubu atarakibona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Dusabeyezu Emmanuel ati “Twari twamwemereye ko tumuha inka nabona aho ayororera, aramutse ahabonye twayimuha, iyo ibyaye nkakuriya urabakorera nta kundi hari n’abandi dufite dufasha bafite ibibazo bikomeye kurusha we.”

Uyu muryango ucumbitse mu nzu nto y’icyumba kimwe n’uruganiro by’umukecuru ufite inzu y’ibyo iri muri aka gace.

Nyina w’aba bana avuga ko batangiye kubarwarana Bwaki
Bamwe batangiye kugira imisatsi icuramye nk’ikimenyetso cy’imirire mibi
Na se arasaba ubufasha

NTAMBARA Garleon
RADIOTV 10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − four =

Previous Post

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Next Post

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n’ibyo akekwaho

Related Posts

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

IZIHERUKA

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we
AMAHANGA

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

10/11/2025
Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

10/11/2025
Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n'ibyo akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.