Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in MU RWANDA
0
Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa ko yiyahuye abitewe n’agahinda k’isambu ye yari kuburanira mu Nteko y’abaturage bivugwa ko yambuwe n’uwahoze ari umugore we.

Ahagana saa munani z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukakira, nibwo nyakwigendera Nkurunziza Thomas wabanaga na mushiki we mu Mudugudu w’Uruhuha, Akagari ka Gati mu Murenge wa Gishari, bamusanze amanitse m kagozi mu musarani yapfuye.

Gicenderi Seraphine wo muri aka gace, yabwiye RADIOTV10 ko nyakwigendera yari asanzwe atuye i Kabare, ariko mu minsi ishize akaba yari yaje kubana na mushiki we kuko yari anarwaye akaguru ariko kwari kwarorohewe.

Ati “Nari nicaye n’undi mukecuru duturanye ndimo mpata ibirayi, tugiye kumva twumva Kantarama (mushiki wa Nyakwigendera) avuguje induru, ati ‘yewe data we nimuze murebe ishyano ngushije we’ Ati ’Nkurunziza yiyahuye mu musarane’ Ako kaziriko twasanze kamuri mu ijosi.”

Abaturanyi bakeka ko nyakwigendera yaba yiyambuye ubuzima kubera ikibazo cy’ubutaka yari ahuriyeho n’uwahoze ari umugore we ariko waje gushaka undi mugabo, dore ko bagombaga no kuburana kuri uyu wa Kabiri ari na wo munsi yiyahuriyeho.

Umwe mu baturage ati “Mu bigaragara amakuru ahari ni uko uwo Mukamurigo ni umwe mu babanye n’uyu mugabo (Nyakwigendera) bamarana imyaka myinshi kugeza ubwo yaje kugurisha ikibanza yari afite, bivugwa ayo mafaranga ya Nkurunziza yayaguze ikibanza aza kugenda agisizemo umugore (Mukamurigo), agarutse ava i Kabare aho yari amaze igihe aba, nza kumva abaza n’icyo kubanza cye. Turategereza tugasanga uyu mugabo yari afite agahinda gatumye yiyahura kuko yari yarareze uwo mugore n’umukobwa yari yarabyaye ahandi hantu.”

Undi muturage witwa Gicenderi Seraphine na we yagize ati “Ubwo bari baragiye kurega Mukamurigo ku Mudugudu wo mu Munanira ngo babohereza hano muri uyu Mudugudu, uyu munsi bari kuburanira mu Nteko.”

Mukamurigo Christine bivugwa yigeze kuba umugore wa Nyakwigendera, yahakanye ibyo kuba hari isambu bari bafite iri mu bibazo, avuga ko ahubwo yamuregaga amabati yaguze agashyirwa ku nzu yamusanganye mu isambu ye.

Ati “Barambeshyera rwose. Uwo mugabo (Nyakwigendera) kuva maze kuremera we n’umukobwa we bakajya kwigurira imirima, njye nta kintu yampaye, nta n’isambu yansigiye. Yararebye yaguze ububati butanu bwonyine asiga ahagaritse akazu, nari mu nzu yanjye n’ubu nyirimo, amaze Imyaka 30 tutabonana kandi ni mu kibanza cyanjye.”

Umukozi w’Umurenge wa Gishari ushinzwe Imiyoborere, Nteziryayo Theoneste yabwiye RADIOTV10 amakuru y’ibanze agaragaza ko nyakwigendera n’uyu wahoze ari umugore we, ntakibazo kidasanzwe bari bafitanye cyatuma umwe yiyambura ubuzima.

Ati “Mu byo twabonesheje amaso yacu twasanze ari mu mugozi mu bwiherero bigaragara ko bikekwa yiyahuye. Ntabwo turajya muri Detaye ngo tumenye byose, ariko icyo twavuganye na mushiki we ni uko twamubajije niba hari ikibazo bari bafitanye cyangwa se abaturanyi ntakiri kutwereka ko bari bafitanye ibibazo.”

Kugeza ubwo twatunganya iyi nkuru umurambo wa nyakwigendera Nkurunziza wari wajyanywe ku Bitaro by’Intara byigisha bya Rwamagana kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Abaturanyi bashenguwe n’urupfu rwa nyakwigendera

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Next Post

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.