Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umusaza ufite impano idasanzwe mu muziki yageneye ubutumwa uzwi muri Politiki y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/03/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza Nsabimana Mbarusha Jean Marie Vianney ufite impano yihariye mu gucuranga Guitar no kuririmba, nyuma yo kudahirwa mu irushanwa aherutse kwitabira, arifuza ko Umuhanzi Alain Mukuralinda usanzwe ari n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, ko na we yamuha amahirwe yo kumufasha nk’ayo yahaye Nsengiyumva François [Gisupusupu].

Uyu musaza uzwi ku kazina ka Caca Artist usanzwe afite impano zinyuranye zirimo kuririmba no gushushanya, dore ko yanabyize mu Ishuri rya Nyungo mu myaka yo mu 1988, aherutse kwitabira irushanwa ‘Rwanda Gospel Star Live’ icyiciro cya Kabiri ryahereye mu Karere ka Rusizi.

Ubwo yagerwagaho ngo agaragaze impano ye, yanyuze benshi kubera uburyo yacuranze guitar anaririmba, gusa ntiyabashije kurenga umutaru, kuko umwe mu bagize Akanama nkemurampaka, yamuhaye ‘Oya’ mu gihe abandi babiri bari bamuhaye ‘Yego’.

Nubwo Caca atakomeje muri iri rushanwa, avuga ko atacika intege ahubwo ko yifuza guhura n’umuhanzi Alain Mukuralinda, kugira ngo azamufashe kuzamura impano ye nk’uko yabikoreye Nsengiyumva François wamamaye nka Gisupusupu.

Yagize ati “Nanjye ndi umuhanga. Hari musaza witwa Mukuralinda Alain mbona yamfasha kuko njyewe mfite impano, naranize d’abord (atebya) nzi gucuranga, nzi gushushanya ndanahimba, na gitari ndazikora.”

Yavuze ko aramutse ahawe amahirwe agafashwa kuzamura impano ye, na we yatera ikirenge mu cya Gisupusu ndetse akanamurusha.

Ati “Ni umuhanga ariko njyewe nanamurusha. Rero ndasaba Mukuralinda ko nanjye yanyibuka akamfasha, njyewe indirimbo zose mfiteho ubumenyi, zaba izisanzwe n’izo guhimbaza Imana.”

Uretse impano yo kuririmba no gucuranga Guitar, uyu musaza avuga ko afite n’impano yo gushushanya, ndetse ko ibyapa byinshi biri muri Rusizi, ari we wabishushanyije, akaba ari na wo mwuga umutunze.

IKIGANIRO CYOSE

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Next Post

Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Related Posts

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

by radiotv10
14/05/2025
0

Cassie Ventura wahoze ari umukunzi wa Sean “Diddy” Combs , yatanze ubuhamya mu Rukiko rw’i New York, mu rubanza aregwamo...

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Nyuma yuko Itorero ‘Grace Room Minisitries’ riyoborwa n’Umuvugavutumwa Pastor Julienne Kabanda, ryambuwe uburenganzira bwo gukora, umuhanzikazi Aline Gahongayire yagaragaje agahinda...

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

IZIHERUKA

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru
FOOTBALL

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

by radiotv10
14/05/2025
0

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

14/05/2025
AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

14/05/2025
Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.