Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umusaza ufite impano idasanzwe mu muziki yageneye ubutumwa uzwi muri Politiki y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/03/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza Nsabimana Mbarusha Jean Marie Vianney ufite impano yihariye mu gucuranga Guitar no kuririmba, nyuma yo kudahirwa mu irushanwa aherutse kwitabira, arifuza ko Umuhanzi Alain Mukuralinda usanzwe ari n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, ko na we yamuha amahirwe yo kumufasha nk’ayo yahaye Nsengiyumva François [Gisupusupu].

Uyu musaza uzwi ku kazina ka Caca Artist usanzwe afite impano zinyuranye zirimo kuririmba no gushushanya, dore ko yanabyize mu Ishuri rya Nyungo mu myaka yo mu 1988, aherutse kwitabira irushanwa ‘Rwanda Gospel Star Live’ icyiciro cya Kabiri ryahereye mu Karere ka Rusizi.

Ubwo yagerwagaho ngo agaragaze impano ye, yanyuze benshi kubera uburyo yacuranze guitar anaririmba, gusa ntiyabashije kurenga umutaru, kuko umwe mu bagize Akanama nkemurampaka, yamuhaye ‘Oya’ mu gihe abandi babiri bari bamuhaye ‘Yego’.

Nubwo Caca atakomeje muri iri rushanwa, avuga ko atacika intege ahubwo ko yifuza guhura n’umuhanzi Alain Mukuralinda, kugira ngo azamufashe kuzamura impano ye nk’uko yabikoreye Nsengiyumva François wamamaye nka Gisupusupu.

Yagize ati “Nanjye ndi umuhanga. Hari musaza witwa Mukuralinda Alain mbona yamfasha kuko njyewe mfite impano, naranize d’abord (atebya) nzi gucuranga, nzi gushushanya ndanahimba, na gitari ndazikora.”

Yavuze ko aramutse ahawe amahirwe agafashwa kuzamura impano ye, na we yatera ikirenge mu cya Gisupusu ndetse akanamurusha.

Ati “Ni umuhanga ariko njyewe nanamurusha. Rero ndasaba Mukuralinda ko nanjye yanyibuka akamfasha, njyewe indirimbo zose mfiteho ubumenyi, zaba izisanzwe n’izo guhimbaza Imana.”

Uretse impano yo kuririmba no gucuranga Guitar, uyu musaza avuga ko afite n’impano yo gushushanya, ndetse ko ibyapa byinshi biri muri Rusizi, ari we wabishushanyije, akaba ari na wo mwuga umutunze.

IKIGANIRO CYOSE

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Next Post

Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Related Posts

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

by radiotv10
09/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bakundana, amugenera amagambo aryohereye amwifuriza isabukuru nziza, amwibutsa ko yavukiye kugira ngo umutima we umukunde...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.