Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, Abakuru b’Ibihugu na za Guverinona z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bongeye guhurira mu Nama idasanzwe, yitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa muri barindwi bagombaga kuyizamo, ariko bakohereza ababahagararira. Umusesenguzi yagaragaje igishobora kuba cyabiteye.

Ni Inteko idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, yateraniye i Bujumbura kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023.

Iyi Nteko idasanzwe, ibaye mu gihe hashize imyaka ibiri hari ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanatumye umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda uzamo igitotsi.

Gusa iyi nteko idasanzwe ya EAC, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu babiri gusa muri barindwi b’Ibihugu bigize uyu Muryango, kuko abandi bohereje abahagararira, barimo na Minisititi w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edourad Ngirente.

Muri Gashyantare uyu mwaka, hari hateranye indi Nteko yahuje Abakuru b’Ibihugu basuzumaga aho bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

Itandukaniro n’inshuro ya mbere, hari Abakuru b’Ibihugu 6 muri 7 bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, barimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Icyakora kuri iyi nshuro ubwo hateranaga iyi Nteko idasanzwe ya 21, hari Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye n’uwa Kenya, William Ruto, mu gihe abandi bohereje intumwa.

Izi ntuma zirimo na Dr Edouard Ngirente wagiye uhagarariye Perezida Kagame ndetse na Shibangu Serges wagiye nk’intumwa idasanzwe ya Perezida Tshisekedi. Ibi bivuze ko Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iyi nama idasanzwe ku rugero rwa 28.5%.

Alex Nizeyinama, umuhanga muri politike mpuzamahanga yagize icyo abivugaho. Ati “Hari uko kurambirwa guhora mu bintu bidahinduka, ariko hari no gufasha umuntu ubona udafite ubushake. Ikibazo bigaho ni icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ariko ntibatinya kugaragaza ko ibikorwa byose ntacyo bibabwiye. Ubona bisa n’aho abantu bategereje kureba ibizaba nyuma y’amatora. DRC yamaze kwerekana ko itagishaka ingabo z’akarere, ahubwo ngo ishaka iza SADC, ibyo ubwabyo ntibyabura guca Abakuru b’Ibihugu intege.”

Usibye raporo z’imiryango imwe ivuga ku ngaruka z’intambara yo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa; imiryano y’igisilikare cya Congo n’abarwanyi ba M23 yacishije macye.

Ingabo z’akarere zafashe bimwe mu bice byari byarafashwe n’abarwanyi b’uyu mutwe wa M23. Icyakora ibinyamakuru bivuga ko Perezida Tshisekedi ashinja izo ngabo gukorana n’uwo mutwe bita umwanzi.

Nihatagira igihinduka; ingabo z’akarere zizasubira mu Bihugu byazo, zisimburwe n’iz’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo SADC.

Perezida Ndayishimiye ubwo yitabiraga iyi nama
Na William Ruto
Dr Ngirente
Visi Perezida wa Tanzania, DR. PHILIP ISDOR MPANGO
Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Dr Barnaba Marial Benjamin ni we waje ahagarariye Salva Kiir
Rebecca Alitwala Kadaga yaje ahagarariye Museveni
Tshisekedi yohereje Antipas Mbusa Nyamwisi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG

Next Post

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.