Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, Abakuru b’Ibihugu na za Guverinona z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bongeye guhurira mu Nama idasanzwe, yitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa muri barindwi bagombaga kuyizamo, ariko bakohereza ababahagararira. Umusesenguzi yagaragaje igishobora kuba cyabiteye.

Ni Inteko idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, yateraniye i Bujumbura kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023.

Iyi Nteko idasanzwe, ibaye mu gihe hashize imyaka ibiri hari ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanatumye umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda uzamo igitotsi.

Gusa iyi nteko idasanzwe ya EAC, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu babiri gusa muri barindwi b’Ibihugu bigize uyu Muryango, kuko abandi bohereje abahagararira, barimo na Minisititi w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edourad Ngirente.

Muri Gashyantare uyu mwaka, hari hateranye indi Nteko yahuje Abakuru b’Ibihugu basuzumaga aho bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

Itandukaniro n’inshuro ya mbere, hari Abakuru b’Ibihugu 6 muri 7 bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, barimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Icyakora kuri iyi nshuro ubwo hateranaga iyi Nteko idasanzwe ya 21, hari Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye n’uwa Kenya, William Ruto, mu gihe abandi bohereje intumwa.

Izi ntuma zirimo na Dr Edouard Ngirente wagiye uhagarariye Perezida Kagame ndetse na Shibangu Serges wagiye nk’intumwa idasanzwe ya Perezida Tshisekedi. Ibi bivuze ko Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iyi nama idasanzwe ku rugero rwa 28.5%.

Alex Nizeyinama, umuhanga muri politike mpuzamahanga yagize icyo abivugaho. Ati “Hari uko kurambirwa guhora mu bintu bidahinduka, ariko hari no gufasha umuntu ubona udafite ubushake. Ikibazo bigaho ni icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ariko ntibatinya kugaragaza ko ibikorwa byose ntacyo bibabwiye. Ubona bisa n’aho abantu bategereje kureba ibizaba nyuma y’amatora. DRC yamaze kwerekana ko itagishaka ingabo z’akarere, ahubwo ngo ishaka iza SADC, ibyo ubwabyo ntibyabura guca Abakuru b’Ibihugu intege.”

Usibye raporo z’imiryango imwe ivuga ku ngaruka z’intambara yo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa; imiryano y’igisilikare cya Congo n’abarwanyi ba M23 yacishije macye.

Ingabo z’akarere zafashe bimwe mu bice byari byarafashwe n’abarwanyi b’uyu mutwe wa M23. Icyakora ibinyamakuru bivuga ko Perezida Tshisekedi ashinja izo ngabo gukorana n’uwo mutwe bita umwanzi.

Nihatagira igihinduka; ingabo z’akarere zizasubira mu Bihugu byazo, zisimburwe n’iz’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo SADC.

Perezida Ndayishimiye ubwo yitabiraga iyi nama
Na William Ruto
Dr Ngirente
Visi Perezida wa Tanzania, DR. PHILIP ISDOR MPANGO
Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Dr Barnaba Marial Benjamin ni we waje ahagarariye Salva Kiir
Rebecca Alitwala Kadaga yaje ahagarariye Museveni
Tshisekedi yohereje Antipas Mbusa Nyamwisi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG

Next Post

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.