Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, Abakuru b’Ibihugu na za Guverinona z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bongeye guhurira mu Nama idasanzwe, yitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa muri barindwi bagombaga kuyizamo, ariko bakohereza ababahagararira. Umusesenguzi yagaragaje igishobora kuba cyabiteye.

Ni Inteko idasanzwe ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC, yateraniye i Bujumbura kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023.

Iyi Nteko idasanzwe, ibaye mu gihe hashize imyaka ibiri hari ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanatumye umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda uzamo igitotsi.

Gusa iyi nteko idasanzwe ya EAC, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu babiri gusa muri barindwi b’Ibihugu bigize uyu Muryango, kuko abandi bohereje abahagararira, barimo na Minisititi w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edourad Ngirente.

Muri Gashyantare uyu mwaka, hari hateranye indi Nteko yahuje Abakuru b’Ibihugu basuzumaga aho bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

Itandukaniro n’inshuro ya mbere, hari Abakuru b’Ibihugu 6 muri 7 bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, barimo na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Icyakora kuri iyi nshuro ubwo hateranaga iyi Nteko idasanzwe ya 21, hari Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye n’uwa Kenya, William Ruto, mu gihe abandi bohereje intumwa.

Izi ntuma zirimo na Dr Edouard Ngirente wagiye uhagarariye Perezida Kagame ndetse na Shibangu Serges wagiye nk’intumwa idasanzwe ya Perezida Tshisekedi. Ibi bivuze ko Abakuru b’Ibihugu bitabiriye iyi nama idasanzwe ku rugero rwa 28.5%.

Alex Nizeyinama, umuhanga muri politike mpuzamahanga yagize icyo abivugaho. Ati “Hari uko kurambirwa guhora mu bintu bidahinduka, ariko hari no gufasha umuntu ubona udafite ubushake. Ikibazo bigaho ni icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ariko ntibatinya kugaragaza ko ibikorwa byose ntacyo bibabwiye. Ubona bisa n’aho abantu bategereje kureba ibizaba nyuma y’amatora. DRC yamaze kwerekana ko itagishaka ingabo z’akarere, ahubwo ngo ishaka iza SADC, ibyo ubwabyo ntibyabura guca Abakuru b’Ibihugu intege.”

Usibye raporo z’imiryango imwe ivuga ku ngaruka z’intambara yo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa; imiryano y’igisilikare cya Congo n’abarwanyi ba M23 yacishije macye.

Ingabo z’akarere zafashe bimwe mu bice byari byarafashwe n’abarwanyi b’uyu mutwe wa M23. Icyakora ibinyamakuru bivuga ko Perezida Tshisekedi ashinja izo ngabo gukorana n’uwo mutwe bita umwanzi.

Nihatagira igihinduka; ingabo z’akarere zizasubira mu Bihugu byazo, zisimburwe n’iz’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo SADC.

Perezida Ndayishimiye ubwo yitabiraga iyi nama
Na William Ruto
Dr Ngirente
Visi Perezida wa Tanzania, DR. PHILIP ISDOR MPANGO
Minisititi w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Dr Barnaba Marial Benjamin ni we waje ahagarariye Salva Kiir
Rebecca Alitwala Kadaga yaje ahagarariye Museveni
Tshisekedi yohereje Antipas Mbusa Nyamwisi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seven =

Previous Post

Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG

Next Post

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.