Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusirikare ukomeye muri FARDC yayiteye umugongo yigira muri M23

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
M23 iryamiye amajanja nyuma yo kumenya ko FARDC yitegura kuyigabo ibitero simusiga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel muri Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaragitorotse ajya kwifatanya na M23 ayisanga mu Mujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko y’uyu mutwe.

Col Bisamaza Kayonde Richard bivugwa ko yiyunze kuri M23 nyuma yo gutoroka igisirikare cya Congo akabanza guhungira muri Uganda.

Ikinyamakuru Magzote.com gitangaza ko uyu musirikare mukuru muri FARDC ubwo yahinduraga avuye muri Uganda aho yari yahungiye, yahise asanga M23 mu mujyi wa Bunagana umaze igihe ufashwe n’uyu mutwe.

Iki kinyamakuru kivuga ko Col Bisamaza yakiriwe neza n’umutwe wa M23 ndetse ugahita umuha umwanya mu buyobozi bwa gisirikare.

Si Col Bisamaza umaze gutoroka FARDC agasanga M23 kuko hari n’abandi basirikare bakuru muri iki gisirikare cya Congo bakajya muri uyu mutwe.

Benshi muri bo ni abasanzwe ari Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, bagiye bafata inzira bagasanga uriya mutwe kubera gukorerwa ihohoterwa na bagenzi babo babashinja gukorana n’u Rwanda.

Kuva u Rwanda rwagirana ibibazo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare bakuru bavuga Ikinyarwanda biganjemo abakomoka mu bice bya Masisi na Rutshuru, bagiye bahoterwa bashinjwa gukorana n’iki Gihugu cy’igituranyi.

Bamwe barirukanywe nka Lt Col Kibibi Mutware, Major Sido Bizimungu alias America, Major Aruna Bovic na Major Mundande Kitambala.

Aba bose ni abakomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge bumaze iminsi bugirirwa nabi kubera umutwe wa M23 uhora ushyirwa ku mutwe w’u Rwanda.

Hari amakuru avuga kandi ko hari abasirikare bamwe bakuru bo muri ubu bwoko bagiye bapfa impfu zitavuzweho rumwe aho byanaketswe ko bashobora kuba bararozwe mu mugambi wo kubikiza.

Col Bisamaza Kayonde Richard uvugwaho gutera umugongo FARDC akigira muri M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku ruzinduko rwa Blinken rwitsa ku bya Rusesabagina

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

U Rwanda rwagaragaje ikihishe inyuma ya raporo nshya ya UN ishinja RDF gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.