Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya uri mu ba mbere ku Isi, Kevin Hart akaba n’umukinnyi wa Filimi, yavuze bimwe mu byo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Birunga, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda umwaka ushize.

Kevin Hart n’umugore we Eniko Hart, basuye u Rwanda muri Nyakanga umwaka ushize wa 2023, bari kumwe n’abana babo.

Bimwe mu bikorwa basuye mu Rwanda, birimo kujya kureba Ingagi mu Birunga, zashimishije uyu munyarwenya, nyuma wanaje kwita Izina umwe mu bana b’Ingagi biswe amazina muri Nzeri 2023, aho uwo yise yamuhaye izina rya Gakondo.

Uyu munyarwenya uzwiho gutebya bikaryohera benshi, mu kiganiro The Tonight Show yagiranye na Jimmy Fallon, yavuze ko yishimiye gusura u Rwanda.

Yagize ati “Nafashe urugero runini nerecyeza mu Rwanda, kandi u Rwanda ruri mu bihe byiza. Ellen ni we watumye birangiran ngiye mu Rwanda, yansabye ko najya kwirebera ingagi.”

Jimmy wari uyoboye ikiganiro, yahise amwereka ifoto y’uburyo atinya inyamaswa ubwo yahungaga igipupe mu kiganiro, bombi bahise basekera rimwe.

Kevin Hart yavuze ko ubwo yasuraga ingagi mu Birunga, yari azi ko hagati ye na zo haba harimo ikirahure, ariko agatungurwa no kuba abantu bazibona imbonankubone.

Ati “Njyewe sinisanzuranaho n’inyamaswa ariko umuryango wanjye wo warabishakaga, none se ubwo naba ndi inde wababuza amahirwe ku mpamvu zanjye. Nari mfite ubwoba ubwo twageraga hariya kuko nakekaga ko haza kuba harimo ikirahure kidutandukanya.

Ubwo hari Ingagi zariho zigenda zihagaze, sinari narabibonye. Ndabyibuka mu mabwiriza bari baduhaye kwari ukudahuza amaso nazo no kuzireba cyane. Muri ako kanya Ingagi yabanje kuza yari ingore mpita ndyama hasi. Ndatuza ariko umugore wanjye atangira kuyifata amafoto kandi umurabyo wari uriho, mpita mukubita ndamubuza kugira ngo ataduteza akaga.”

Ni imvugo Kevi Hart yavugaga mu rwenya rwinshi, aseka; avuga ko nubwo byari biteye ubwoba ariko ari ibihe byiza atazibagirwa mu buzima bwe.

Kevin Hart we n’umuryango we ubwo basuraga Ingagi mu Birunga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + eight =

Previous Post

Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye

Next Post

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n'abafungiye ahatazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.