Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya uri mu ba mbere ku Isi, Kevin Hart akaba n’umukinnyi wa Filimi, yavuze bimwe mu byo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Birunga, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda umwaka ushize.

Kevin Hart n’umugore we Eniko Hart, basuye u Rwanda muri Nyakanga umwaka ushize wa 2023, bari kumwe n’abana babo.

Bimwe mu bikorwa basuye mu Rwanda, birimo kujya kureba Ingagi mu Birunga, zashimishije uyu munyarwenya, nyuma wanaje kwita Izina umwe mu bana b’Ingagi biswe amazina muri Nzeri 2023, aho uwo yise yamuhaye izina rya Gakondo.

Uyu munyarwenya uzwiho gutebya bikaryohera benshi, mu kiganiro The Tonight Show yagiranye na Jimmy Fallon, yavuze ko yishimiye gusura u Rwanda.

Yagize ati “Nafashe urugero runini nerecyeza mu Rwanda, kandi u Rwanda ruri mu bihe byiza. Ellen ni we watumye birangiran ngiye mu Rwanda, yansabye ko najya kwirebera ingagi.”

Jimmy wari uyoboye ikiganiro, yahise amwereka ifoto y’uburyo atinya inyamaswa ubwo yahungaga igipupe mu kiganiro, bombi bahise basekera rimwe.

Kevin Hart yavuze ko ubwo yasuraga ingagi mu Birunga, yari azi ko hagati ye na zo haba harimo ikirahure, ariko agatungurwa no kuba abantu bazibona imbonankubone.

Ati “Njyewe sinisanzuranaho n’inyamaswa ariko umuryango wanjye wo warabishakaga, none se ubwo naba ndi inde wababuza amahirwe ku mpamvu zanjye. Nari mfite ubwoba ubwo twageraga hariya kuko nakekaga ko haza kuba harimo ikirahure kidutandukanya.

Ubwo hari Ingagi zariho zigenda zihagaze, sinari narabibonye. Ndabyibuka mu mabwiriza bari baduhaye kwari ukudahuza amaso nazo no kuzireba cyane. Muri ako kanya Ingagi yabanje kuza yari ingore mpita ndyama hasi. Ndatuza ariko umugore wanjye atangira kuyifata amafoto kandi umurabyo wari uriho, mpita mukubita ndamubuza kugira ngo ataduteza akaga.”

Ni imvugo Kevi Hart yavugaga mu rwenya rwinshi, aseka; avuga ko nubwo byari biteye ubwoba ariko ari ibihe byiza atazibagirwa mu buzima bwe.

Kevin Hart we n’umuryango we ubwo basuraga Ingagi mu Birunga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Menya indwara ifata umuntu akamera nk’uwasinze nyamara atanasogongeye ku gasembuye

Next Post

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n'abafungiye ahatazwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.