Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in MU RWANDA
0
Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp [Status] ko yishinja kuba yarakoze icyaha, anasaba abantu kuzagira uwo bamubwirira ko akunda, bamusanze amanitse mu giti yapfuye, bikekwa ko yiyahuye.

Umurambo w’uyu musore wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 iwabo mu Mudugudu wa Murongo mu Kagari ka Tara, Umurenge wa Mururu.

Ni nyuma yuko uyu musore witwa Uwamurengeye Clement ku munsi w’ejo hashize yari yanditse ubutumwa kuri WhatsApp buzwi nka ‘Satus’ avuga ko yicuza icyaha yakoze.

Muri ubu butumwa, uyu musore yari yatangiye avuga amazina ye n’imyaka, ndetse ko ari umwana wa karindwi mu bana icyenda, agakomeza agira ati “Ejo nakoze icyaka. Ku bankunda mumbabarire mwese, tuzahura ikindi gihe kandi mumbwirire Shema ko mukunda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mururu, Ngirabatware James, yabwiye RADIOTV10 ko umurambo wa nyakwigendera wabanje kubonwa n’umuvandimwe we ubwo yari agiye ku bwiherero, yareba mu giti cy’avoka akabonamo umurambo wa nyakwigendera.

Gitifu Ngirabatware James avuga ko nubwo iperereza rigikorwa, ariko bikekwa ko uyu musore yaba yiyahuye, ku mpamvu itaramenyekana nubwo hari ibyo bamwe bavuga.

Hari abavuga ko uyu musore yavugwagaho kuba yari afitiye Umuturage ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amadorari 100, yari yarabuze uko amwishyura.

Umukobwa witwa Shema Mignone wanavuzwe n’uyu musore muri buriya butumwa yanditse kuri WhatsApp ndetse banakoranaga, yabwiye RADIOTV10 ko nyakwigendera koko yari ayafitite Umunyekongo wari waje kurangura inzoga kugira ngo amwemerere kujyana n’amacupa n’amakaziye, ariko aho agarukiye ayamwatse arayabura.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + five =

Previous Post

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Next Post

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Related Posts

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
6

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

IZIHERUKA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego
AMAHANGA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

04/07/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

04/07/2025
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

03/07/2025
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.