Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umusore wari watanze inkwano ati “Nzateza ingaru”;
  • Umukobwa we ati “Nabivuyemo.”

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bari biyemeje kubana nk’umugore n’umugabo ndetse bagasezerana mu mategeko, ubu nta n’umwe uvugana n’undi kuko umukobwa akiva mu Murenge yahise agarama ibyo kuzabana n’uyu musore, akaba anifuza ko bajya kwaka gatanya batarigeze babana n’umunsi n’umwe.

Uyu musore n’inkumi bavuka mu Kagari ka Nyarunyinya mu Murenge wa Murambi, bombi bagize icyo babwira RADIOTV10 ku by’uru rushako rwabo rwapfuye rutarabaho.

Uyu musore utifuje ko umwirondoro we utangazwa, avuga ko imyaka igiye kuba ibiri we n’uwo yari yarihebeye basezeranye mu Murenge, bakanategura n’ibindi birori, ariko akaza kubura umukunzi we.

Ati “Tukiva mu rukiko umuntu yahise yifatira gahunda ze arigendera, ndumva hagiye gushira imyaka ibiri.”

Umunyamakuru yabajije uyu musore niba yarabajije umukobwa icyatumye amutera uw’inyuma, ati “Yarambwiye ngo ntabwo agishatse kubana nanjye, ngo tuzakore divorce.”

Uyu musore avuga ko yari yarakoye inka, ndetse ko yifuza no kuyisubizwa kuko yumva nta mpamvu yo kuguma mu muryango w’uwamubenze.

Uyu mukobwa wumvikana ko atagitekereza kuzabana n’uyu musore, yagize ati “Niba yarambuze ubwo nyine azihangane. Hari impamvu zatumye tutabana. Nabivuyemo.”

Mu mvugo avuga ko ntakindi yifuza kuri uyu musore atari uguhabwa gatanya inyuze mu nzira zemewe n’amategeko, ndetse ko adatewe impungenge no kuba yazakurikiranwaho kwica isezerano.

Ati “Ibyo ntakibazo, none se umuntu yabana n’uwo adashaka? Niba ubonye bidakunze se?”

Hari andi makuru avuga ko uyu mukobwa yamaze kujya mu Mujyi wa Kigali ndetse agashaka undi mugabo, we akaba adashaka kubivugaho ati “Mumbabarire cyane ntabwo ndi mu biciro.”

Abatuye muri aka gace, bagaya uyu mukobwa ndetse bakavuga ko n’iyo habaho gatanya ikwiye kuzakoranwa ubushishozi.

Umwe ati “Nk’abaturage uko tubibona ni uko uwo mukobwa ntakintu agomba kuza kubaza hano kuko atigeze aba muri uru rugo ngo arutahemo ngo n’abaturage bamubonye.”
Aba baturage kandi bavuga ko uyu musore akwiye gusubizwa inkwano kuko uwo yari yakoye batabanye kandi atari we biturutseho ahubwo biturutse ku mukobwa.

Me Mushimiyimana Odette, impuguke mu mategeko akaba anunganira abandi mu nkiko, avuga ko kuba aba bombi batarigeze babana n’umunsi n’umwe, uyu mukobwa nta cyaha yakoze.

Ati “Itegeko ry’umuryango ingingo ya 208 igika cya kabiri, ivuga ko ishyingirwa risheshwe cyangwa riteshejwe agaciro mbere yuko abashyingiranywe babana, imitungo ntabwo izamo.”

Uyu munyamategeko avuga ko iri tegeko riteganya ko iyo umwe mu basezeranye n’umuntu ariko ntibabane n’ijoro na rimwe, akaza kubura, uwasigaye ajya mu rukiko agasaba ko rutesha agaciro iryo sezerano ryabayeho.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 10 =

Previous Post

Congo yakoze igikorwa kigaragaza ko idafite ubushake ko ibyayo n’u Rwanda bikemuka mu mahoro

Next Post

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.