Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umusore wari watanze inkwano ati “Nzateza ingaru”;
  • Umukobwa we ati “Nabivuyemo.”

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bari biyemeje kubana nk’umugore n’umugabo ndetse bagasezerana mu mategeko, ubu nta n’umwe uvugana n’undi kuko umukobwa akiva mu Murenge yahise agarama ibyo kuzabana n’uyu musore, akaba anifuza ko bajya kwaka gatanya batarigeze babana n’umunsi n’umwe.

Uyu musore n’inkumi bavuka mu Kagari ka Nyarunyinya mu Murenge wa Murambi, bombi bagize icyo babwira RADIOTV10 ku by’uru rushako rwabo rwapfuye rutarabaho.

Uyu musore utifuje ko umwirondoro we utangazwa, avuga ko imyaka igiye kuba ibiri we n’uwo yari yarihebeye basezeranye mu Murenge, bakanategura n’ibindi birori, ariko akaza kubura umukunzi we.

Ati “Tukiva mu rukiko umuntu yahise yifatira gahunda ze arigendera, ndumva hagiye gushira imyaka ibiri.”

Umunyamakuru yabajije uyu musore niba yarabajije umukobwa icyatumye amutera uw’inyuma, ati “Yarambwiye ngo ntabwo agishatse kubana nanjye, ngo tuzakore divorce.”

Uyu musore avuga ko yari yarakoye inka, ndetse ko yifuza no kuyisubizwa kuko yumva nta mpamvu yo kuguma mu muryango w’uwamubenze.

Uyu mukobwa wumvikana ko atagitekereza kuzabana n’uyu musore, yagize ati “Niba yarambuze ubwo nyine azihangane. Hari impamvu zatumye tutabana. Nabivuyemo.”

Mu mvugo avuga ko ntakindi yifuza kuri uyu musore atari uguhabwa gatanya inyuze mu nzira zemewe n’amategeko, ndetse ko adatewe impungenge no kuba yazakurikiranwaho kwica isezerano.

Ati “Ibyo ntakibazo, none se umuntu yabana n’uwo adashaka? Niba ubonye bidakunze se?”

Hari andi makuru avuga ko uyu mukobwa yamaze kujya mu Mujyi wa Kigali ndetse agashaka undi mugabo, we akaba adashaka kubivugaho ati “Mumbabarire cyane ntabwo ndi mu biciro.”

Abatuye muri aka gace, bagaya uyu mukobwa ndetse bakavuga ko n’iyo habaho gatanya ikwiye kuzakoranwa ubushishozi.

Umwe ati “Nk’abaturage uko tubibona ni uko uwo mukobwa ntakintu agomba kuza kubaza hano kuko atigeze aba muri uru rugo ngo arutahemo ngo n’abaturage bamubonye.”
Aba baturage kandi bavuga ko uyu musore akwiye gusubizwa inkwano kuko uwo yari yakoye batabanye kandi atari we biturutseho ahubwo biturutse ku mukobwa.

Me Mushimiyimana Odette, impuguke mu mategeko akaba anunganira abandi mu nkiko, avuga ko kuba aba bombi batarigeze babana n’umunsi n’umwe, uyu mukobwa nta cyaha yakoze.

Ati “Itegeko ry’umuryango ingingo ya 208 igika cya kabiri, ivuga ko ishyingirwa risheshwe cyangwa riteshejwe agaciro mbere yuko abashyingiranywe babana, imitungo ntabwo izamo.”

Uyu munyamategeko avuga ko iri tegeko riteganya ko iyo umwe mu basezeranye n’umuntu ariko ntibabane n’ijoro na rimwe, akaza kubura, uwasigaye ajya mu rukiko agasaba ko rutesha agaciro iryo sezerano ryabayeho.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eighteen =

Previous Post

Congo yakoze igikorwa kigaragaza ko idafite ubushake ko ibyayo n’u Rwanda bikemuka mu mahoro

Next Post

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video
IBYAMAMARE

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.