Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuti w’ikibazo si ukunyamagana cyangwa kwinjira mu ntambara n’u Rwanda-Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yanenze Abanye-Congo bakomeje kumwagana no kwamagana Igihugu cye [u Rwanda] avuga ko ibi bidashobora gutanga umuti w’ikibazo kiri muri iki Gihugu.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze iminsi bushinja u Rwanda gutera inkunga umuwe wa M23 umaze iminsi warubuye imirwano, mu gihe u Rwanda rwo rukomeje kwamagana ibi birego bidafite ishingiro.

Abanye-Congo ibihumbi bamaze iminsi birara mu mihanda bamagana u Rwanda ndetse banasaba ko uruhagarariye mu Gihugu cyabo yirukanwa.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo, Vincent Karega yavuze ko iyi myitwarire y’Abanye-Congo ubwayo atari yo yazana umuti w’ibibazo biri mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “Mbona umuti w’ibibazo atari ukwamagana Ambasaderi w’u Rwanda cyangwa se kwinjira mu ntambara n’igihugu cy’u Rwanda, kuko iteka burya intambara irasenya kandi kubaka ibyo yasenye biragorana.”

Mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya Amerika, Amb. Vincent Karega yaboneyeho no kugira icyo abwira Abanye-Congo bakomeje kumwamagana, avuga ko baba banamagana Igihugu cye.

Yagize ati “Kuntandukanya n’u Rwanda biragoye kuko ni Igihugu cyanjye, uba rero bikora bagafata imihanda ngo bari kwamagana ambasaderi w’u Rwanda mbese ni ukwamagana igihugu cyanjye.”

U Rwanda rwakunze kuvuga ko umuti w’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biri mu biganza by’iki Gihugu ubwacyo aho gukora kibyitarutsa kigashaka kubishyira ku mutwe w’ikindi Gihugu.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, aherutse kugirana n’Abanyamakuru, na we yari yagaragaje kou Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro cyabaye tariki 31 Gicurasi 2022, Dr Vincent Biruta yanagarutse ku bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje gukorwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo ibisasu byatewe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri, avuga ko nibikomeza rutazarebera kuko bizaba ari nko guterwa kandi ko “iyo Igihugu gitewe kitabara.”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi wagiriye uruzinduko muri Congo-Brazzaville mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ibikorwa bihungabanya umutekano w’Igihugu cye.

Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye gisanzwe kizwiho kwakira neza abakigana ariko “ntibiha uburenganzira abaturanyi kuza kutuvogera.”

Yavuze ko ntagushidikanya ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

U Rwanda rwo wakunze kwamagana ibi birego, ruvuga ko FARDC yifatanyije na FDLR ndetse iki gisirikare kiri gufasha uyu mutwe kugira ngo ukomeze guhungabanya umutekano w’u Rwanda dore ko baherutse no gushimuta abasirikare babiri b’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + four =

Previous Post

Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Next Post

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.