Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuti w’ikibazo si ukunyamagana cyangwa kwinjira mu ntambara n’u Rwanda-Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yanenze Abanye-Congo bakomeje kumwagana no kwamagana Igihugu cye [u Rwanda] avuga ko ibi bidashobora gutanga umuti w’ikibazo kiri muri iki Gihugu.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze iminsi bushinja u Rwanda gutera inkunga umuwe wa M23 umaze iminsi warubuye imirwano, mu gihe u Rwanda rwo rukomeje kwamagana ibi birego bidafite ishingiro.

Abanye-Congo ibihumbi bamaze iminsi birara mu mihanda bamagana u Rwanda ndetse banasaba ko uruhagarariye mu Gihugu cyabo yirukanwa.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo, Vincent Karega yavuze ko iyi myitwarire y’Abanye-Congo ubwayo atari yo yazana umuti w’ibibazo biri mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “Mbona umuti w’ibibazo atari ukwamagana Ambasaderi w’u Rwanda cyangwa se kwinjira mu ntambara n’igihugu cy’u Rwanda, kuko iteka burya intambara irasenya kandi kubaka ibyo yasenye biragorana.”

Mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya Amerika, Amb. Vincent Karega yaboneyeho no kugira icyo abwira Abanye-Congo bakomeje kumwamagana, avuga ko baba banamagana Igihugu cye.

Yagize ati “Kuntandukanya n’u Rwanda biragoye kuko ni Igihugu cyanjye, uba rero bikora bagafata imihanda ngo bari kwamagana ambasaderi w’u Rwanda mbese ni ukwamagana igihugu cyanjye.”

U Rwanda rwakunze kuvuga ko umuti w’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biri mu biganza by’iki Gihugu ubwacyo aho gukora kibyitarutsa kigashaka kubishyira ku mutwe w’ikindi Gihugu.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, aherutse kugirana n’Abanyamakuru, na we yari yagaragaje kou Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro cyabaye tariki 31 Gicurasi 2022, Dr Vincent Biruta yanagarutse ku bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje gukorwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo ibisasu byatewe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri, avuga ko nibikomeza rutazarebera kuko bizaba ari nko guterwa kandi ko “iyo Igihugu gitewe kitabara.”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi wagiriye uruzinduko muri Congo-Brazzaville mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ibikorwa bihungabanya umutekano w’Igihugu cye.

Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye gisanzwe kizwiho kwakira neza abakigana ariko “ntibiha uburenganzira abaturanyi kuza kutuvogera.”

Yavuze ko ntagushidikanya ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

U Rwanda rwo wakunze kwamagana ibi birego, ruvuga ko FARDC yifatanyije na FDLR ndetse iki gisirikare kiri gufasha uyu mutwe kugira ngo ukomeze guhungabanya umutekano w’u Rwanda dore ko baherutse no gushimuta abasirikare babiri b’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Next Post

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.