Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in AMAHANGA
0
Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutingito ukomeye wibasiye Igihugu cya Myanmar cyo ku Mugabane wa Asia, biravugwa ko wahitanye ubuzima bw’abantu, unangiza ibikorwa remezo, birimo n’inyubako ndende yari ikiri kubakwa i Bangkok muri Thailand, i gihugu gituranye cyane Myanmar.

Abantu batatu ni bo bimaze kwemezwa ko bahitanywe n’uyu mutingito mu mujyi wa Taungoo muri Myanmar ubwo bagwirwaga n’umusigiti nk’uko abatangabuhamya babivuga, mu gihe itangazamakuru ryo muri aka gace rivuga ko abantu bari hagati ya babiri bapfuye abandi 20 bakomeretse nyuma y’aho hoteli imwe yo mu mujyi wa Aung Ban iguye.

Mu gihugu cya Thailand, umuntu umwe ni we bimaze kumenyekana ko yahitanywe n’isenyuka ry’inyubako ndende yari ikiri kubakwa i Bangkok, mu gihe ibikorwa by’ubutabazi bigikomeje, nkuko byatangajwe n’ubuyobozi bw’umujyi wa Bangkok.

Kugeza ubu mu mujyi wa Bangkok, abaturage bahiye ubwoba, ari nako abenshi bajya mu mihanda, nyuma yo kubona inyubako ndende zihirima, abenshi bakaba ari bamucyerarugendo basuye iki Gihugu, bari muri hoteli zitandukanye muri uyu mujyi.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubushakashatsi ku miterere y’isi (USGS) kivuga ko umutingito wari  ku gipimo cya 7.7, ukaba watangiriye mu bilometero 17.2 uvuye mu mugi wa Mandalay muri Myanmar, utuwe n’abaturage basaga miliyoni 1.5.

Ubutegetsi bwa gisirikare muri Myanmar bwahise butangaza ibihe bidasanzwe mu turere twibasiwe muri iki Gihugu, ndetse hatangira ibikorwa byo gutabara abagwiriwe n’inyubako, no guha ubufasha abagizweho ingaruka n’uyu mutingito.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 13 =

Previous Post

Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.