Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Kamala Harris akaba ari na we mugore wa mbere wagize uyu mwanya muri iki Gihugu, yasesekaye muri Tanzania iyobowe na Madamu Samia Suluhu Hassan ari na we mugore wa mbere na we wayoboye iki Gihugu, agaragaza ko yihimiye kujya muri iki Gihugu.

Kamala Harris wageze muri Tanzania mu ijoro ryacyeye, ari mu ruzinduko mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika, akaba yageze muri iki Gihugu avuye muri Ghana.

Ubwo yari amaze kugera muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, Kamala Harris yahise atangaza ko yishimiye kuba ari muri Tanzania.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Kamala Harris yagize ati “Ni byiza kuba nje hano muri Tanzania.”

Kamala Harris usanzwe ari we mugore wa mbere wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, biteganyijwe ko ahura na Madamu Samia Suluhu Hassan, na we akaba ari we wabaye Perezida wa mbere w’umugore wa Tanzania.

Umusesenguzi wo muri Tanzania, Mohamed Issa Hemed yavuze ko kuba Kamala Harris agiriye uruzinduko muri Tanzania, ari ukuba Igihugu cye cy’Igihangange cya Leta Zunze Ubumwe za America kishimira ibikomeje kugerwaho ku buyobozi bwa Madamu Samia Suluhu Hassan.

Yagize ati “Hano hari ibinezaneza kuko abaturage baravuga ko imbaraga za Madamu Perezida mu guhindura Igihugu byazirikanwe n’Igihugu cy’Igihangange cya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Ubwo Harris aheruka guhura na Samia Suluhu i Washington, yari yamugaragarije ko Igihugu cye kishimira ibikomeje kugerwaho muri Tanzania ku butegetsi bwe.

Icyo gihe yari yagize ati “Byumwihariko akazi wakoze mu guha ubushobozi abayobozi b’abagore muri Tanzania ndetse n’akazi ukomeje gukora mu guteza imbere uburenganzira bwa muntu.”

Kamala Harris yageze muri Tanzania avuye muri Ghana, aho yamaze amajoro atatu, bikaba biteganyijwe ko muri Tanzania ahamara iminsi ibiri agahita yerecyeza muri Zambia, akazasubira i Washington ku Cyumweru.

Yabanje muri Tanzania ahamara iminsi itatu aho yanabonanye na Perezida Nana Akufo-Addo

Yasuye bimwe mu bikorwa muri Ghana

Mbere yo kujya muri Tanzania yabanje guhura na ba rwiyemezamirimo b’abagore bo muri Ghana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + fifteen =

Previous Post

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Next Post

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho
MU RWANDA

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n'umutoza yari yegamiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.