Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Kamala Harris akaba ari na we mugore wa mbere wagize uyu mwanya muri iki Gihugu, yasesekaye muri Tanzania iyobowe na Madamu Samia Suluhu Hassan ari na we mugore wa mbere na we wayoboye iki Gihugu, agaragaza ko yihimiye kujya muri iki Gihugu.

Kamala Harris wageze muri Tanzania mu ijoro ryacyeye, ari mu ruzinduko mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika, akaba yageze muri iki Gihugu avuye muri Ghana.

Ubwo yari amaze kugera muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, Kamala Harris yahise atangaza ko yishimiye kuba ari muri Tanzania.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Kamala Harris yagize ati “Ni byiza kuba nje hano muri Tanzania.”

Kamala Harris usanzwe ari we mugore wa mbere wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, biteganyijwe ko ahura na Madamu Samia Suluhu Hassan, na we akaba ari we wabaye Perezida wa mbere w’umugore wa Tanzania.

Umusesenguzi wo muri Tanzania, Mohamed Issa Hemed yavuze ko kuba Kamala Harris agiriye uruzinduko muri Tanzania, ari ukuba Igihugu cye cy’Igihangange cya Leta Zunze Ubumwe za America kishimira ibikomeje kugerwaho ku buyobozi bwa Madamu Samia Suluhu Hassan.

Yagize ati “Hano hari ibinezaneza kuko abaturage baravuga ko imbaraga za Madamu Perezida mu guhindura Igihugu byazirikanwe n’Igihugu cy’Igihangange cya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Ubwo Harris aheruka guhura na Samia Suluhu i Washington, yari yamugaragarije ko Igihugu cye kishimira ibikomeje kugerwaho muri Tanzania ku butegetsi bwe.

Icyo gihe yari yagize ati “Byumwihariko akazi wakoze mu guha ubushobozi abayobozi b’abagore muri Tanzania ndetse n’akazi ukomeje gukora mu guteza imbere uburenganzira bwa muntu.”

Kamala Harris yageze muri Tanzania avuye muri Ghana, aho yamaze amajoro atatu, bikaba biteganyijwe ko muri Tanzania ahamara iminsi ibiri agahita yerecyeza muri Zambia, akazasubira i Washington ku Cyumweru.

Yabanje muri Tanzania ahamara iminsi itatu aho yanabonanye na Perezida Nana Akufo-Addo

Yasuye bimwe mu bikorwa muri Ghana

Mbere yo kujya muri Tanzania yabanje guhura na ba rwiyemezamirimo b’abagore bo muri Ghana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Next Post

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n'umutoza yari yegamiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.