Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Kamala Harris akaba ari na we mugore wa mbere wagize uyu mwanya muri iki Gihugu, yasesekaye muri Tanzania iyobowe na Madamu Samia Suluhu Hassan ari na we mugore wa mbere na we wayoboye iki Gihugu, agaragaza ko yihimiye kujya muri iki Gihugu.

Kamala Harris wageze muri Tanzania mu ijoro ryacyeye, ari mu ruzinduko mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika, akaba yageze muri iki Gihugu avuye muri Ghana.

Ubwo yari amaze kugera muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda, Kamala Harris yahise atangaza ko yishimiye kuba ari muri Tanzania.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Kamala Harris yagize ati “Ni byiza kuba nje hano muri Tanzania.”

Kamala Harris usanzwe ari we mugore wa mbere wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, biteganyijwe ko ahura na Madamu Samia Suluhu Hassan, na we akaba ari we wabaye Perezida wa mbere w’umugore wa Tanzania.

Umusesenguzi wo muri Tanzania, Mohamed Issa Hemed yavuze ko kuba Kamala Harris agiriye uruzinduko muri Tanzania, ari ukuba Igihugu cye cy’Igihangange cya Leta Zunze Ubumwe za America kishimira ibikomeje kugerwaho ku buyobozi bwa Madamu Samia Suluhu Hassan.

Yagize ati “Hano hari ibinezaneza kuko abaturage baravuga ko imbaraga za Madamu Perezida mu guhindura Igihugu byazirikanwe n’Igihugu cy’Igihangange cya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Ubwo Harris aheruka guhura na Samia Suluhu i Washington, yari yamugaragarije ko Igihugu cye kishimira ibikomeje kugerwaho muri Tanzania ku butegetsi bwe.

Icyo gihe yari yagize ati “Byumwihariko akazi wakoze mu guha ubushobozi abayobozi b’abagore muri Tanzania ndetse n’akazi ukomeje gukora mu guteza imbere uburenganzira bwa muntu.”

Kamala Harris yageze muri Tanzania avuye muri Ghana, aho yamaze amajoro atatu, bikaba biteganyijwe ko muri Tanzania ahamara iminsi ibiri agahita yerecyeza muri Zambia, akazasubira i Washington ku Cyumweru.

Yabanje muri Tanzania ahamara iminsi itatu aho yanabonanye na Perezida Nana Akufo-Addo

Yasuye bimwe mu bikorwa muri Ghana

Mbere yo kujya muri Tanzania yabanje guhura na ba rwiyemezamirimo b’abagore bo muri Ghana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − five =

Previous Post

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Next Post

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n'umutoza yari yegamiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.