Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in Uncategorized
0
Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba ategerejwe i Kigali mu ruzinduko arimo mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, aho uyu muyobozi wa Dipolomasi akomeje gusaba Ibihugu byo kuri uyu Mugabane kuba ku ruhande rwa Ukraine ihanganye n’u Burusiya.

Uru ruzinduko azagirira mu Rwanda, Dmytro Ivanovych Kuleba yarutangarije i Addis Ababa ku cyicaro gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe.

Uyu mukuru wa dipolomasi ya Ukraine, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko agomba kuva muri Ethiopia akomereza mu Rwanda, nubwo atigeze abivugaho byinshi.

Uru rugendo rwa Kigali ruri mu murongo umwe n’izo yagiriye mu bindi Bihugu byo kuri uyu Mugabane, nka Morocco, aho yavugiye ko Ibihugu bya Afurika bikwiye kujya ku ruhande rumwe n’Igihugu cyabo cya Ukraine kimaze iminsi gihanganye n’u Burusiya mu ntamba bwagishojeho.

Yagarutse kuri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika biterura ngo bigaragze aho bihaganze, ati “Birababaje kuba Ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika bihitamo kwifata. Icyo gihe uba wanze gushyigikira ubwigenge n’ubusugire bw’Igihugu, ariko iyo urebye ku myanzuro y’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye iheruka, yo kugarura amahoro arambye muri Ukraine; Ibihugu 141 byarawushyigikiye. Harimo n’Ibihugu byinshi byo muri Afurika.”

Ibyo Bihugu bya Afurika bihagaze hagati; u Rwanda ntirurimo; kuko ruri mu Bihugu bicye byo muri aka karere byeruye bikamagana intambara y’u Burusiya kuri Ukraine.

Iyi mikoranire y’Ibihugu byombi imaze imyaka isaga 30. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ukraine igaragaza ko iyi mikoranire n’u Rwanda yatangiye mu mwaka wa 1993.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri Kuleba i Kigali, ni urwa mbere rw’umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru muri Ukraine araba agiriye mu Rwanda. Iki Gihugu nta ambasade gifite mu Rwanda, kuko Andrii Pravednyk uhararariye Ukraine mu Rwanda akorera muri Kenya. Uko ni nako bimeze ku Rwanda kuko uruhagarariye muri Ukraine afite icyicaro mu Budage.

Nubwo bimeze gutyo, Ukraine igaragaza ko ubucuruzi hagati y’Ibihugu byombi buhagaze neza, kuko nko muri 2021 ibicuruzwa na serivisi byahererekanyijwe hagati y’Ibihugu byombi; bifite agaciro ka miliyoni 2.188 USD.

Ukraine yohereje mu Rwanda ibifite agaciro ka miliyoni 1,012 USD; naho u Rwanda rwoherezayo icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro bifite agaciro k’ibihumbi 834 USD.

Muri uwo mwaka, u Rwanda rwari rufite abantu 61 biga muri Ukraine, mu gihe umuturage umwe wa Ukraine ari we wabaga mu Rwanda.

Iyi Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine igaragaza ko umubano w’icyo Gihugu n’u Rwanda ukiri kwiyubaka, ariko ko biteguye gufasha inzego z’u Rwanda zirimo ubuhinzi, ingufu, kuyungurura amazi no kuyakwirakwiza mu Gihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Next Post

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.