• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in Uncategorized
0
Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba ategerejwe i Kigali mu ruzinduko arimo mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, aho uyu muyobozi wa Dipolomasi akomeje gusaba Ibihugu byo kuri uyu Mugabane kuba ku ruhande rwa Ukraine ihanganye n’u Burusiya.

Uru ruzinduko azagirira mu Rwanda, Dmytro Ivanovych Kuleba yarutangarije i Addis Ababa ku cyicaro gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe.

Uyu mukuru wa dipolomasi ya Ukraine, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko agomba kuva muri Ethiopia akomereza mu Rwanda, nubwo atigeze abivugaho byinshi.

Uru rugendo rwa Kigali ruri mu murongo umwe n’izo yagiriye mu bindi Bihugu byo kuri uyu Mugabane, nka Morocco, aho yavugiye ko Ibihugu bya Afurika bikwiye kujya ku ruhande rumwe n’Igihugu cyabo cya Ukraine kimaze iminsi gihanganye n’u Burusiya mu ntamba bwagishojeho.

Yagarutse kuri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika biterura ngo bigaragze aho bihaganze, ati “Birababaje kuba Ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika bihitamo kwifata. Icyo gihe uba wanze gushyigikira ubwigenge n’ubusugire bw’Igihugu, ariko iyo urebye ku myanzuro y’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye iheruka, yo kugarura amahoro arambye muri Ukraine; Ibihugu 141 byarawushyigikiye. Harimo n’Ibihugu byinshi byo muri Afurika.”

Ibyo Bihugu bya Afurika bihagaze hagati; u Rwanda ntirurimo; kuko ruri mu Bihugu bicye byo muri aka karere byeruye bikamagana intambara y’u Burusiya kuri Ukraine.

Iyi mikoranire y’Ibihugu byombi imaze imyaka isaga 30. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ukraine igaragaza ko iyi mikoranire n’u Rwanda yatangiye mu mwaka wa 1993.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri Kuleba i Kigali, ni urwa mbere rw’umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru muri Ukraine araba agiriye mu Rwanda. Iki Gihugu nta ambasade gifite mu Rwanda, kuko Andrii Pravednyk uhararariye Ukraine mu Rwanda akorera muri Kenya. Uko ni nako bimeze ku Rwanda kuko uruhagarariye muri Ukraine afite icyicaro mu Budage.

Nubwo bimeze gutyo, Ukraine igaragaza ko ubucuruzi hagati y’Ibihugu byombi buhagaze neza, kuko nko muri 2021 ibicuruzwa na serivisi byahererekanyijwe hagati y’Ibihugu byombi; bifite agaciro ka miliyoni 2.188 USD.

Ukraine yohereje mu Rwanda ibifite agaciro ka miliyoni 1,012 USD; naho u Rwanda rwoherezayo icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro bifite agaciro k’ibihumbi 834 USD.

Muri uwo mwaka, u Rwanda rwari rufite abantu 61 biga muri Ukraine, mu gihe umuturage umwe wa Ukraine ari we wabaga mu Rwanda.

Iyi Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine igaragaza ko umubano w’icyo Gihugu n’u Rwanda ukiri kwiyubaka, ariko ko biteguye gufasha inzego z’u Rwanda zirimo ubuhinzi, ingufu, kuyungurura amazi no kuyakwirakwiza mu Gihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + two =

Previous Post

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Next Post

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.