Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cy’u Burundi giherutse gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, cyasabwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kubahiriza ibyemeranyijweho na Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda mu biganiro byazihuje.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ryagiye hanze nyuma y’uko Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir akaba n’Umuyobozi wa EAC agiriye uruzinduko mu Burundi, akanagirana ibiganiro na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Iri tangazo rivuga ko muri ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2024, byarimo n’itsinda ry’abayobozi ku mpande zombi, barimo n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki.

Ingingo ya kane y’imyanzuro y’ibi biganiro, ivuga ko aba bayobozi bavuze ko “Hakenewe ko Ibihugu by’ibivandimwe by’u Burundi n’u Rwanda byubahiriza ishyirwa mu bikorwa yy’ibiherutse kwemeranywaho byose mu biganiro byabaye hagati y’Ibihugu by’ibifatanyabikorwa.”

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibi kandi bizanaha imbaraga ishyirwa mu bikorwa ry’intego za EAC zo kwihuza zirimo no korohereza urujya n’uruza rw’abantu, ibintu ndetse na serivisi.”

Ibi bitangajwe nyuma y’ukwezi n’igice u Burundi bufashe icyemezo cyo gufunga imipaka ubuhuza n’u Rwanda, nk’uko byemejwe tariki 11 Mutarama 2024.

Ubwo u Burundi bwafataga iki cyemezo, Guverinoma y’u Rwanda yarakinenze, ivuga ko gihabanye n’amahame yo kuba ibi Bihugu byombi bifite Umuryango bihuriyemo, ugamije koroshya urujya n’uruza n’ubuhahirane.

Iri tangazo rya EAC rivuga kandi ko mu byaganiriweho muri ibi biganiro bya Salva Kiir na Ndayishimiye, byanagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere, by’umwihariko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wemeje ko ugihagaze ku nzira zemejwe n’uyu muryango mu gushaka umuti w’ibi bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, uboneraho gusaba Ibihugu byose biriba kubahiriza iyo myanzuro.

Ibiganiro byarimo abayobozi ku mpande zombi
N’Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Ndayishimiye yahaye Salva Kiir impano
Yasigiye ubutumwa Abarundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

BREAKING-TdRwanda2024: Umunya-Israel wegukanye Etape 2 atwaye n’iya 7 ahatanye bidasanzwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.