Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cy’u Burundi giherutse gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, cyasabwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kubahiriza ibyemeranyijweho na Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda mu biganiro byazihuje.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ryagiye hanze nyuma y’uko Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir akaba n’Umuyobozi wa EAC agiriye uruzinduko mu Burundi, akanagirana ibiganiro na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Iri tangazo rivuga ko muri ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2024, byarimo n’itsinda ry’abayobozi ku mpande zombi, barimo n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki.

Ingingo ya kane y’imyanzuro y’ibi biganiro, ivuga ko aba bayobozi bavuze ko “Hakenewe ko Ibihugu by’ibivandimwe by’u Burundi n’u Rwanda byubahiriza ishyirwa mu bikorwa yy’ibiherutse kwemeranywaho byose mu biganiro byabaye hagati y’Ibihugu by’ibifatanyabikorwa.”

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibi kandi bizanaha imbaraga ishyirwa mu bikorwa ry’intego za EAC zo kwihuza zirimo no korohereza urujya n’uruza rw’abantu, ibintu ndetse na serivisi.”

Ibi bitangajwe nyuma y’ukwezi n’igice u Burundi bufashe icyemezo cyo gufunga imipaka ubuhuza n’u Rwanda, nk’uko byemejwe tariki 11 Mutarama 2024.

Ubwo u Burundi bwafataga iki cyemezo, Guverinoma y’u Rwanda yarakinenze, ivuga ko gihabanye n’amahame yo kuba ibi Bihugu byombi bifite Umuryango bihuriyemo, ugamije koroshya urujya n’uruza n’ubuhahirane.

Iri tangazo rya EAC rivuga kandi ko mu byaganiriweho muri ibi biganiro bya Salva Kiir na Ndayishimiye, byanagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere, by’umwihariko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wemeje ko ugihagaze ku nzira zemejwe n’uyu muryango mu gushaka umuti w’ibi bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, uboneraho gusaba Ibihugu byose biriba kubahiriza iyo myanzuro.

Ibiganiro byarimo abayobozi ku mpande zombi
N’Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Ndayishimiye yahaye Salva Kiir impano
Yasigiye ubutumwa Abarundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

BREAKING-TdRwanda2024: Umunya-Israel wegukanye Etape 2 atwaye n’iya 7 ahatanye bidasanzwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.