Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
25/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cy’u Burundi giherutse gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda, cyasabwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kubahiriza ibyemeranyijweho na Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda mu biganiro byazihuje.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ryagiye hanze nyuma y’uko Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir akaba n’Umuyobozi wa EAC agiriye uruzinduko mu Burundi, akanagirana ibiganiro na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Iri tangazo rivuga ko muri ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2024, byarimo n’itsinda ry’abayobozi ku mpande zombi, barimo n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki.

Ingingo ya kane y’imyanzuro y’ibi biganiro, ivuga ko aba bayobozi bavuze ko “Hakenewe ko Ibihugu by’ibivandimwe by’u Burundi n’u Rwanda byubahiriza ishyirwa mu bikorwa yy’ibiherutse kwemeranywaho byose mu biganiro byabaye hagati y’Ibihugu by’ibifatanyabikorwa.”

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Ibi kandi bizanaha imbaraga ishyirwa mu bikorwa ry’intego za EAC zo kwihuza zirimo no korohereza urujya n’uruza rw’abantu, ibintu ndetse na serivisi.”

Ibi bitangajwe nyuma y’ukwezi n’igice u Burundi bufashe icyemezo cyo gufunga imipaka ubuhuza n’u Rwanda, nk’uko byemejwe tariki 11 Mutarama 2024.

Ubwo u Burundi bwafataga iki cyemezo, Guverinoma y’u Rwanda yarakinenze, ivuga ko gihabanye n’amahame yo kuba ibi Bihugu byombi bifite Umuryango bihuriyemo, ugamije koroshya urujya n’uruza n’ubuhahirane.

Iri tangazo rya EAC rivuga kandi ko mu byaganiriweho muri ibi biganiro bya Salva Kiir na Ndayishimiye, byanagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu karere, by’umwihariko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wemeje ko ugihagaze ku nzira zemejwe n’uyu muryango mu gushaka umuti w’ibi bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, uboneraho gusaba Ibihugu byose biriba kubahiriza iyo myanzuro.

Ibiganiro byarimo abayobozi ku mpande zombi
N’Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Ndayishimiye yahaye Salva Kiir impano
Yasigiye ubutumwa Abarundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

BREAKING-TdRwanda2024: Umunya-Israel wegukanye Etape 2 atwaye n’iya 7 ahatanye bidasanzwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

AMAKURU MASHYA: Umwongereza yegukanye TdRwanda2024 muri ‘Celebration’ idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.