Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Gaspard Twagirayezu; yagaragaye yashyize ivi hasi ateze amatwi umunyeshuri, bizamura amarangamutima ya benshi.

Ni ifoto yafashwe mu cyumweru gishize, ubwo Gaspard Twagirayezu yitabiraga igikorwa cyo guhemba abanyeshuri batsinze mu marushanwa yo gukora amarobo yitabiriwe n’abanyeshuri 350 bafite imyaka iri hagati ya 12 na 18 biga mu bigo by’amashuri 35.

Ni amarushanwa yarangiye ishuri rya Maranyundo Girls ribaye irya mbere, ryakurikiwe n’irya International Montessor ndetse na Collège Christ Roi yabaye iya gatatu.

Umunyamabanga wa Leta, Gaspard Twagirayezu washimiye abanyeshuri bitwaye neza muri aya marushanwa, yavuze ko ibyo bakoze byateye imbaraga Leta gukomeza gushyigikira ubumenyi ndetse n’ikoranabuhanga kuva mu mashuri abanza kugeza mu yisumbuye.

Ubwo yitabiraga iki gikorwa, yaboneyeho no gusura bimwe mu bikorwa byakozwe n’aba bana ndetse na bo bamwereka uko babigenje.

Ni bwo hafashwe iyi foto y’uyu muyobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yaciye bugufi, yashyize ivi hasi yumva ibisobanuro by’umwe muri aba banyeshuri.

Ni ifoto yazamuye amarangamutima ya bamwe bashimiye Twagirayezu kwicisha bugufi no kugaragaza agaciro aha abana bo Rwanda rw’ejo.

Ruzindana Rugasaguhunga usanzwe ari umukozi wa Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, wagize icyo avuga kuri iyi foto, yagize ati “Iyi foto ya Honorable Gaspard Twagirayezu n’uyu mwana ntisobanuye guca bugufi gusa, ahubwo iratanga ibindi bisobanuro.”

Muri ibyo bisobanuro byagaragajwe na Rugasaguhunga biri muri iyi foto, harimo “Kumva, kwitegereza, gusobanura, gusobanukirwa, kwigira ku mukuru, kwigishwa n’umuto…”

Abana bagaragarije Twagirayezu ibyo bakoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 13 =

Previous Post

Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo

Next Post

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.