Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Gaspard Twagirayezu; yagaragaye yashyize ivi hasi ateze amatwi umunyeshuri, bizamura amarangamutima ya benshi.

Ni ifoto yafashwe mu cyumweru gishize, ubwo Gaspard Twagirayezu yitabiraga igikorwa cyo guhemba abanyeshuri batsinze mu marushanwa yo gukora amarobo yitabiriwe n’abanyeshuri 350 bafite imyaka iri hagati ya 12 na 18 biga mu bigo by’amashuri 35.

Ni amarushanwa yarangiye ishuri rya Maranyundo Girls ribaye irya mbere, ryakurikiwe n’irya International Montessor ndetse na Collège Christ Roi yabaye iya gatatu.

Umunyamabanga wa Leta, Gaspard Twagirayezu washimiye abanyeshuri bitwaye neza muri aya marushanwa, yavuze ko ibyo bakoze byateye imbaraga Leta gukomeza gushyigikira ubumenyi ndetse n’ikoranabuhanga kuva mu mashuri abanza kugeza mu yisumbuye.

Ubwo yitabiraga iki gikorwa, yaboneyeho no gusura bimwe mu bikorwa byakozwe n’aba bana ndetse na bo bamwereka uko babigenje.

Ni bwo hafashwe iyi foto y’uyu muyobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yaciye bugufi, yashyize ivi hasi yumva ibisobanuro by’umwe muri aba banyeshuri.

Ni ifoto yazamuye amarangamutima ya bamwe bashimiye Twagirayezu kwicisha bugufi no kugaragaza agaciro aha abana bo Rwanda rw’ejo.

Ruzindana Rugasaguhunga usanzwe ari umukozi wa Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, wagize icyo avuga kuri iyi foto, yagize ati “Iyi foto ya Honorable Gaspard Twagirayezu n’uyu mwana ntisobanuye guca bugufi gusa, ahubwo iratanga ibindi bisobanuro.”

Muri ibyo bisobanuro byagaragajwe na Rugasaguhunga biri muri iyi foto, harimo “Kumva, kwitegereza, gusobanura, gusobanukirwa, kwigira ku mukuru, kwigishwa n’umuto…”

Abana bagaragarije Twagirayezu ibyo bakoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 14 =

Previous Post

Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo

Next Post

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.