Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 uvuka mu Murenge wa Rwikwavu, urara ahari haragenewe ubukarabiro bw’abinjira muri Gare ya Kabarondo, avuga ko yisanze muri ubu buzima kubera gutabwa n’ababyeyi be akabura ahandi yerecyeza.

Uyu mukobwa witwa Umukundwawase Naome asanzwe avuka mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, ubu akaba aba muri iyi Gare yo mu Murenge wa Kabarondo.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasmusangaga aha arara, ahari harashyizwe ubukarabiro bw’abinjira muri Gare ya Kabarondo, yamutekerereje inkuru y’uburyo yisanze aha.

Avuga ko ababyeyi be bamutaye barimo umwe (Se) wigiriye muri Uganda, we akabuta aho yerecyeza, agahitamo kuza muri Kabarondo gushakira ubuzima birangira yisanze arara hariya.

Yagize ati “Ni ho ndara. Ikintu gituma mbikora nta babyeyi ngira naje muri Kabarondo iwacu ni Nyankora. Ngira Papa nawe yaradutaye ajya mu Bugande.”

Avuga ko ubu buzima bumuteye impungenge ku buryo hari n’abaherutse kugerageza kumuhohotera atabarwa n’abasekirite b’amaduka.

Ati “Ejobundi naraje umuntu ashaka kumpohotera ashaka kuntera icyuma, nagize umusekerite uba hariya ruguru arankiza.”

Bamwe mu bazi uyu mwana w’umukobwa, bavuga ko batewe impungenge n’uburyo abaho kuko abagizi ba nabi bashobora kuzahamusanga bakamugirira nabi ku buryo yanahasiga ubuzima.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Kabarondo, Munyentwari Josebert usanzwe ari umukozi ushinzwe imari n’abakozi, yavuze ko bagiye gukorana n’izindi nzego kugira ngo barebe icyo bafasha uyu mwana.

Ati “Reka dukurikirane duhuze amakuru n’izindi nzego ubwo abaye ahari abantu bamukorera ubuvugizi yaba ari ukujyanwa kwa muganga bakareba ikibazo yaba afite kigahabwa umurongo.”

Uyu mwana w’umukobwa yumvikana avuga ko aramutse abonye aho arererwa, byanamufasha gusubira mu ishuri, kugira ngo na we atangire guteganyiriza ahazaza he.

Avuga ko na we ubuzima arimo bumuteye impungenge

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

by radiotv10
19/05/2025
0

Diyose Gatulika ya Cyangugu yaremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yoroza inka imiryango 10 itishoboye yo mu Turere twa Rusizi na...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika
MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

19/05/2025
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.