Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 uvuka mu Murenge wa Rwikwavu, urara ahari haragenewe ubukarabiro bw’abinjira muri Gare ya Kabarondo, avuga ko yisanze muri ubu buzima kubera gutabwa n’ababyeyi be akabura ahandi yerecyeza.

Uyu mukobwa witwa Umukundwawase Naome asanzwe avuka mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, ubu akaba aba muri iyi Gare yo mu Murenge wa Kabarondo.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasmusangaga aha arara, ahari harashyizwe ubukarabiro bw’abinjira muri Gare ya Kabarondo, yamutekerereje inkuru y’uburyo yisanze aha.

Avuga ko ababyeyi be bamutaye barimo umwe (Se) wigiriye muri Uganda, we akabuta aho yerecyeza, agahitamo kuza muri Kabarondo gushakira ubuzima birangira yisanze arara hariya.

Yagize ati “Ni ho ndara. Ikintu gituma mbikora nta babyeyi ngira naje muri Kabarondo iwacu ni Nyankora. Ngira Papa nawe yaradutaye ajya mu Bugande.”

Avuga ko ubu buzima bumuteye impungenge ku buryo hari n’abaherutse kugerageza kumuhohotera atabarwa n’abasekirite b’amaduka.

Ati “Ejobundi naraje umuntu ashaka kumpohotera ashaka kuntera icyuma, nagize umusekerite uba hariya ruguru arankiza.”

Bamwe mu bazi uyu mwana w’umukobwa, bavuga ko batewe impungenge n’uburyo abaho kuko abagizi ba nabi bashobora kuzahamusanga bakamugirira nabi ku buryo yanahasiga ubuzima.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Kabarondo, Munyentwari Josebert usanzwe ari umukozi ushinzwe imari n’abakozi, yavuze ko bagiye gukorana n’izindi nzego kugira ngo barebe icyo bafasha uyu mwana.

Ati “Reka dukurikirane duhuze amakuru n’izindi nzego ubwo abaye ahari abantu bamukorera ubuvugizi yaba ari ukujyanwa kwa muganga bakareba ikibazo yaba afite kigahabwa umurongo.”

Uyu mwana w’umukobwa yumvikana avuga ko aramutse abonye aho arererwa, byanamufasha gusubira mu ishuri, kugira ngo na we atangire guteganyiriza ahazaza he.

Avuga ko na we ubuzima arimo bumuteye impungenge

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.