Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 uvuka mu Murenge wa Rwikwavu, urara ahari haragenewe ubukarabiro bw’abinjira muri Gare ya Kabarondo, avuga ko yisanze muri ubu buzima kubera gutabwa n’ababyeyi be akabura ahandi yerecyeza.

Uyu mukobwa witwa Umukundwawase Naome asanzwe avuka mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, ubu akaba aba muri iyi Gare yo mu Murenge wa Kabarondo.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasmusangaga aha arara, ahari harashyizwe ubukarabiro bw’abinjira muri Gare ya Kabarondo, yamutekerereje inkuru y’uburyo yisanze aha.

Avuga ko ababyeyi be bamutaye barimo umwe (Se) wigiriye muri Uganda, we akabuta aho yerecyeza, agahitamo kuza muri Kabarondo gushakira ubuzima birangira yisanze arara hariya.

Yagize ati “Ni ho ndara. Ikintu gituma mbikora nta babyeyi ngira naje muri Kabarondo iwacu ni Nyankora. Ngira Papa nawe yaradutaye ajya mu Bugande.”

Avuga ko ubu buzima bumuteye impungenge ku buryo hari n’abaherutse kugerageza kumuhohotera atabarwa n’abasekirite b’amaduka.

Ati “Ejobundi naraje umuntu ashaka kumpohotera ashaka kuntera icyuma, nagize umusekerite uba hariya ruguru arankiza.”

Bamwe mu bazi uyu mwana w’umukobwa, bavuga ko batewe impungenge n’uburyo abaho kuko abagizi ba nabi bashobora kuzahamusanga bakamugirira nabi ku buryo yanahasiga ubuzima.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Kabarondo, Munyentwari Josebert usanzwe ari umukozi ushinzwe imari n’abakozi, yavuze ko bagiye gukorana n’izindi nzego kugira ngo barebe icyo bafasha uyu mwana.

Ati “Reka dukurikirane duhuze amakuru n’izindi nzego ubwo abaye ahari abantu bamukorera ubuvugizi yaba ari ukujyanwa kwa muganga bakareba ikibazo yaba afite kigahabwa umurongo.”

Uyu mwana w’umukobwa yumvikana avuga ko aramutse abonye aho arererwa, byanamufasha gusubira mu ishuri, kugira ngo na we atangire guteganyiriza ahazaza he.

Avuga ko na we ubuzima arimo bumuteye impungenge

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − three =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.