Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo u Bubiligi bwabwiye Museveni cyumvikanamo icyifuzo bumushakaho kubukorera hagati yabwo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot wagiriye uruzinduko mu Bihugu bitatu by’ibituranyi by’u Rwanda, birimo Uganda, mu kiganiro yagiranye na Perezida Yoweri Museveni, cyumvikanyemo ko yifuza ko aba umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda.

Maxime Prévot wagiriye uruzinduko muri Uganda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yahuraga na Museveni ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, yavuze ko Igihugu cye cy’u Bubiligi, kigifata u Rwanda nk’Igihugu gifite umwanya munini mu karere, ndetse gishobora gutanga umusanzu ukomeye mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma yo guhura na Museveni, Maxime Prévot yabwiye itangazamakuru ko yifuje kuganira n’uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda, kugira ngo abashe kumva neza ibibazo byo muri Congo, kubera ubunararibonye bwe.

Uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bubiligi, wavuze ko intego z’uru ruzinduko rwe muri Uganda, zirimo n’andi mahirwe yo kwisunga Museveni kugira ngo agire uruhare mu kubafasha mu kuzahura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, ngo kuko “ni umuntu w’agaciro gahambaye mu bintu bya dipolomasi.”

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’ukwezi n’igice, u Rwanda ruciye umubano n’u Bubiligi ndetse n’ibindi byemezo rwagiye rufatira iki Gihugu cyari gikomeje kurusopanyiriza mu mahanga kirusabira ibihano, cyitwaje ibirego by’ibinyoma kirushinja by’uruhare ngo rugira mu bibazo byo muri Congo.

Maxime Prévot yagize ati “Ku bw’ibyago, kuri iyi nshuro ntabwo byankundira gusura u Rwanda, bitewe n’ibyemezo byarwo byaciye intege imibanire yacu. Nabisobanuriye Perezida Museveni ko hari amakuru ataratanzwe neza kuri iki kibazo. Guhagarika umubano ntabwo ari cyo cyari gikwiye kuba igisubizo.”

Ni imvugo yumvikanisha ko u Bubiligi bwifuza ko Museveni agira icyo akora mu kuzahura umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse abasesenguzi banyuranye mu bya politiki bakaba bemeza ko iki Gihugu gisa nk’icyasabye Museveni kuba umuhuza hagati yacyo n’u Rwanda.

Kuri Maxime Prévot, yizeye ko hakiri amahirwe ko Igihugu cye n’u Rwanda, bizaganira ku bibazo biri hagati yabyo kugira ngo buri kimwe cyumve ikindi, bityo n’ibibazo bihari bibonerwe umuti.

Mu kiganiro Maxime Prévot yagiranye na Museveni kandi, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yemeza ko na we ikibazo cya FDLR gikwiye gushakirwa umuti urambye, ndetse Congo ikagira imiyoborere ihamye yubahiriza uburengaznira bwa muntu, irwanya imvugo z’urwangano zikunze kumvikana muri kiriya Gihugu ziba zibasira bamwe mu Banyekongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Umwana w’umukobwa uri mu buzima butabarizwa na benshi yavuze icyatumye abwisangamo

Next Post

Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Imyaka itatu Yvan Buravan avuye mu mubiri, ubu yari kuba yujuje imyaka 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.