Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba yahakanye ibyaha byose ashinjwa n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza, avuga ko yakoze ikosa rikomeye ryo gutangiza iperereza kuri Minisitiri, kandi ko adatewe ubwoba no kuba yafungwa.

Constant Mutamba, ashinjwa ibyaha byo kunyereza impozamarira Uganda yageneye Congo, yahakanye ibi byaha ashinjwa kuri uyu wa Mbere ubwo yitabaga Urukiko rw’Iremezo ruri i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri Mutamba, yavuze ko Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imana, yakoze ikosa rikomeye ryo kumukurikirana mu mategeko.

Yagize ati “Mubwire Umushinjacyaha Mukuru ko atazigera ambona imbere ye niregura. Nta bwoba mfite bwo kuba najya muri gereza, nditeguye. Yakoze ikosa rikomeye ry’imyitwarire. Ntiyari akwiye gutangiza iperereza kuri Minisitiri w’Ubutabera. Ni ikosa rikomeye ry’imyitwarire.”

Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba yavuze ko Umushinjacyaha Mukuru wa ruriya Rukiko, azirengera ingaruka z’iri kosa rikomeye amushinja gukora.

Ati “Yatangije ikirego gihamagaza Umunyamabanga Mukuru wa Minisiteri y’Ubutabera ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Gereza. Nari namusabye kutabyijandikamo.”

Uyu Minisitiri w’Ubutabera, yavuze ko yabujije Umunyamabanga Mukuru wa Minisiteri y’Ubutabera, kutagira icyo asubiza ku mpapuro zimuhamagaza mu Rukiko rw’Iremezo.

Mutamba ashinja Umushinjacyaha Firmin Mvonde kuba yaratangije kiriye kirego agamije kumwubahuka no kumuhindanyiriza isura.

Ati “Mumubwire ko yakoze ibikorwa n’abo mu itsinda ry’aba- Kabilistes [abashyigiye Joseph Kabila wayoboye Congo], iryo tsinda riransuzugura. Bagamije kumpindanyiriza isura. Mubabwire ko Imana y’abakurambere banjye izakomeza kundindira isura kurusha iyabo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Next Post

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Related Posts

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

by radiotv10
09/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yasubije uwatanze igitekerezo kitanoze ku butumwa bwe...

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

I Bruxelles mu Bubiligi, hatanzwe ikirego kiregwamo abantu icyenda (9) bo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza
MU RWANDA

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

10/07/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

10/07/2025
Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

10/07/2025
Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.