Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda usanzwe akina Karate yateye intambwe muri uyu mukino

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda usanzwe akina Karate yateye intambwe muri uyu mukino
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, akaba asanzwe akina umukino wa Karate, anafitemo umukandara wo hejuru, yinjiye mu cyiciro cy’abafite umukandara wa Dan ya kabiri.

Ni umukandara uza wiyongera ku w’umukara, uri no mu mikandara yo hejuru mu mukino wa Karate, aho Minisitiri Ngabitsinze yari asanganywe uyu w’umukara na Dan imwe, ubu hakaba hiyongereyeho iya kabiri.

Iki cyiciro yakinjiyemo nyuma yo gutsinda ikizamini gituma abakina uyu mukino bakinjiramo, mu mahugurwa yabereye mu Mujyi wa Kigali mu cyumweru gishize, agasozwa ku Cyumweru, tariki 20 Kanama 2023.

Ku Cyumweru tariki 20 Kanama 2023, ni bwo habaye iki kizamini mu ishuri rya Lycée Notre Dame des Anges i Remera ahabereye aya mahugurwa yitabiriwe n’abarenga 150 barimo n’abaturutse mu Bihugu byo muri aka karere.

Abakoze ibizamini bibinjiza mu bindi byiciro, ni 10, barimo uwakoreye umukandara wa Dan ya mbere, na bane bakoreye Dan ya kabiri barimo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, ndetse na batanu bakoreye umukandara wa Dan ya gatatu.

Umwarimu mpuzamahanga mu mukino wa Karate, Denis Houde ukomoka muri Canada, ufite umukandara wa Dan ya karindwi, ni we watanze aya mahugurwa, wanagaragaje ko uyu mukino umaze gutera imbere mu Rwanda, akurikije urwego abawukina bariho n’ubumenyi bagaragaza.

Muri 2020 ubwo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome yari akiri Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yavuze ko umukino wa Karate ufasha ubwonko bw’umuntu gukora neza, ndetse bigasagurira n’umubiri na wo ukarushaho kugira ubuzima buzira umuze.

Minisitiri Ngabitsinze yakoze ikizamini cya Karate kimwinjiza mu kindi cyiciro
Yakoranye n’abandi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − ten =

Previous Post

Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Next Post

U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w'Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.