Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda usanzwe akina Karate yateye intambwe muri uyu mukino

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda usanzwe akina Karate yateye intambwe muri uyu mukino
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, akaba asanzwe akina umukino wa Karate, anafitemo umukandara wo hejuru, yinjiye mu cyiciro cy’abafite umukandara wa Dan ya kabiri.

Ni umukandara uza wiyongera ku w’umukara, uri no mu mikandara yo hejuru mu mukino wa Karate, aho Minisitiri Ngabitsinze yari asanganywe uyu w’umukara na Dan imwe, ubu hakaba hiyongereyeho iya kabiri.

Iki cyiciro yakinjiyemo nyuma yo gutsinda ikizamini gituma abakina uyu mukino bakinjiramo, mu mahugurwa yabereye mu Mujyi wa Kigali mu cyumweru gishize, agasozwa ku Cyumweru, tariki 20 Kanama 2023.

Ku Cyumweru tariki 20 Kanama 2023, ni bwo habaye iki kizamini mu ishuri rya Lycée Notre Dame des Anges i Remera ahabereye aya mahugurwa yitabiriwe n’abarenga 150 barimo n’abaturutse mu Bihugu byo muri aka karere.

Abakoze ibizamini bibinjiza mu bindi byiciro, ni 10, barimo uwakoreye umukandara wa Dan ya mbere, na bane bakoreye Dan ya kabiri barimo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, ndetse na batanu bakoreye umukandara wa Dan ya gatatu.

Umwarimu mpuzamahanga mu mukino wa Karate, Denis Houde ukomoka muri Canada, ufite umukandara wa Dan ya karindwi, ni we watanze aya mahugurwa, wanagaragaje ko uyu mukino umaze gutera imbere mu Rwanda, akurikije urwego abawukina bariho n’ubumenyi bagaragaza.

Muri 2020 ubwo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome yari akiri Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yavuze ko umukino wa Karate ufasha ubwonko bw’umuntu gukora neza, ndetse bigasagurira n’umubiri na wo ukarushaho kugira ubuzima buzira umuze.

Minisitiri Ngabitsinze yakoze ikizamini cya Karate kimwinjiza mu kindi cyiciro
Yakoranye n’abandi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Next Post

U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w'Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.