Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

radiotv10by radiotv10
04/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n’ikipe  yo mu muri Canada bwo kujya gukora igerageza nyuma yo kumubenguka ngo ayikinire.

Ubu butumire bwahawe Niyibizi Ramadhan n’ikipe ya Cavalry FC, bugaragaza ko agomba gukora igerageza kuva tariki 21 Nyakanga kugeza ku ya 21 Kanama 2025.

Muri iri geragezwa, Niyibizi Ramadhan asabwa kuzajya yitwara neza mu gihe  azajya yitabira imyitozo y’ikipe buri munsi ku kibuga ikorerwaho cya ATCO Field.

Nk’uko bigaragara mu butumire bw’iyi kipe yahaye uyu mukinnyi w’Umunyarwanda, bimwe mu bizarebwaho akorerwa igerageza harimo ibijyanye nuko yitwara mu kibuga, ibijyanye n’umubiri we ndetse n’ibijyanye n’ubuzima bwe.

Iyi kipe ya Cavalry FC isanzwe ikina Shampiyona y’icyikiro cya mbere muri Canada kibarizwamo amakipe umunani (8) yavuze ko izamenyera Niyibizi Ramadhan ibijyanye n’itike, aho aba, amafunguro ndetse n’ibindi nkenerwa mu gihe azaba ari mu igerageza.

Iyi kipe kandi yavuze ko mu gihe Niyibizi Ramadhan yakwitwara neza yamusinyisha amasezerano yo kuyikinira muri Shampiyona yo muri Canada.

Cavalry FC yashinzwe muri 2018 ikaba yakirira imikino yayo ku kibuga cya ATCO Field gifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 6.

Iyi kipe ni yo ifite igikombe cya Shampiyona cyo mu mwaka ushize wa 2024 naho kugeza kuri ubu iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rwa Shampiyona.

Niyibizi Ramadan yatumiwe n’iyi kipe nyuma yuko amasezerano ye na APR FC arangiye. Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati afasha gusatira yageze mu ikipe y’Ingabo z’Igihugu muri 2022 avuye muri AS Kigali yari yaragezemo avuye muri Etincelles FC.

Niyibizi Ramadhan w’Amavubi ashobora gukina muri Shampiyona yo muri Canada

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Next Post

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

by radiotv10
02/06/2025
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Madamu we Brigitte Macron, bakiriye ikipe ya Paris Saint-Germain isanzwe yamamaza ‘Visit Rwanda’ nyuma...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.