Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe uzaca hejuru y’undi: Ihuriro ry’imihanda riteye amabengeza rya Kicukiro-Centre

radiotv10by radiotv10
06/12/2021
in MU RWANDA
0
Umwe uzaca hejuru y’undi: Ihuriro ry’imihanda riteye amabengeza rya Kicukiro-Centre
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyi wa Kigali wagaragaje ishusho y’ihuriro ry’imihanda rizaba riri Kicukiro Centre mu mushinga wo kwagura Umuhanda Sonatubes-Gahanga-Akagera, aho muri kariya gace hazaba hari umuhanda uca hejuru y’undi bikaba byarakozwe mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’ibinyabiziga wakundaga kuhagaragara.

Abakunze kunyura Kicukiro Centre bazi ibikorwa remezo biri gukorwa ahahoze amasangano y’umuhanda aho bamwe bahagera bakibaza niba hari kubakwa isangano ry’imihanda (Rond-Point) cyangwa ari imihanza izaba inyuranamo.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakuyeho uru rujijo bwerekana ishusho y’uko ririya sangano rizaba risa nirimara kuzura.

Uutumwa Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwanyujije kuri Twitter, bugira buti “Nk’uko biteganywa mu gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, Umuhanda Sonatubes-Gahanga-Akagera uri kwagurwa ku bufatanye bw’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwikorezi RTDA n’Umujyi wa Kigali.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Muri uyu mushinga ihuriro ry’imihanda rya Kicukiro Centre riri kuvugururwa ku buryo ibinyabiziga bimwe bizajya binyura hejuru ibindi bigaca hasi mu rwego rwo kuhagabanya umuvundo kandi hitabwa ku bakoresha umuhanda bose, biteganyijwe ko imirimo izasoza mu mpera za Kamena 2022.”

Bamwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bagaragaje ko bashimishijwe n’imiterere y’iri huriro ry’imihanda ritari rimenyerewe mu Mujyi wa Kigali.

Munyakazi Sadate ukunze gukoresha Twitter, yashyize amafato agaragaza imiterere y’iriya mihanda, ayaherekesha ubutumwa bugira buti “Mutangire mwitoze uko muzajya mugendera muri iyi mihanda ya Kicukiro Centre.”

Munyakazi Sadate yakomeje ashima agira ati “Umujyi wa Kigali mukomereze aho muturi Imbere tubari inyuma. Ariko ngo na Roads Yamaha – Kinamba – Utexrwa – Kwa Ndengeye – Gacuriro – Nyarutarama – Poid lourd ngo umusibo n’ejo ejo bundi nkakabya inzozi?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Kigali: Umuyobozi wa Restaurant yafatiwemo abana 10 banyoye inzoga yatawe muri yombi

Next Post

Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.