Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwe uzaca hejuru y’undi: Ihuriro ry’imihanda riteye amabengeza rya Kicukiro-Centre

radiotv10by radiotv10
06/12/2021
in MU RWANDA
0
Umwe uzaca hejuru y’undi: Ihuriro ry’imihanda riteye amabengeza rya Kicukiro-Centre
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyi wa Kigali wagaragaje ishusho y’ihuriro ry’imihanda rizaba riri Kicukiro Centre mu mushinga wo kwagura Umuhanda Sonatubes-Gahanga-Akagera, aho muri kariya gace hazaba hari umuhanda uca hejuru y’undi bikaba byarakozwe mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’ibinyabiziga wakundaga kuhagaragara.

Abakunze kunyura Kicukiro Centre bazi ibikorwa remezo biri gukorwa ahahoze amasangano y’umuhanda aho bamwe bahagera bakibaza niba hari kubakwa isangano ry’imihanda (Rond-Point) cyangwa ari imihanza izaba inyuranamo.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakuyeho uru rujijo bwerekana ishusho y’uko ririya sangano rizaba risa nirimara kuzura.

Uutumwa Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwanyujije kuri Twitter, bugira buti “Nk’uko biteganywa mu gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, Umuhanda Sonatubes-Gahanga-Akagera uri kwagurwa ku bufatanye bw’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwikorezi RTDA n’Umujyi wa Kigali.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Muri uyu mushinga ihuriro ry’imihanda rya Kicukiro Centre riri kuvugururwa ku buryo ibinyabiziga bimwe bizajya binyura hejuru ibindi bigaca hasi mu rwego rwo kuhagabanya umuvundo kandi hitabwa ku bakoresha umuhanda bose, biteganyijwe ko imirimo izasoza mu mpera za Kamena 2022.”

Bamwe mu bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, bagaragaje ko bashimishijwe n’imiterere y’iri huriro ry’imihanda ritari rimenyerewe mu Mujyi wa Kigali.

Munyakazi Sadate ukunze gukoresha Twitter, yashyize amafato agaragaza imiterere y’iriya mihanda, ayaherekesha ubutumwa bugira buti “Mutangire mwitoze uko muzajya mugendera muri iyi mihanda ya Kicukiro Centre.”

Munyakazi Sadate yakomeje ashima agira ati “Umujyi wa Kigali mukomereze aho muturi Imbere tubari inyuma. Ariko ngo na Roads Yamaha – Kinamba – Utexrwa – Kwa Ndengeye – Gacuriro – Nyarutarama – Poid lourd ngo umusibo n’ejo ejo bundi nkakabya inzozi?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eighteen =

Previous Post

Kigali: Umuyobozi wa Restaurant yafatiwemo abana 10 banyoye inzoga yatawe muri yombi

Next Post

Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Ngororero: Umuganga bamusanze mu nzu yapfuye, muri salon hari imbabura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.