Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwera waturutse i Rwanda ugiye gukwira Isi yose: LONI igiye gutangiza Umuganda

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umwera waturutse i Rwanda ugiye gukwira Isi yose: LONI igiye gutangiza Umuganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, bagiye gutangiza igikorwa cy’Umuganda gisanzwe kizwiho kuba ari ubudasa bw’u Rwanda, uba mu mpera za buri kwezi.

Byatangajwe n’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Claver Gatete, mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 u Rwanda rumaze ari umunyamuryango w’Umuryango w’Abibumbye, wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022.

Ambasaderi Claver Gatete yagarutse ku byo Umuryango w’Abibumbye ushimira u Rwanda birimo uruhare rukomeje kugira mu kubungabunga amahoro no kuyagarura aho yabuze.

Yaguze ati “Uburyo inzego z’umutekano zacu zitwara mu kubungabunga amahoro, birenze intego z’Umuryango w’Abibumbye.”

Ambasaderi Claver Gatete yakomeje avuga ko aho abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda bageze mu butumwa bw’amahoro “Bisanzuranaho n’abaturage bahasanze, bubaka amashuri, inzu, bagatanga amashanyarasi akomoka ku mirasira y’izuba, ndetse bagatanga n’ibikoresho byo gutegura amafunguro n’ibindi bitandukanye.”

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda kandi aho zigiye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro, zihatangiza ibikorwa byo kuzamura imibereho y’abaturage bisanzwe bizwiho ubudasa bw’u Rwanda, nk’Umuganda.

Ambasaderi Claver Gatete yavuze ko Umuryango w’Abibumbye na wo ugiye kuyoboka iyi gahunda.

Yagize ati “Mu gihe cya vuba hamwe n’Umuryango w’Abibumbye tugiye gutangiza Umuganda hamwe n’Umunyamabanga Mukuru ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa New York, turateganya gutangiza Umuganda kugira ngo utange umusanzu mu muryango mugari wo muri New York aho bikenewe.”

Ambasaderi Claver Gatete yavuze ko u Rwanda ruha agaciro kanini ubufatanye bwarwo n’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Ibihugu-binyamuryango mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Ati “Ubu Isi isa nk’iyabaye umudugudu umwe kandi dufite ibibazo byugarije Isi duhuriyeho bikeneye ko dushyira hamwe mu kubishakira umuti.”

Yavuze ko u Rwanda rwubaha Umuryango w’Abibumbye ndetse ko rwiteguye gukomeza gutanga umusanzu mu nshingano z’uyu muryango zirimo nko kugarura amahoro kandi ko rusanzwe rutanga umusanzu muri ibi bikorwa.

Ambasaderi Claver Gatete kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 9 =

Previous Post

Mbere yuko Polisi iteza cyamunara ibinyabiziga birenga 500 yatanze ubutumwa

Next Post

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impanuka yahitanye abantu batandatu yakangaranyije abayibonye

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.