Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
1
Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Austin Peter Luwano uzwi nka Uncle Austin uri mu bamaze igihe kinini mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, yafashe ikiruhuko muri uyu mwuga, avuga n’impamvu.

Uncle Austin uzwi mu biganiro by’imyidagaduro, yanyuze ku maradiyo menshi mu Rwanda arimo Radio 10 iri mu zo yabanjirijeho ikanamwubakira izina.

Muri iyi minsi ari gukora kuri Radio yitwa Power FM bivugwa ko ari n’iye ari na ho yafatiye ikiruhuko.

Mu kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10, dukesha YouTube Channel yitwa Chita Magic TV, Uncle Austin yavuze ko impamvu yafashe ikiruhuko muri uyu mwuga ari uko yari ananiwe.

Ati “Imyaka yose maze mu itangazamakuru, reka mvuge ku myaka umunani namaze kuri Kiss FM, nta mwaka nafashe ikiruhuko cy’icyumweru ngo kirangire. Ni ukuvuga ngo umwaka warangiraga iminsi y’ikiruhuko umuntu aba afite yemererwa n’amategeko, nakoreshejemo iminsi ine cyangwa itanu.”

Avuga kandi ko iyi mikorere ari yo yamuranze ku maradiyo yose yakozeho kuva muri 2007.

Ati “Ikiruhuko nafataga yabaga ari icyo kujya kwiga no gukora ibizamini nkagaruka. Rero nagira ngo nkubwire ko nari naniwe mu mutwe, wakongeraho n’ibi bibazo byari bimaze iminsi bibaho, byo gupfusha inshuti, byanduhije mu mutwe…

Mpitamo kuvuga ngo nibura ntabwo nkoreshwa nibura nanjye mfite icyo nkora, reka ngende mfate akaruhuko k’amezi nk’angahe nimbona ko naruhutse bihagije nzagaruka, nimbona ko nakomeza kwikorera ibindi nabyo bizaba.”

Uyu munyamakuru usanzwe ari n’umuhanzi akaba aherutse no kwinjira mu bucuruzi bwa resitora, avuga ko iri shoramari yinjiyemo atari ryo ritumye afata ikiruhuko mu itangazamakuru.

Gusa yizeje abakunzi be ko batazamukumbura ngo bamubure kuko afite ikiganiro azajya akora umunsi umwe mu cyumweru kuri radio bivugwa ko ari iye ya Power FM.

Uncle Austin afashe ikiruhuko mu mwuga w’itangazamakuru nyuma ya mugenzi we Nkusi Arthur banakoranye kuri Kiss FM na we watangaje ko afashe ikiruhuko kuva mu kwezi k’Ukuboza 2021.

Uncle Austin ni umwe mu banyamakuru bamaze b’imyidagaduro igihe kinini mu Rwanda

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bitegetsimana Patrick says:
    3 years ago

    Natwe atwihere akazi se tugerageze amahirwe yacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Next Post

Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.