Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
1
Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Austin Peter Luwano uzwi nka Uncle Austin uri mu bamaze igihe kinini mu mwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda, yafashe ikiruhuko muri uyu mwuga, avuga n’impamvu.

Uncle Austin uzwi mu biganiro by’imyidagaduro, yanyuze ku maradiyo menshi mu Rwanda arimo Radio 10 iri mu zo yabanjirijeho ikanamwubakira izina.

Muri iyi minsi ari gukora kuri Radio yitwa Power FM bivugwa ko ari n’iye ari na ho yafatiye ikiruhuko.

Mu kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10, dukesha YouTube Channel yitwa Chita Magic TV, Uncle Austin yavuze ko impamvu yafashe ikiruhuko muri uyu mwuga ari uko yari ananiwe.

Ati “Imyaka yose maze mu itangazamakuru, reka mvuge ku myaka umunani namaze kuri Kiss FM, nta mwaka nafashe ikiruhuko cy’icyumweru ngo kirangire. Ni ukuvuga ngo umwaka warangiraga iminsi y’ikiruhuko umuntu aba afite yemererwa n’amategeko, nakoreshejemo iminsi ine cyangwa itanu.”

Avuga kandi ko iyi mikorere ari yo yamuranze ku maradiyo yose yakozeho kuva muri 2007.

Ati “Ikiruhuko nafataga yabaga ari icyo kujya kwiga no gukora ibizamini nkagaruka. Rero nagira ngo nkubwire ko nari naniwe mu mutwe, wakongeraho n’ibi bibazo byari bimaze iminsi bibaho, byo gupfusha inshuti, byanduhije mu mutwe…

Mpitamo kuvuga ngo nibura ntabwo nkoreshwa nibura nanjye mfite icyo nkora, reka ngende mfate akaruhuko k’amezi nk’angahe nimbona ko naruhutse bihagije nzagaruka, nimbona ko nakomeza kwikorera ibindi nabyo bizaba.”

Uyu munyamakuru usanzwe ari n’umuhanzi akaba aherutse no kwinjira mu bucuruzi bwa resitora, avuga ko iri shoramari yinjiyemo atari ryo ritumye afata ikiruhuko mu itangazamakuru.

Gusa yizeje abakunzi be ko batazamukumbura ngo bamubure kuko afite ikiganiro azajya akora umunsi umwe mu cyumweru kuri radio bivugwa ko ari iye ya Power FM.

Uncle Austin afashe ikiruhuko mu mwuga w’itangazamakuru nyuma ya mugenzi we Nkusi Arthur banakoranye kuri Kiss FM na we watangaje ko afashe ikiruhuko kuva mu kwezi k’Ukuboza 2021.

Uncle Austin ni umwe mu banyamakuru bamaze b’imyidagaduro igihe kinini mu Rwanda

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bitegetsimana Patrick says:
    3 years ago

    Natwe atwihere akazi se tugerageze amahirwe yacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

Next Post

Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Ingabo za EAC zamaze kwinjira muri DRC zahawe nyirantarengwa na Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.