Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Undi mutoza wahagaritswe na Rayon avugwaho gukora ibidakwiye yabitanzeho ukuri kwe

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Mazimpaka we yahagaritswe ngo kubera impamvu z'imyitwarire idahwitse

Share on FacebookShare on Twitter

André Mazimpaka uherutse guhagarikwa by’agateganyo ku nshingano zo kuba umutoza w’Abanyezamu muri Rayon Sports avugwaho umusaruro mucye no kurya agahimbazamusyi kari kagenewe abakinnyi, yabihakanye, avuga ko ibi yavuzweho bimuhindanyiriza isura.

André Mazimpaka yahagarikiwe rimwe n’Umutoza Mukuru, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ we wahagaritswe amezi abiri, aho ubuyobozi bwa Rayon Sports bwabanje gutangaza ko yahagaritswe ku mpamvu z’uburwayi, ariko Perezida w’iyi kipe, Thadée Twagirayezu mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, akaba yaratangaje ko bamuhagaritse kubera umusaruro mucye.

Perezida wa Rayon yari yavuze ko kuri André Mazimpaka, na we yahagaritswe kubera umusaruro mucye ariko ko hari n’ibindi byariho bikorwaho iperereza.

Yari yagize ati “Hari ibyo tukiri guperereza ku byerekeranye n’umusaruro mucye tumaze iminsi tubona n’abazamu, [umunyamakuru: Cyane cyane kuri uriya mukino na Marines] yego n’indi mikino yawubanjirije, na we hari ibyo twagiye tubonamo biri aho…”

Yavuze kandi ko kuri uyu mutoza w’abanyezamu, hiyongeraho ikindi kibazo cyo kuba yaragiye gufata agahimbazamusyi k’abakinnyi kari katanzwe n’umufana, ariko aho kukabashyikiriza akagakubita ku mufuka we.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, André Mazimpaka yavuze ko yababajwe n’ibi yavuzweho na Perezida wa Rayon. Ati “byarantunguye bitewe n’uburyo muri Rayon Sports numvaga mbayeho, bitewe n’uburyo mu buzima bwanjye mbayeho hanze. Byari ngombwa ko dutandukana neza hatabayeho gusebanya.”

Ku by’aya mafaranga avugwaho kurya yari yagenewe abakinnyi, André Mazimpaka yavuze ko hari miliyoni 1,7Frw yatanzwe n’umufana ariko akaba ari amafaranga yari yageneye abatoza ba Rayon ubwo yabashyiriragaho agahigo ku mukino wa APR FC.

Avuga ko ari we wari wanditse kuri sheki y’aya mafaranga, akajya kuyabikuza agashyikiriza umutoza mukuru aye, mu gihe abatoza bungirije batwaye ibihumbi 500 Frw, mu gihe agahimbazamusyi kagenewe abakinnyi, ari we wakitangiye.

Ati “Keretse niba atarayatanze ariko yarayatanze [avuga amafaranga yageneye abakinnyi]. Kari agahimbazamusyi k’ibihumbi 50 Frw kuri buri muntu. Hashize amezi abiri tunganyije na APR, Sellami yarambwiye ngo tugende dushake wa mugabo aduhe ‘bonus’ yacu.”

Yanenze Perezida wa Rayon wamushinje kurya aya mafaranga. Ati “Mu by’ukuri biteye isoni. Ntabwo umuntu utanga ‘bonus’ muri Rayon Sports ari bwo bwa mbere yari ayitanze. Afite aho ayicisha iyo ari ‘bonus’ rusange y’abakinnyi. Njye ntabwo mba mu buyobozi bwa Rayon Sports. Ibintu byo kuvuga ngo nariye amafaranga ni ukunyicira izina.”

Mazimpaka avuga ko muri iyi Kipe harimo ibibazo byinshi, bishingiye ku ibura ry’amikoro, ari na byo ntandaro y’umusaruro mucye uyivugwamo, wanasubije inyuma urwego rw’imikinire ya bamwe mu bakinnyi barimo n’abanyezamu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eight =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye ubusabe bwahawe u Rwanda ku itaha ry’ingabo za SADC ziri muri Congo FARDC

Next Post

Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.