Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Undi mutoza wahagaritswe na Rayon avugwaho gukora ibidakwiye yabitanzeho ukuri kwe

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Mazimpaka we yahagaritswe ngo kubera impamvu z'imyitwarire idahwitse

Share on FacebookShare on Twitter

André Mazimpaka uherutse guhagarikwa by’agateganyo ku nshingano zo kuba umutoza w’Abanyezamu muri Rayon Sports avugwaho umusaruro mucye no kurya agahimbazamusyi kari kagenewe abakinnyi, yabihakanye, avuga ko ibi yavuzweho bimuhindanyiriza isura.

André Mazimpaka yahagarikiwe rimwe n’Umutoza Mukuru, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ we wahagaritswe amezi abiri, aho ubuyobozi bwa Rayon Sports bwabanje gutangaza ko yahagaritswe ku mpamvu z’uburwayi, ariko Perezida w’iyi kipe, Thadée Twagirayezu mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, akaba yaratangaje ko bamuhagaritse kubera umusaruro mucye.

Perezida wa Rayon yari yavuze ko kuri André Mazimpaka, na we yahagaritswe kubera umusaruro mucye ariko ko hari n’ibindi byariho bikorwaho iperereza.

Yari yagize ati “Hari ibyo tukiri guperereza ku byerekeranye n’umusaruro mucye tumaze iminsi tubona n’abazamu, [umunyamakuru: Cyane cyane kuri uriya mukino na Marines] yego n’indi mikino yawubanjirije, na we hari ibyo twagiye tubonamo biri aho…”

Yavuze kandi ko kuri uyu mutoza w’abanyezamu, hiyongeraho ikindi kibazo cyo kuba yaragiye gufata agahimbazamusyi k’abakinnyi kari katanzwe n’umufana, ariko aho kukabashyikiriza akagakubita ku mufuka we.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, André Mazimpaka yavuze ko yababajwe n’ibi yavuzweho na Perezida wa Rayon. Ati “byarantunguye bitewe n’uburyo muri Rayon Sports numvaga mbayeho, bitewe n’uburyo mu buzima bwanjye mbayeho hanze. Byari ngombwa ko dutandukana neza hatabayeho gusebanya.”

Ku by’aya mafaranga avugwaho kurya yari yagenewe abakinnyi, André Mazimpaka yavuze ko hari miliyoni 1,7Frw yatanzwe n’umufana ariko akaba ari amafaranga yari yageneye abatoza ba Rayon ubwo yabashyiriragaho agahigo ku mukino wa APR FC.

Avuga ko ari we wari wanditse kuri sheki y’aya mafaranga, akajya kuyabikuza agashyikiriza umutoza mukuru aye, mu gihe abatoza bungirije batwaye ibihumbi 500 Frw, mu gihe agahimbazamusyi kagenewe abakinnyi, ari we wakitangiye.

Ati “Keretse niba atarayatanze ariko yarayatanze [avuga amafaranga yageneye abakinnyi]. Kari agahimbazamusyi k’ibihumbi 50 Frw kuri buri muntu. Hashize amezi abiri tunganyije na APR, Sellami yarambwiye ngo tugende dushake wa mugabo aduhe ‘bonus’ yacu.”

Yanenze Perezida wa Rayon wamushinje kurya aya mafaranga. Ati “Mu by’ukuri biteye isoni. Ntabwo umuntu utanga ‘bonus’ muri Rayon Sports ari bwo bwa mbere yari ayitanze. Afite aho ayicisha iyo ari ‘bonus’ rusange y’abakinnyi. Njye ntabwo mba mu buyobozi bwa Rayon Sports. Ibintu byo kuvuga ngo nariye amafaranga ni ukunyicira izina.”

Mazimpaka avuga ko muri iyi Kipe harimo ibibazo byinshi, bishingiye ku ibura ry’amikoro, ari na byo ntandaro y’umusaruro mucye uyivugwamo, wanasubije inyuma urwego rw’imikinire ya bamwe mu bakinnyi barimo n’abanyezamu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye ubusabe bwahawe u Rwanda ku itaha ry’ingabo za SADC ziri muri Congo FARDC

Next Post

Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.