Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis uregwa ibyaha birimo Ubwicanyi buturutse ku bushake, yemereye Urukiko ibyaha byo kwica abantu barenga 10 biganjemo abakobwa, avuga ko yabitewe no kuba bamwe mu bakobwa baryamaganaga baramwanduje SIDA, asaba ko yaburanira mu muhezo, kugira ngo ibyo ashinjwa bitanyura mu itangazamakuru ngo biyobye Sosiyete Nyarwanda.

Akekwaho ibyaha by’ubugome birimo ibishingiye ku mpfu z’abantu barenga 10 babonetse yarabashyinguye mu cyobo cy’aho yari atuye, yagejejwe imbere y’Urukiko, akigerayo, yavuye mu modoka ya RIB, yipfutse mu maso.

Kazungu Denis watawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi tariki 05 Nzeri, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ubwo yagezwaga ku cyicaro cy’uru Rukiko ruherereye mu Kagarama, Kazungu waje mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), yayisohotsemo yambaye umuoira w’umukara, n’ipantaro ya shokola, akigera mu muryango wayo ahita yifata mu maso.

Kazungu Denis akekwako ibyaha birimo icy’Ubwicanyi buturutse ku bushake, icyaha cy’iyicarubuzo, icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu.

Kazungu ukekwaho ibyaha byo kwica abantu akabahamba mu nzu abandi akabateka mu isafuriya, yagejejwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho agomba kuburanishirizwa. pic.twitter.com/VrmETMfWIy

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 21, 2023

Kazungu Denis akekwaho ibyaha icumi birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwicira iwe aho yari atuye mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye mu gikoni cy’aho yari atuye.

Mu iperereza ry’ibanze, Kazungu Denis yemereye inzego z’ubutabera ko yishe abantu 14 barimo ab’igitsinagore 13 n’umuhungu umwe.

Gusa mu cyobo yabashyinguragamo, habonetse imibiri y’abantu 12, mu gihe we yemereye inzego ko babiri muri aba bantu yishe, yabatekeye mu isafuriya.

 

Icyifuzo yahaye Urukiko

Kazungu utari ufite umwunganira mu mategeko, akigezwa imbere y’Urukiko, yemeye ibyaha 10 akekwaho, arusaba ko urubanza aregwamo ruba mu muhezo kuko afite impungenge ko ibyaha akekwaho bishobora kuyobya rubanda mu gihe yaburana mu ruhame ku buryo ibyaburanyweho byatangazwa mu binyamakuru.

Yagize ati “Hari ibyaha nakoze bikomeye ntashaka ko byumvikana mu itangazamakuru kandi ntashaka ko bikwirakwizwa kugira ngo bibe byagira uruhare mu kuyobya sosiyete.”

Yavuze ko gukora ibi byaha by’ubugome byo kwica abantu, yabitewe no kuba bamwe mu bakobwa baryamaganaga baramwanduje SIDA, bikamutera umujinya, ari na byo byatumye yica abiganjemo abakobwa.

Ubushinjacya bubajijwe ku cyifuzo cy’uregwa cyo kuba yaburanira mu muhezo, bwavuze ko ibyo asaba bidafite ishingiro, kuko ahubwo agomba kuburanira mu ruhame kuko ibyo akekwaho ari ibyaha by’ubugome byakorewe umuryango mugari nyarwanda.

Urukiko rwemeje ko iri buranisha ku ifunga ry’agateganyo, ribera mu ruhame, ari na bwo Ubushinjacyaha bwasobanuriraga Urukiko ibyaha birimo iby’ubwicanyi biregwa Kazungu Denis.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yiyemerera ko yishe abantu 14 ariko ko habonetse imibiri ya 12 mu gihe indi ya babiri itabonetse kubera gusibanganya ibimenyetso.

Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu yicaga bahuriraga ahantu hatandukanye, ubundi akabashukashuka akabajyana iwe, aho yabagezagayo akababoha, akabatera ubwoba ubundi akabakorera iyicarubozo akoresheje ibikoresho birimo inyundo n’imikasi.

Ubushinjacyaha bwavuze ko umwe mu batangabuhamya, ari uwahohotewe na Kazungu, wavuze ko yamuhamagaye kuri Telefoni asa nk’uwo basanzwe baziranye, akamusaba kumusura mu rugo iwe, ariko agezeyo amutera ubwoba, amwiba amafaranga yari kuri Mobile Money, na Telefone ariko ku bw’amahirwe akaza kumucika akiruka, kuko yamubwira ko ari bumwice.

Uregwa n’ubundi yakomezaga kwemera icyaha cyo kwica abo bantu 14, ariko akavuga ko umukobwa yasambanyije ari umwe.

Uru rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwahise rupfundikirwa, Urukiko rwemeza ko ruzasoma umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha, tariki 26 Nzeri 2023.

Yasohotse mu modoka ya RIB yipfutse mu maso
Ubwo yinjiraga mu Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Andi makuru ku rupfu rw’umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada agashengura benshi

Next Post

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.