Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Kazungu yabwiye Urukiko ibyatunguranye aruha icyifuzo cyumvikanamo kwicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis uregwa ibyaha birimo Ubwicanyi buturutse ku bushake, yemereye Urukiko ibyaha byo kwica abantu barenga 10 biganjemo abakobwa, avuga ko yabitewe no kuba bamwe mu bakobwa baryamaganaga baramwanduje SIDA, asaba ko yaburanira mu muhezo, kugira ngo ibyo ashinjwa bitanyura mu itangazamakuru ngo biyobye Sosiyete Nyarwanda.

Akekwaho ibyaha by’ubugome birimo ibishingiye ku mpfu z’abantu barenga 10 babonetse yarabashyinguye mu cyobo cy’aho yari atuye, yagejejwe imbere y’Urukiko, akigerayo, yavuye mu modoka ya RIB, yipfutse mu maso.

Kazungu Denis watawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi tariki 05 Nzeri, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Ubwo yagezwaga ku cyicaro cy’uru Rukiko ruherereye mu Kagarama, Kazungu waje mu modoka y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), yayisohotsemo yambaye umuoira w’umukara, n’ipantaro ya shokola, akigera mu muryango wayo ahita yifata mu maso.

Kazungu Denis akekwako ibyaha birimo icy’Ubwicanyi buturutse ku bushake, icyaha cy’iyicarubuzo, icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, n’icyaha cyo gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu.

Kazungu ukekwaho ibyaha byo kwica abantu akabahamba mu nzu abandi akabateka mu isafuriya, yagejejwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho agomba kuburanishirizwa. pic.twitter.com/VrmETMfWIy

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 21, 2023

Kazungu Denis akekwaho ibyaha icumi birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwicira iwe aho yari atuye mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye mu gikoni cy’aho yari atuye.

Mu iperereza ry’ibanze, Kazungu Denis yemereye inzego z’ubutabera ko yishe abantu 14 barimo ab’igitsinagore 13 n’umuhungu umwe.

Gusa mu cyobo yabashyinguragamo, habonetse imibiri y’abantu 12, mu gihe we yemereye inzego ko babiri muri aba bantu yishe, yabatekeye mu isafuriya.

 

Icyifuzo yahaye Urukiko

Kazungu utari ufite umwunganira mu mategeko, akigezwa imbere y’Urukiko, yemeye ibyaha 10 akekwaho, arusaba ko urubanza aregwamo ruba mu muhezo kuko afite impungenge ko ibyaha akekwaho bishobora kuyobya rubanda mu gihe yaburana mu ruhame ku buryo ibyaburanyweho byatangazwa mu binyamakuru.

Yagize ati “Hari ibyaha nakoze bikomeye ntashaka ko byumvikana mu itangazamakuru kandi ntashaka ko bikwirakwizwa kugira ngo bibe byagira uruhare mu kuyobya sosiyete.”

Yavuze ko gukora ibi byaha by’ubugome byo kwica abantu, yabitewe no kuba bamwe mu bakobwa baryamaganaga baramwanduje SIDA, bikamutera umujinya, ari na byo byatumye yica abiganjemo abakobwa.

Ubushinjacya bubajijwe ku cyifuzo cy’uregwa cyo kuba yaburanira mu muhezo, bwavuze ko ibyo asaba bidafite ishingiro, kuko ahubwo agomba kuburanira mu ruhame kuko ibyo akekwaho ari ibyaha by’ubugome byakorewe umuryango mugari nyarwanda.

Urukiko rwemeje ko iri buranisha ku ifunga ry’agateganyo, ribera mu ruhame, ari na bwo Ubushinjacyaha bwasobanuriraga Urukiko ibyaha birimo iby’ubwicanyi biregwa Kazungu Denis.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yiyemerera ko yishe abantu 14 ariko ko habonetse imibiri ya 12 mu gihe indi ya babiri itabonetse kubera gusibanganya ibimenyetso.

Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu yicaga bahuriraga ahantu hatandukanye, ubundi akabashukashuka akabajyana iwe, aho yabagezagayo akababoha, akabatera ubwoba ubundi akabakorera iyicarubozo akoresheje ibikoresho birimo inyundo n’imikasi.

Ubushinjacyaha bwavuze ko umwe mu batangabuhamya, ari uwahohotewe na Kazungu, wavuze ko yamuhamagaye kuri Telefoni asa nk’uwo basanzwe baziranye, akamusaba kumusura mu rugo iwe, ariko agezeyo amutera ubwoba, amwiba amafaranga yari kuri Mobile Money, na Telefone ariko ku bw’amahirwe akaza kumucika akiruka, kuko yamubwira ko ari bumwice.

Uregwa n’ubundi yakomezaga kwemera icyaha cyo kwica abo bantu 14, ariko akavuga ko umukobwa yasambanyije ari umwe.

Uru rubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwahise rupfundikirwa, Urukiko rwemeza ko ruzasoma umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha, tariki 26 Nzeri 2023.

Yasohotse mu modoka ya RIB yipfutse mu maso
Ubwo yinjiraga mu Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + fourteen =

Previous Post

Andi makuru ku rupfu rw’umuhanzi w’Umunyarwanda waguye muri Canada agashengura benshi

Next Post

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.