Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA
0
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baregwa hamwe na Paul Rusesabagina na bagenzi be, yagize ikibazo cy’uburwayi bw’umutima bwamufashe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bituma urubanza rwari ruteganyijwe uyu munsi rusubikwa.

Inteko y’Urukiko rw’Ubujurire ruburanisha uru rubanza, ikimara kwinjira mu cyumba cy’iburanisha, yahamagaye abaregwa ndetse n’abanyamategeko bunganira abaregera indishyi, gusa bamwe mu baregwa ntibaboneka barimo Paul Rusesabagina n’ubundi wikuye mu rubanza ndetse na Munyaneza Anastase we wari usanzwe yitaba Urukiko.

Umucamanza yasabye Umunyamategeko Me Herman Twajamahoro wunganira uyu Munyaneza Anastase, gusobanura impamvu umukiliya we atitabye urukiko, avuga ko na we yaje mu rukiko azi ko atazi amakuru y’uyu mukiliya we.

Ati “Hanyuma abagororwa bampa inkuru y’uko mugenzi wabo Munyaneza Anastase arwaye, ndetse banemezaga ko yagize ikibazo cy’umutima kuko asanzwe arwara ikibazo cy’umutima.”

Me Herman Twajamahoro yavuze ko akimara kumenya ayo makuru, yahise ayashyira muri system kugira ngo bimenywe n’inzego bireba.

Ati “Ariko nabonye ubuyobozi bwa Gereza nab wo bwahise bwandika muri system bagaragaza impamvu Munyaneza Anastase atitabiriye iburanisha.”

Me Herman Twajamahoro yahise akomeza agaragariza urukiko icyifuzo cyo gusubika urubanza kuko aburanira hamwe na bagenzi be ubundi rukazasubukurwa yakize.

Perezida w’iburanisha na we yahise atangaza ko Urukiko na rwo rwabonye aya makuru muri system yatanzwe n’Ubuyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge ko uyu mugororwa yagize ikibazo cy’umutima.

Bamwe mu bunganira abaregwa n’abaregera indishyi, bisunze ingingo z’amategeko atandukanye, bashyigikiye icyifuzo cya mugenzi wabo wasabye ko urubanza rusubikwa ko uregwa ibyaha nshinjabyaha agomba kwitaba Urukiko ubwe kandi ko impamvu zatumye umwe mu baregwa atitaba zumvikana.

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko bwamenye amakuru y’uko uyu Munyaneza Anastase atitaba iburanisha, bwayamenye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bwemeza ko na bwo bushyigikiye ko urubanza rusubikwa rukimurirwa indi tariki ariko igatangazwa kugira ngo ababuranyi batahe bayizi ku buryo haramutse habayeho impinduka bazabimenyeshwa.

Umucamanza yahise yanzura ko impamvu zo gusubika urubanza zifite ishingiro, asubika urubanza arwimurira mu cyumweru gitaha tariki 16 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

Next Post

Shaddyboo yifuje umuhungu ‘yazakodesha’ kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo yifuje umuhungu ‘yazakodesha’ kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Shaddyboo yifuje umuhungu 'yazakodesha' kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.