Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA
0
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baregwa hamwe na Paul Rusesabagina na bagenzi be, yagize ikibazo cy’uburwayi bw’umutima bwamufashe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bituma urubanza rwari ruteganyijwe uyu munsi rusubikwa.

Inteko y’Urukiko rw’Ubujurire ruburanisha uru rubanza, ikimara kwinjira mu cyumba cy’iburanisha, yahamagaye abaregwa ndetse n’abanyamategeko bunganira abaregera indishyi, gusa bamwe mu baregwa ntibaboneka barimo Paul Rusesabagina n’ubundi wikuye mu rubanza ndetse na Munyaneza Anastase we wari usanzwe yitaba Urukiko.

Umucamanza yasabye Umunyamategeko Me Herman Twajamahoro wunganira uyu Munyaneza Anastase, gusobanura impamvu umukiliya we atitabye urukiko, avuga ko na we yaje mu rukiko azi ko atazi amakuru y’uyu mukiliya we.

Ati “Hanyuma abagororwa bampa inkuru y’uko mugenzi wabo Munyaneza Anastase arwaye, ndetse banemezaga ko yagize ikibazo cy’umutima kuko asanzwe arwara ikibazo cy’umutima.”

Me Herman Twajamahoro yavuze ko akimara kumenya ayo makuru, yahise ayashyira muri system kugira ngo bimenywe n’inzego bireba.

Ati “Ariko nabonye ubuyobozi bwa Gereza nab wo bwahise bwandika muri system bagaragaza impamvu Munyaneza Anastase atitabiriye iburanisha.”

Me Herman Twajamahoro yahise akomeza agaragariza urukiko icyifuzo cyo gusubika urubanza kuko aburanira hamwe na bagenzi be ubundi rukazasubukurwa yakize.

Perezida w’iburanisha na we yahise atangaza ko Urukiko na rwo rwabonye aya makuru muri system yatanzwe n’Ubuyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge ko uyu mugororwa yagize ikibazo cy’umutima.

Bamwe mu bunganira abaregwa n’abaregera indishyi, bisunze ingingo z’amategeko atandukanye, bashyigikiye icyifuzo cya mugenzi wabo wasabye ko urubanza rusubikwa ko uregwa ibyaha nshinjabyaha agomba kwitaba Urukiko ubwe kandi ko impamvu zatumye umwe mu baregwa atitaba zumvikana.

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko bwamenye amakuru y’uko uyu Munyaneza Anastase atitaba iburanisha, bwayamenye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bwemeza ko na bwo bushyigikiye ko urubanza rusubikwa rukimurirwa indi tariki ariko igatangazwa kugira ngo ababuranyi batahe bayizi ku buryo haramutse habayeho impinduka bazabimenyeshwa.

Umucamanza yahise yanzura ko impamvu zo gusubika urubanza zifite ishingiro, asubika urubanza arwimurira mu cyumweru gitaha tariki 16 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 3 =

Previous Post

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

Next Post

Shaddyboo yifuje umuhungu ‘yazakodesha’ kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo yifuje umuhungu ‘yazakodesha’ kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Shaddyboo yifuje umuhungu 'yazakodesha' kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.