Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uretse kuyijyana muri Miss World ntiwanayijyana mu isoko- Immaculée yanenze uwambitse Miss Grace

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Uretse kuyijyana muri Miss World ntiwanayijyana mu isoko- Immaculée yanenze uwambitse Miss Grace
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabire Marie Immaculée na we yinjiye mu banenze uwatunganyije ikanzu yambawe na Miss Ingabire Grace uri guhatana muri Miss World, avuga ko uwayimwambitse nta kuntu atariye ruswa yo kwambika nabi.

Ingabire Marie Immaculée usanzwe Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Urwanya Ruswa n’Akarengane Transparency International Rwanda, akaba azwiho kuvuga ibintu mu mazina yabyo atabinyuze ku ruhande, yanenze uwambitse Miss Ingabie Grace ikanzu iherutse kugarukwaho n’abatari bacye.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza ubwo Umuryango ayoboye wamurikaga ubushakashatsi buzwi nka Rwanda Bribery Index bugaragaza iko ruswa ihagaze mu Rwanda, avuga ko uwambitse bazina we Miss Ingabire Grace na we wagira ngo yariye ruswa.

Yagize ati “Urebye uko yamwambitse wavuga ko yahawe ruswa yo kumwambika nabi, yambaye nabi cyane,  ariko uretse kuyijyana muri Miss World iriya kanzu ntiwanayijyana mu isoko! Njye rwose mvuga ko uriya muntu yahawe ruswa.”

Ingabire Marie Immaculée yanenze uwambitse Miss Ingabire Grace

Iyi kanzu yambawe na Miss Ingabire Grace utari no guhirwa mu irushanwa rya Miss World 2021, yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe beruye bakayinenga bivuye inyuma.

Uwitwa Dufitimana Gilbert yagize ati “Iyi rumbiya wambaye koko, ahaaa. Uradusebeje cyakora.”

Naho uwiyise 2020Jovis we yagize ati “Ikanzu nk’iy’umugore utwite ninde wayimuzaniye ngo ayijyane muri Miss World. Umuntu wakwambitse iyi kanzu yaragukoze ntabuze byose kuko si yo kujyana aho hantu.”

Uwimbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo ukunze kutaripfana ku mbuga nkoranyambaga, na we ari mu banenze iyi kanzu, aho yagize ati “Umuntu uri kwambika Miss wacu, yivuge hakiri kare, narangiza adusabe imbabazi twese.”

Gusa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uruyiruko n’umuco, Bamporiki Edouard we aherutse kuvuga ko igikwiye kwibandwaho atari uriya mwambaro wambawe na Miss Ingabire Grace.

Bamporiki yagize ati “Ngira ngo buriya ikibazo si n’ikanzu, aramutse abonye ikamba byakwibagiza abantu ko yambaye nabi cyangwa ko atambaye neza.”

Ikanzu yateje impagarara ku Mbuga Nkoranyambaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Ruhango: Imbangukiragutabara yagenderaga ku muvuduko mwinshi yagonze umwana w’imyaka 7 ahita apfa

Next Post

Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

Rusizi: Inkongi yafashe inzu y’abaherutse gukora ubukwe umugabo yitangira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.