Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

radiotv10by radiotv10
01/09/2021
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa kabiri taliki ya 31 Kanama 2021 mu Rwanda hatangijwe umushinga “Skills Development and Employment Promotion among Youth In Rwanda Project( SDEPAY)”, umushinga uzamara imyaka itatu ugamije guha amahirwe urubyiruko ruboshywe n’ubushomeri bityo rugahabwa amahugurwa hagamijwe kurwereka ahari amahirwe yo guhanga imirimo bahereye ku bushobozi bita ko ari bucye.

Ni umushinga wa Plan International Rwanda, ku bufatanye na AKAZI KANOZE ACCESS( AKA), ku nkunga ya Leta y’u Budage.

Ni umushinga wateguwe na Plan International Rwanda, ku bufatanye n’umuryango utegamiye kuri Leta wa “AKAZI KANOZE ACCESS” ku nkunga ya Leta y’u Budage, hagamijwe kuzamura ubumenyi mu rubyiruko nyuma y’uko bigaragaye ko abenshi mu rubyiruko bahura n’ibibazo byo kutamenya aho bashobora guhera bihangira imirimo ibibaviramo guhura n’ubushomeri bukabije.

Anne Marie Mukarugambwa Ntwali, umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango “AKAZI KANOZE ACCESS”, avuga ko uyu mushinga wa wahawe inyito ya Skills Development and Employment Promotion among Youth In Rwanda Project, utangiriye mu turere twa Bugesera, Gatsibo na Nyaruguru nyuma yo kubona ko utu turere ari tumwe mu turere dufite imibare iri hejuru y’urubyiruko rufite ibibazo by’ubukene bukabije.

“Urebye muri utu turere dutatu twatoranyijwe, usanga twose dufite ikintu duhuriyeho. Abana benshi bataye amashuri, urubyiruko rudafite imikorere, umubare w’abakobwa babyariye iwabo uri hejuru cyane.” Anne Marie Mukarugambwa

Image

Anne Marie Mukarugambwa Ntwali, umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango “AKAZI KANOZE ACCESS”

Anne Marie Mukarugambwa kandi avuga ko ku bufatanye n’inzego z’ibanze muri utwo turere dutatu umushinga uzakoreramo, hatoranywa abana uyu mushinga uzafasha, ukabakurikirana. Asanga kandi nibura 84% by’abazaba barabashije kugendana nawo, nibura bazasigara bafite ubushobozi bwo gukora batiganda kandi bakikorera badategereje gukorera abandi.

Umuyobozi muri Plan International Rwanda ushinzwe gahunda igamije kongerera ubushobozi urubyiruko mu kwihangira imirimo, Armel Mugenzi, avuga ko uyu mushinga ugamije gufasha urubyiruko rubarirwa mu 1200 mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere, bagafashwa mu buryo bwo guhabwa amahugurwa agamije kubereka aho bashobora gushora amasoko no kwihangira imirimo ku buryo na nyuma y’aya mahugurwa urubyiruko ruzajya ruhabwa imbaraga mu buryo bw’ibikoresho n’amafranga.

“Njyewe nabyemeza kuko wenda twagiye duhura n’ibibazo bitandukanye biturutse ku ngaruka z’icyorezo cya COVID-19 ariko turi gukora ibishoboka byose ngo turebe ko twagira ibishya duhanga kugira ngo gahunda z’umushinga wacu zidahagarara ari nayo mpamvu dufite urubyiruko rugera mu 1200 twifuza gufasha mu turere twa Nyaruguru, Gatsibo na Bugesera rugizwe na 55% by’abakobwa”Carmel Mugenzi

ImageArmel Mugenzi Umuyobozi muri Plan International Rwanda ushinzwe gahunda igamije kongerera ubushobozi urubyiruko

Avuga ko ari umushinga ukubiyemo ibintu byinshi ariko cyane cyane hakibandwa ku bumenyi kuko buri mu biza ku isonga mu kuzitira urubyiruko bugatuma rutabona akazi.

Plan International Rwanda, ivuga ko iyi gahunda itangiriye mu turere dutatu ikazamara imyaka itatu, ariko na nyuma y’iyo myaka ikazakomeza gushakisha indi miryango ifasha urubyiruko, ibyo bavuga ko bizatuma iterambere ry’igihugu rizamukira ku kujijuka no kurwanya ubushomeri mu rubyiruko.

Ni gahunda izita cyane ku rubyiruko rufite ubumuga, urubyiruko rwacikirije amashuri, abarangije ariko badafite akazi, abakobwa babyariye iwabo…hashingiwe ku byiciro by’ubudehe kandi abarangije za kaminuza n’amashuri y’ubumenyingiro badafite akazi bitewe n’ubushobozi.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Abasesenguzi mu bya politiki basanga Perezida Kagame yaba umuhuza mwiza mu bibazo biri hagati ya Ethiopia n’ibindi bihugu

Next Post

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka

Amavubi Stars agiye guhura na Mali ku nshuro ya gatatu mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.